21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

Uwo ni wo wari umurimo wakorwaga buri munsi umwaka wose ugashira. Muri ubwo<br />

buryo ibyaha by’Abisirayeli byashyirwaga ku buturo bwera. Bityo byabaye ngombwa ko<br />

habaho umurimo udasanzwe wo kubikura kuri ubwo buturo. Imana yategetse ko habaho<br />

guhongererwa kwa buri cyumba cy’ihema ryera. “Nuko ahongerere Ahera, ku bwo guhumana<br />

kw’Abisirayeli kwinshi, no kubw’ibicumuro byabo, kubw’ibyaha bakoze byose; uko abe ari<br />

ko agenza n’ihema ry’ibonaniro, ribana na bo hagati yo guhumana kwabo kwinshi.” Igicaniro<br />

na cyo cyagombaga guhongererwa, kugira ngo “gihumanurwe, cyezwe gikurweho guhumana<br />

kw’Abisirayeli kwinshi.” 567<br />

Inshuro imwe mu mwaka, ku umunsi ukomeye w’Impongano, umutambyi yinjiraga ahera<br />

cyane kugira ngo yeze ubuturo. Umurimo yahakoreraga wasozaga ibyakozwe byose mu<br />

mwaka. Ku munsi w’Impongano, ku muryango w’ihema ry’ibonaniro hazanwaga abana<br />

b’ihene babiri maze bagakorerwaho ubufindo; “imwe ikaba iy’Uwiteka, naho indi ikaba iyo<br />

koherwa.” 568 Isekurume y’ihene yafatwaga n’ubufindo ko ari iy’Uwiteka yagombaga<br />

kwicwa ikaba igitambo cy’ibyaha by’Abisirayeli. Umutambyi yagombaga kujyana amaraso<br />

yayo hirya ya wa mwenda ukingiriza ahera cyane maze akayaminjagira ku ntebe y’imbabazi<br />

(intebe y’ihongerero) n’imbere yayo. Amaraso yagombaga kuminjagirwa na none ku cyotero<br />

cy’imibavu cyari imbere y’uwo mwenda.<br />

“Aroni arambike ibiganza bye byombi mu ruhanga rw’iyo hene nzima, yaturire hejuru<br />

yayo gukiranirwa kw’Abisirayeli kose n’ibicumuro byabo byose; abishyire mu ruhanga<br />

rw’iyo hene, ayihe umuntu witeguriye ibyo ngo ayijyane mu butayu. Iyo hene ijye ahatagira<br />

abantu, yikoreye gukiranirwa kwabo kose, uwo muntu ayirekurire mu butayu. ” 569<br />

Isekurume y’ihene yoherewe mu butayu ntiyagarukaga mu nkambi y’Abisirayeli, kandi<br />

umuntu wajyaga kuyohera yagombaga kwiyuhagira, akamesa n’imyenda ye mbere yo<br />

kugaruka mu nkambi.<br />

Uwo muhango wose wagombaga gusiga Abisirayeli bazirikana ukwera kw’Imana ndetse<br />

n’uko yanga icyaha urunuka. Ikindi kandi, waberekaga ko batashoboraga guhura n’icyaha<br />

ngo babure kwandura. Buri mwisirayeli wese yasabwaga kubabaza umutima we mu gihe uwo<br />

muhango wabaga uri gukorwa. Imirimo yose yagombaga guhagarikwa, kandi iteraniro ryose<br />

ry’Abisirayeli ryagombaga kumara umunsi wose ryicishije bugufi cyane imbere y’Imana,<br />

basenga, biyirije ubusa kandi bafite kwihana mu mitima kwimbitse.<br />

Umuhango wakorwaga mu buryo bw’igishushanyo wigisha ukuri gukomeye kwerekeye<br />

impongano. Hemerwaga inshungu mu cyimbo cy’umunyabyaha; nyamara icyaha nticyabaga<br />

gikuweho burundu n’amaraso y’itungo ryicwaga. Bityo rero hari hateganyijwe uburyo bwo<br />

gushyira icyaha ku buturo bwera. Kubwo kuvusha amaraso, umunyabyaha yazirikanaga<br />

uburemere bw’amategeko, akicuza icyaha cyo kuba yagomeye itegeko, kandi akagaragaza<br />

uko yifuza imbabazi binyuze mu kwizera Umucunguzi wagombaga kuzaza. Ariko ntiyabaga<br />

yari yakurwaho byuzuye gucirwaho iteka n’amategeko. Ku munsi w’Impongano, umutambyi<br />

mukuru, yafataga igitambo cy’iteraniro ryose, akajya ahera cyane ajyanyeyo amaraso y’icyo<br />

309

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!