21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

Ubwo Yobu yumvaga ijwi ry’Imana mu nkubi y’umuyaga, yaravuze ati: “Ni cyo kinteye<br />

kwizinukwa, nkaba nihannye, nigaragura mu mukungugu no mu ivu.” 660 Igihe Yesaya<br />

yabonaga ubwiza bw’Imana maze akumva ijwi rirenga ry’abakerubi basingiza Imana bati:<br />

“Uwiteka Nyiringabo arera, arera, arera, . . .” ni bwo yatatse ati: “Mbonye ishyano, ndapfuye,<br />

kuko nanduye.” Pawulo amaze kuzamurwa akajyanwa mu ijuru rya gatatu maze akumva<br />

ibintu umuntu atabasha kurondora, yiyise “uworoheje hanyuma y’abera bose.” Yohana<br />

ukundwa wahoraga mu gituza cya Yesu kandi witegereje ikuzo rye, ni we waguye imbere ya<br />

marayika maze amera nk’upfuye. 661<br />

Abagendera munsi y’umusaraba w’i Kaluvari ntibashobora na rimwe kwishyira hejuru<br />

cyangwa kwirata ko bamaze gucika ingoyi y’icyaha. Bazirikana ko ibyaha byabo ari byo<br />

byateje umubabaro ukomeye wamenye umutima w’Umwana w’Imana, kandi iki gitekerezo<br />

kizabatera kwicisha bugufi. Ababa hafi ya Yesu basobanukirwa neza intege nke ndetse<br />

n’ubunyacyaha (kamere ihora ihengamiye ku cyaha) by’inyokomuntu, bityo ibyiringiro<br />

byabo rukumbi biri mu byo Umukiza wabambwe akazuka yakoze.<br />

Muri iki gihe ukwezwa kwamamaye mu isi ya Gikristo kujyanirana n’umwuka wo<br />

kwishyira hejuru no kwirengagiza amategeko y’Imana. Bene uko kwezwa ntikugaragara mu<br />

byo Bibiliya yigisha. Abamamaza uko kwezwa bigisha ko ari umurimo ukorwa mu kanya<br />

gato bikaba birangiye, kandi ko kubwo kwizera konyine, uwo murimo ubageza ku butungane<br />

bwuzuye. Baravuga bati: “Izere gusa, bityo umugisha ni uwawe.” Uwakira uko kwezwa nta<br />

wundi mwete asabwa kugira. Na none kandi bahakana ububasha bw’amategeko y’Imana,<br />

bakavuga ko babatuwe ku nshingano yo kubahiriza amategeko. Ariko se, byashoboka ko<br />

umuntu yaba uwera, ahuje n’ubushake bw’Imana n’imico yayo nyamara atagendana<br />

n’amategeko agaragaza kamere yayo n’ubushake bwayo, ndetse akerekana ibiyishimisha?<br />

Kwifuza idini ryorohereza abantu, ridasaba umuhati, kwigomwa no kwiyanga ndetse no<br />

kwitandukanya n’iby’isi, byatumye habaho imyizerere yabaye gikwira ari yo myizerere yo<br />

kwizera, kwizera gusa. Ariko se ijambo ry’Imana ryo ryavuze iki? Intumwa Yakobo aravuga<br />

ati: “Mbese bene Data, byavura iki, niba umuntu avuga yuko afite kwizera, nyamara akaba<br />

ari nta mirimo akora? Bene uko kwizera kwabasha kumukiza?. . . Wa muntu utagira imirimo<br />

we, ntuzi yuko kwizera kutagira imirimo ari imfabusa? Mbese sogokuruza Aburahamu<br />

ntiyatsindishirijwe n’imirimo, ubwo yatangaga Isaka umwana we ngo atambwe ku gicaniro?<br />

Ubonye yuko kwizera kwafatanije n’imirimo ye, kandi ko kwizera kwe kwatunganijwe rwose<br />

n’imirimo ye? . . . Mubonye yuko umuntu atsindishirizwa n’imirimo, adatsindishirizwa no<br />

kwizera gusa.” 662<br />

Ibyo ijambo ry’Imana rihamya bivuguruza iyi nyigisho igusha abantu mu mutego ivuga<br />

ibyo kwizera kutagira imirimo. Ntabwo ukwizera ari ko gusaba guhabwa ibyiza by’ijuru<br />

nyamara nta kuzuza ibyangombwa bishingirwaho mu gutanga imbabazi. Ukwibeshya ni ko<br />

gukora ibyo kuko ukwizera nyakuri gushingiye ku masezerano y’Ibyanditswe Byera ndetse<br />

no ku cyo byigisha.<br />

346

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!