Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya… Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

newcovenantpublicationsintl
from newcovenantpublicationsintl More from this publisher
21.04.2023 Views

Ibintu By'Ukuri gitambo maze akaminjagira ayo maraso ku ntebe y’ihongerero yabaga hejuru y’amategeko kugira ngo yuzuze ibyo ayo mategeko asaba. Hanyuma, nk’umuhuza umutambyi, yishyiragaho ibyaha maze akabikura mu buturo bwera. Yashyiraga ibiganza bye ku mutwe w’isekurume y’ihene yo koherwa maze akayitondaguriraho ibyaha byose byakozwe, bityo muri ubwo buryo bw’igishushanyo akaba abyikuyeho abishyize kuri iyo hene. Bityo, iyo hene yajyanaga ibyo byaha mu butayu maze bigafatwa ko bitandukanyijwe n’ubwoko bw’Abisiryeli by’iteka ryose. Uwo ni wo murimo wakorwaga “nk’ishusho n’igicucu cy’ibyo mu ijuru.” Bityo rero, ibyakorwaga mu buryo bw’igishushanyo mu buturo bwera bwo ku isi, mu by’ukuri ni byo bikorerwa mu buturo bwo mu ijuru. Umukiza amaze kuzamuka mu ijuru yatangiye umurimo we nk’umutambyi wacu mukuru. Pawulo abivuga agira ati: “Kuko Kristo atinjiye ahera haremwe n’intoki, hasuraga ha handi h’ukuri, ahubwo yinjiye mu ijuru ubwaho, kugira ngo none ahagarare imbere y’Imana ku bwacu.” 570 Umurimo umutambyi yakoreraga mu cyumba cya mbere cy’ubuturo bwera mu mwaka wose, “inyuma y’umwenda” wari ukinze urwinjiriro kandi watandukanyaga ahera no hanze mu rugo, uwo murimo ushushanya umurimo wa Kristo yatangiye akimara kuzamuka mu ijuru. Mu byo yakoraga buri munsi, umutambyi yari afite umurimo wo kujyana imbere y’Imana amaraso y’igitambo cy’ibyaha n’umubavu uhumura neza w’ubutungane bwe n’amasengesho y’abizeraga bihannye. Uwo ni wo wari umurimo wakorerwaga mu cyumba cya mbere cy’ubuturo bwo mu ijuru. Aho ni ho abigishwa ba Kristo berekeje ukwizera kwabo bamukurikije amaso ubwo yazamurwaga mu ijuru atandukanye na bo. Aho ni ho ibyiringiro byabo byari bishingiye, ari byo Pawulo yavuze ati: “Ibyo byiringiro tubifite nk’igitsika umutima, gikomeye kandi gishikamye, cyinjira hirya y’umwenda ukingiriza Ahera cyane, aho Yesu yatwinjiriye atubanjirije, amaze guhinduka Umutambyi mukuru iteka ryose mu buryo bwa Melikisedeki.” “Kandi ntiyinjijwe Ahera cyane n’amaraso y’ihene cyangwa n’ay’ibimasa, ahubwo yahinjijwe rimwe n’amaraso ye amaze kutubonera gucungurwa kw’iteka.” 571 Uwo murimo w’ubutambyi wakomeje gukorerwa mu cyumba cya mbere cy’ubuturo bwera bwo mu ijuru mu gihe cy’ibinyejana cumi n’umunani. Amaraso ya Kristo wasabiraga abanyabyaha bihana, yabahesheje imbabazi no kwemerwa n’Imana, nyamara ibyaha byabo byakomeje kwandikwa mu gitabo cy’urwibutso. Nk’uko mu muhango wo mu buturo bwo ku isi habagaho umuhango wo guhongerera ku iherezo ry’umwaka, ni ko na none mbere y’uko umurimo wa Kristo kubwo gucungura abantu urangira, hariho umurimo wo guhongerera kugira ngo ukure icyaha mu buturo bwera. Uyu ni wo murimo watangiye igihe iminsi 2300 yarangiraga. Icyo gihe, nk’uko byari byaravuzwe n’umuhanuzi Daniyeli, Umutambyi wacu mukuru yinjiye ahera cyane kugira ngo akore umugabane uheruka w’umurimo we ukomeye - ari wo wo kweza ubuturo bwera. 310

Ibintu By'Ukuri Nk’uko kubwo kwizera kera ibyaha by’abana b’abantu byashyirwaga ku gitambo cy’ibyaha, kandi binyuze mu maraso y’icyo gitambo ibyaha bigashyirwa ku buturo bwera mu buryo bw’igishushanyo, ni ko kubwo kwizera, na none mu isezerano rishya, ibyaha by’abihannye bishyirwa kuri Kristo kandi bikamukurwaho bigashyirwa ku buturo bwera bwo mu ijuru. Kandi nk’uko kwezwa k’ubuturo bwera bwo ku isi byakorwaga binyuze mu kubukuramo ibyaha byabaga byarabwanduje, ni ko kwezwa nyakuri k’ubuturo bwera bwo mu ijuru bigomba gukorwa binyuze mu gukuramo cyangwa gutsembaho burundu ibyaha byanditswemo. Ariko mbere y’uko ibyo bikorwa, hagomba kubaho gusuzumwa kw’ibitabo by’urwibutso kugira ngo kubwo kwihana ibyaha no kwizera Kristo, hemezwe abo impongano ye igirira umumaro cyangwa yungura. Kwezwa k’ubuturo bwera rero kurimo n’igikorwa cyo gusuzuma- ari wo murimo w’urubanza. Uyu murimo ugomba gukorwa mbere yo kugaruka kwa Kristo aje gucungura abantu be; kuko ubwo azaza, azaba azanye ingororano kugira ngo agororere umuntu wese ibikwiye ibyo yakoze. 572 Bityo, abakurikiraga umucyo w’ijambo ry’ubuhanuzi, babonye ko aho kuza ku isi ku iherezo ry’iminsi 2300 mu mwaka wa 1844, icyo gihe Kristo yinjiye ahera cyane h’ubuturo bwera bwo mu ijuru kugira ngo akore umurimo uheruka wo guhongerera (kweza) uteguriza kugaruka kwe. Ikindi kandi, babonye ko mu gihe igitambo cy’ibyaha cyerekezaga kuri Kristo nk’igitambo, kandi ko umutambyi mukuru yashushanyaga Kristo nk’umuhuza kandi ko ihene yo koherwa ishushanya Satani, we soko y’icyaha, ari na we amaherezo uzagerekwaho ibyaha byose by’abanyabyaha bihannye by’ukuri. Binyuze mu maraso y’igitambo gikuraho ibyaha, igihe umutambyi mukuru yakuraga ibyaha mu buturo bwera, yabishyiraga kuri ya hene yo koherwa (ihene ya azazeri). Kubw’amaraso ye bwite, igihe Kristo azakura ibyaha by’ubwoko bwe mu buturo bwo mu ijuru ubwo umurimo we uzaba urangiye, azabishyira kuri Satani, ari we mu gihe cy’irangizarubanza ugomba kuzahanwa igihano giheruka. Ihene ya azazeri, yoherwaga ahantu hadatuwe, ntizongere kugaruka mu iteraniro ry’Abisirayeli. Uko ni ko Satani azacibwa burundu mu maso y’Imana n’ubwoko bwayo, kandi azarimburwa burundu mu kurimbuka guheruka kw’icyaha n’abanyabyaha. 311

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

Nk’uko kubwo kwizera kera ibyaha by’abana b’abantu byashyirwaga ku gitambo<br />

cy’ibyaha, kandi binyuze mu maraso y’icyo gitambo ibyaha bigashyirwa ku buturo bwera mu<br />

buryo bw’igishushanyo, ni ko kubwo kwizera, na none mu isezerano rishya, ibyaha<br />

by’abihannye bishyirwa kuri Kristo kandi bikamukurwaho bigashyirwa ku buturo bwera bwo<br />

mu ijuru. Kandi nk’uko kwezwa k’ubuturo bwera bwo ku isi byakorwaga binyuze mu<br />

kubukuramo ibyaha byabaga byarabwanduje, ni ko kwezwa nyakuri k’ubuturo bwera bwo<br />

mu ijuru bigomba gukorwa binyuze mu gukuramo cyangwa gutsembaho burundu ibyaha<br />

byanditswemo. Ariko mbere y’uko ibyo bikorwa, hagomba kubaho gusuzumwa kw’ibitabo<br />

by’urwibutso kugira ngo kubwo kwihana ibyaha no kwizera Kristo, hemezwe abo impongano<br />

ye igirira umumaro cyangwa yungura. Kwezwa k’ubuturo bwera rero kurimo n’igikorwa cyo<br />

gusuzuma- ari wo murimo w’urubanza. Uyu murimo ugomba gukorwa mbere yo kugaruka<br />

kwa Kristo aje gucungura abantu be; kuko ubwo azaza, azaba azanye ingororano kugira ngo<br />

agororere umuntu wese ibikwiye ibyo yakoze. 572<br />

Bityo, abakurikiraga umucyo w’ijambo ry’ubuhanuzi, babonye ko aho kuza ku isi ku<br />

iherezo ry’iminsi 2300 mu mwaka wa 1844, icyo gihe Kristo yinjiye ahera cyane h’ubuturo<br />

bwera bwo mu ijuru kugira ngo akore umurimo uheruka wo guhongerera (kweza) uteguriza<br />

kugaruka kwe.<br />

Ikindi kandi, babonye ko mu gihe igitambo cy’ibyaha cyerekezaga kuri Kristo<br />

nk’igitambo, kandi ko umutambyi mukuru yashushanyaga Kristo nk’umuhuza kandi ko ihene<br />

yo koherwa ishushanya Satani, we soko y’icyaha, ari na we amaherezo uzagerekwaho ibyaha<br />

byose by’abanyabyaha bihannye by’ukuri. Binyuze mu maraso y’igitambo gikuraho ibyaha,<br />

igihe umutambyi mukuru yakuraga ibyaha mu buturo bwera, yabishyiraga kuri ya hene yo<br />

koherwa (ihene ya azazeri). Kubw’amaraso ye bwite, igihe Kristo azakura ibyaha by’ubwoko<br />

bwe mu buturo bwo mu ijuru ubwo umurimo we uzaba urangiye, azabishyira kuri Satani, ari<br />

we mu gihe cy’irangizarubanza ugomba kuzahanwa igihano giheruka. Ihene ya azazeri,<br />

yoherwaga ahantu hadatuwe, ntizongere kugaruka mu iteraniro ry’Abisirayeli. Uko ni ko<br />

Satani azacibwa burundu mu maso y’Imana n’ubwoko bwayo, kandi azarimburwa burundu<br />

mu kurimbuka guheruka kw’icyaha n’abanyabyaha.<br />

311

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!