21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

Igice Cya 30 – Urwango Hagati Y’Umuntu Na Satani<br />

“Nzashyira urwango hagati yawe n’uyu mugore, no hagati y’urubyaro rwawe n’urwe,<br />

ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino”1. Urubanza Imana yaciriye<br />

Satani nyuma yo gucumura k’umuntu, na rwo rwari ubuhanuzi bukomatanya ibihe byose<br />

kugeza ku munsi w’imperuka, kandi bugatunga agatoki ku ntambara ikomeye y’abantu<br />

b’amoko yose yagombaga gutura ku isi.<br />

Imana iravuga iti: “Nzashyira urwango”. Uru rwango si rwa rundi rusanzwe mu bantu.<br />

Ubwo umuntu yicaga amategeko y’Imana, kamere ye yahindutse iyo gukora icyaha, maze<br />

yunga ubumwe na Satani. Ubwo rero mu buryo busanzwe nta rwango rwari rukiri hagati<br />

y’umunyabyaha n’inkomoko y’icyaha. Bombi babaye babi binyuze mu buhakanyi.<br />

Umuhakanyi nta na rimwe aruhuka, keretse amaze kubona abafatanya nawe gukurikiza<br />

icyitegererezo cye. Kubwo iyo mpamvu, abamarayika bacumuye hamwe n’abantu bagomye<br />

bishyize hamwe. Iyo Imana itahagoboka, Satani n’umuntu baba barafatanije kugomera Ijuru;<br />

maze aho guharanira kwanga Satani, ikiremwamuntu cyose uko cyakabaye kigahagurukira<br />

rimwe kurwanya Imana.<br />

Satani yoheje umuntu gukora icyaha nk’uko yoheje abamarayika kugomera Imana, kugira<br />

ngo abone abo bafatanya mu mugambi we wo kurwanya Ijuru. Nta kutumvikana kwari hagati<br />

ye n’abamarayika bagomye kubyerekeranye n’urwango bari bafitiye Kristo; n’ubwo mu bindi<br />

batahuzaga, biyungiye kurwanya ububasha bw’Umutegetsi w’isi n’ijuru. Ariko ubwo Satani<br />

yumvaga itangazo rivuga ko hagati ye n’umugore hagomba kuba urwango ndetse no hagati<br />

y’abazabakomokaho, nibwo yamenye ko umuhati we wose wo guhindanya ishusho ya mwene<br />

muntu uzagira ikiwukoma mu nkokora; ko hari ubwo umuntu yazabashishwa kwiganzura<br />

imbaraga ze.<br />

Urwango Satani yanga ikiremwamuntu rwarabyutse, bitewe n’uko binyuze muri Yesu<br />

Kristo, ikiremwamuntu nicyo shingiro ry’ urukundo n’imbabazi by’Imana. Yifuza kugwabiza<br />

umugambi w’Imana wo gucungura umuntu, gusebya Imana akoresheje guhindanya ibyo<br />

yaremye; yashakaga guteza umubabaro mu ijuru maze isi yose ikuzuramo ibyago no kwiheba.<br />

Kandi yerekana ko ibyo bibi byose bitewe n’uko Imana yaremye umuntu.<br />

Ubuntu bwa Kristo nibwo butera umutima w’umuntu kwanga Satani. Hatabayeho ubu<br />

buntu n’imbaraga bihindura, umuntu yajyaga gukomeza kuba imbohe ya Satani, n’umugaragu<br />

we uhora yiteguye gukora ibyo amutegetse byose. Ariko ihame rishya ryinjiye mu mutima<br />

we, rizana intambara ahahoze amahoro. Imbaraga itangwa na Kristo, ibashisha umuntu<br />

guhangana n’umunyagitugu w’umushukanyi. Umuntu wese wanga icyaha mu cyimbo cyo<br />

kugikunda, umuntu wese urwanya kandi agatsinda ibishuko bigose umutima, aba yerekanye<br />

ko amabwiriza y’ijuru akorera muri we.<br />

Urwango ruri hagati ya Kristo na Satani rwigaragaje cyane igihe isi yakiraga Yesu. Kuba<br />

Abayuda baramwamaganye ntibyatewe n’uko ataje mu isi afite ubutunzi bw’isi, ishusho<br />

370

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!