21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

Ntabwo ab’intiti mu by’iyobokamana ari bo bari basobanukiwe n’uku kuri kandi ngo<br />

birundurire mu kukwamamaza. Iyo aba bajya kuba abarinzi b’indahemuka, biga Ibyanditswe<br />

babishimikiriye kandi basenga, bajyaga kumenya isaha y’ijoro; ubuhanuzi bwajyaga<br />

kubamenyesha ibigiye kubaho. Ariko ntibabaye muri uwo mwanya, bityo ubwo butumwa<br />

buvugwa n’abantu bacishije bugufi cyane. Yesu yaravuze ati: “Nimugende mugifite umucyo,<br />

butabiriraho mukiri mu nzira, kuko ugenda mu mwijima atamenya iyo ajya.” 405 Abantu<br />

batera umugongo umucyo Imana yatanze, cyangwa se bakirengagiza kuwushaka igihe ukiri<br />

bugufi bwabo, bene abo barekerwa mu mwijima. Ariko Umukiza aravuga ati: “Ni Jye mucyo<br />

w’isi: unkurikira ntazagenda mu mwijima na hato, ahubwo azaba afite umucyo w’ubugingo.”<br />

406 Umuntu wese ufite umugambi umwe wo gushaka gukora iby’Imana ishaka, agakurikiza<br />

by’ukuri umucyo yahawe, bene uwo ni we uzakira umucyo mwinshi kurutaho. Bene uwo<br />

azohererezwa umucyo wo kurabagirana kw’ijuru kugira ngo umuyobore mu kuri kose.<br />

Igihe cyo kuza kwa Yesu bwa mbere, abatambyi n’abanditsi bo mu Murwa Wera bari<br />

bararagijwe ibyanditswe bivuga ibyo Imana yakoze, bagombaga kuba baramenye<br />

ibimenyetso by’ibihe maze bakamamaza ubutumwa bwo kuza kwa Mesiya wasezeranwe.<br />

Ubuhanuzi bwa Mika bwari bwaravuze neza aho azavukira, na Daniyeli yari yaravuze igihe<br />

azazira. 407 Imana yari yarahaye abayobozi b’Abayuda ubwo buhanuzi. Niba batari bazi<br />

kandi ntibabwire abantu ko kuza kwa Mesiya kwegereje; nta rwitwazo bari bafite. Kutamenya<br />

kwabo byari ingaruka yo kwirengagiza gutewe n’ubunyacyaha bwabo. Abayuda bubakaga<br />

inzibutso z’abahanuzi babaga barishwe, kandi mu kubaha abakomeye bo ku isi babaga bari<br />

guha ikuzo abagaragu ba Satani. Bari baratwawe no guharanira imyanya n’ubutware mu bantu<br />

maze batakobwa icyubahiro cy’ijuru bari barahawe n’Umwami w’ijuru.<br />

Abayobozi b’Abisiraheli bagombaga kuba barize bimbitse kandi mu cyubahiro cyinshi,<br />

ibyo ahantu, igihe, n’ibizajyanirana n’igikorwa gikomeye cyane mu mateka y’isi, ari cyo kuza<br />

k’Umwana w’Imana aje gusohoza igikorwa cyo gucungura umuntu. Abantu bose bagombaga<br />

kuba barabaye maso kandi bagategereza kugira ngo babe mu ba mbere bazakira Umucunguzi<br />

w’isi. Ariko murebe ibyabaye; abagenzi babiri bari bananiwe bamanuka bava ku misozi y’i<br />

Nazareti, begera i Betelehemu, bagenda mu nzira yaho y’impatanwa kandi ndende cyane<br />

barambukiranya bagera ku mpera y’iburasirazuba bw’uwo mujyi, bashakashaka aho<br />

baruhukira n’icumbi ryo kwikingamo muri iryo joro ariko ntibahabona. Nta rembo na rimwe<br />

ryabakinguriwe ngo bakirwe. Amaherezo, baje kubona aho kwikinga mu kiraro cy’inka, kandi<br />

aho niho Umukiza w’isi yavukiye.<br />

Abamarayika bo mu ijuru bari barabonye ikuzo Umwana w’Imana yari asangiye na Se<br />

mbere y’uko isi iremwa, kandi bari barategereje bafite amatsiko menshi kuza kwe hano ku isi<br />

nk’ikintu kigomba gutera ibyishimo byinshi abantu bose. Hatumwe abamarayika bo kujyanira<br />

iyo nkuru nziza abantu bari biteguye kuyakira kandi bagombaga kuyimenyesha abatuye isi<br />

bose bishimye. Kristo yari yaricishije bugufi kugeza ubwo yemera kwambara kamere muntu;<br />

yagombaga kwikorera umutwaro w’umuvumo ubwo yagombaga gutangira ubugingo bwe<br />

kuba igitambo cy’ibyaha; nyamara abamarayika bo bifuzaga ko no muri uko kwicisha bugufi<br />

226

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!