21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

ubucuti n’isi. Aho ni ho hari intandaro y’iyo mibereho iteye ubwoba yo gusaya mu by’isi,<br />

gusubira inyuma ndetse n’urupfu mu by’umwuka byariho mu mwaka wa 1844.<br />

Mu gice cya 14 cy’Ibyahishuwe, marayika wa mbere akurikirwa n’uwa kabiri uvuga atya<br />

ati: “Iraguye! Iraguye! Babuloni wa mudugudu ukomeye, wateretse amahanga yose inzoga,<br />

ni zo ruba ry’ubusambabyi bwawo.” 503 Ijambo “Babuloni” rikomoka kuri “Babel” kandi<br />

risobanura urudubi. Rikoreshwa mu Byanditswe bavuga uburyo bunyuranye bw’amadini<br />

avuga ibinyoma n’ahakana Imana. Mu gice cya 17 cy’Ibyahishuwe, Babuloni yerekanwa mu<br />

ishusho y’umugore, ishusho ikoreshwa na Bibiliya nk’ikimenyetso cy’itorero, umugore<br />

w’imico myiza agashushanya itorero ritunganye naho umugore wa maraya agashushanya<br />

itorero ryaguye.<br />

Muri Bibiliya, imico iboneye kandi ihoraho mu isano iri hagati ya Kristo n’itorero<br />

ishushanywa mu bumwe bwo gushyingiranwa. Uhoraho yifatanyije n’ubwoko bwe binyuze<br />

mu isezerano rikomeye, abusezeranira kuba Imana yabwo, kandi na bo barahirira<br />

kumwiyegurira wenyine. Yaravuze ati: “Kandi nzakwishyingira ube uwanjye iteka ryose; ni<br />

ukuri nzakwishyingira ube uwanjye nkiranuka ngaca imanza zitabera, nkagukunda kandi<br />

nkakubabarira.” 504 Na none kandi yaravuze ati: “Kuko mbabereye umugabo.” 505 Kandi<br />

Pawulo nawe akoresha ishusho nk’iyo mu Isezerano Rishya igihe avuga ati: “Nabakwereye<br />

umugabo umwe, ni we Kristo, ngo mubashyingire mumeze nk’umwari utunganye.” 506<br />

Guhemukira Kristo kw’itorero mu gihe ryamuvanagaho ibyiringiro byaryo n’urukundo<br />

rwaryo, ndetse no kwemera ko urukundo rw’iby’isi ruganza mu mitima, bigereranywa no<br />

gutatira indahiro yo gushyingiranwa. Icyaha cya Isirayeli cyo kwitandukanya n’Imana<br />

kigaragazwa muri iyo shusho; kandi urukundo rutarondoreka rw’Imana basuzuguye ako<br />

kageni, ruvugwa mu buryo bukora ku mutima ngo, “narakurahiye, nsezerana nawe, maze uba<br />

uwanjye. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.” “Wari ufite uburanga buhebuje, urahirwa ndetse<br />

umera nk’umwamikazi. Maze kwamamara kwawe kugera mu mahanga bitewe n’ubwiza<br />

bwawe, kuko bwari buhebuje, bwunguwe n’icyubahiro cyanjye naguhaye. . . Ariko wiringiye<br />

ubwiza bwawe, usambana ubitewe no kogezwa kwawe.” “Ni ukuri uko umugore ariganya<br />

umugabo we akahukana, ni ko nanjye mwandiganije wa nzu ya Isirayeli we!” “Uri umugore<br />

w’umugabo kandi ugasambana, ukaryamana n’abashyitsi aho kuryamana n’umugabo wawe!”<br />

507<br />

Mu Isezerano Rishya, imvugo nk’iyi ikoreshwa habwirwa abavuga ko ari Abakristo<br />

bishakira kugirana ubucuti n’isi bakabirutisha ubuntu bw’Imana. Intumwa Yakobo iravuga<br />

iti: “Yemwe basambanyi namwe basambanyikazi, ntimuzi yuko ubucuti bw’iby’isi butera<br />

kwangwa n’Imana? Nuko rero umuntu wese ushaka kuba incuti y’iby’isi, aba yihinduye<br />

umwanzi w’Imana.”<br />

Umugore (Babuloni) uvugwa mu Byahishuwe 17, avugwa ko “yambaye umwenda<br />

w’umuhengeri n’uw’umuhemba. Yari arimbishijwe n’izahabu n’amabuye y’igiciro cyinshi<br />

n’imaragarita; mu ntoki ze yari afite igikombe cy’izahabu cyuzuye ibizira n’imyanda<br />

279

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!