21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

butegetsi bwayahinduye. Igikorwa nk’icyo cyo kumvira amategeko y’ubupapa kizaba ari<br />

ikimenyetso cy’isumbwe rihawe Papa mu cyimbo cy’Imana.<br />

Ubupapa bwagerageje guhindura amategeko y’Imana. Itegeko rya kabiri ribuzanya<br />

kuramya ibishushanyo, ryakuwe mu mategeko y’Imana, kandi n’itegeko rya kane na ryo<br />

ryarahinduwe kugira ngo hemerwe kubahiriza umunsi wa mbere w’icyumweru nk’Isabato mu<br />

cyimbo cy’umunsi wa karindwi. Ariko impamvu yo gukuraho itegeko rya kabiri abashyigikira<br />

inyigisho z’ubupapa batanga ni uko ngo iryo tegeko atari ngombwa ko ribaho, ko rikubiye<br />

mu rya mbere, kandi bakavuga ko bigisha amategeko y’Imana nk’uko Imana ubwayo yagenye<br />

ko yumvikana. Kuri bo, bavuga ko iryo hinduka atari ryo ryavuzwe n’umuhanuzi. Uguhindura<br />

amategeko bigambiriwe byavuzwe muri aya magambo: “Azigira inama zo guhindura ibihe<br />

n’amategeko.” Impinduka zakozwe ku itegeko rya kane zisohoza ryose ibyo ubuhanuzi<br />

buvuga. Ibyo byakozwe n’ububasha bumwe ari bwo bw’itorero. Aha rero ububasha<br />

bw’ubupapa ubwabwo bwishyize hejuru y’Imana ku mugaragaro.<br />

Mu gihe abaramya Imana bazagaragazwa by’umwihariko n’agaciro baha itegeko rya kane,<br />

(kuko iri tegeko ari ryo kimenyetso cy’ububasha bw’Imana bwo kurema ndetse rikaba<br />

n’igihamya cy’uko isaba umuntu kuyubaha no kuyiha ikuzo), abaramya inyamaswa nabo<br />

bazamenyekanira ku muhati wabo wo gukuraho urwibutso rw’Imana Umuremyi maze<br />

bakubahiriza gahunda yashyizweho na Roma. Mu rwego rwo gushigikira umunsi wa mbere<br />

w’icyumweru ni ho ubupapa bwahamije bwa mbere ibyo bwigamba; kandi inshuro ya mbere<br />

bwitabaje imbaraga za Leta byari uguhatira abantu kubahiriza umunsi wa mbere<br />

w’icyumweru nk’“umunsi w’Umwami.” Ariko Bibiliya yerekana ko umunsi wa karindwi ari<br />

wo munsi w’Umwami, ntabwo ivuga umunsi wa mbere. Yesu Kristo yaravuze ati: “Umwana<br />

w’umuntu ni Umwami w’Isabato na yo.” Itegeko rya kane riravuga riti: “Umunsi wa karindwi<br />

ni wo Sabato y’Uwiteka Imana yawe.” Ubundi kandi Uwiteka avuga iby’uwo munsi<br />

akoresheje umuhanuzi Yesaya ati: “Umunsi wanjye Wera.” 624<br />

Amagambo akunze kuba urwitwazo kenshi abantu bavuga ko Kristo yaba yarahinduye<br />

Isabato avuguruzwa n’ibyo we ubwe yivugiye ati: “Ntimwibwire ko nazanywe no kuvanaho<br />

Amategeko cyangwa ibyanditswe n’abahanuzi. Sinazanywe no kubivanaho, ahubwo<br />

nazanywe no kubisohoza. Ndababwira nkomeje ko nta kanyuguti habe n’akadomo na kamwe<br />

ko mu Mategeko kazavaho, kugeza ubwo byose bizaba birangiye, ijuru n’isi bigashira.<br />

Umuntu wese uzaca ku itegeko rimwe, naho ryaba rito muri ayo yose, akigisha abandi<br />

kugenza nka we, azagirwa uwa nyuma mu bwami bw’ijuru. Ariko uzayumvira, akayigisha<br />

abandi, azitwa mukuru mu bwami bw’ijuru.” 625<br />

Abaporotesitanti muri rusange bemera neza ko Bibiliya idatanga uburenganzira bwo<br />

guhindura Isabato. Ibyo bivugwa neza mu bitabo byandikwa n’Ishyirahamwe ry’Ishuri<br />

ry’Icyumweru muri Amerika. Kimwe muri ibyo bitabo gihamya ko ‘ntacyo Isezerano Rishya<br />

rivuga ku kuba hari itegeko risobanutse ryatanzwe rihindura Isabato umunsi wa mbere<br />

328

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!