21.04.2023 Views

Ibintu by'Ukuri

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

Amayobera y’amateka ntago ari umwijima neza, kuberako ni umupfundikizo utwikiriye igice kimwe cy’irema ry’igikorwa n’imbaraga z’umwuka ndetse n’igikorwa cy’amategeko y’umwuka. Ni ibisanzwe bimenyerewe kuvuga ko amaraso y’abahowimana ari imbuto y’itorero ariko icyo dushaka kubabwira ni uko ibikorwa by’umuntu akora kubera icyemezo cy’umwuka nibyo bibyara imbuto rusange… Nkuko impinduka z’umuco zikomeye hamwe n’impinduramatwara z’amateka aribyo bihitamo amaherezo y’ibihugu cyangwa imyitwarire mu myaka imwe ari igiterane cy’amanota y’ibyemezo by’umwuka…ukwizera n’ubushishozi cyangwa ubuhakanyi n’ubuhumyi , by’abantu. Nta mpuntu watunga agatoki igikorwa gikomeye cy’umwuka gihengamisha umunzani, maze kigatuma gahunda yo hanze mu muryango w’abantu ifata isura nshya…

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Ibintu</strong> By'Ukuri<br />

Igice Cya 8 – Imbere y'Urukiko<br />

Umwami mushya witwaga Charles wa gatanu yari yaragiye ku ngoma mu Budage maze<br />

intumwa za Roma zihutira kuza kumuha impundu zigira ngo zimushyeshye bityo azakoreshe<br />

imbaraga ze arwanye Ubugorozi. Ariko ku rundi ruhande, umutware umwe w’i Saxony wari<br />

warafashije cyane Charles kugera ku ngoma, we yamugiriye inama yo kutagira icyo akora<br />

kuri Luteri atabanje kumutega amatwi. Bityo umwami w’abami yagiye mu rungabangabo.<br />

Nta kindi cyajyaga gushimisha abo ku ruhande rwa Papa uretse iteka ry’umwami w’abami<br />

ryicisha Luteri. Umutware w’i Saxony we yari yaravuze ko nta muntu n’umwe, “yaba<br />

umwami w’abami cyangwa undi wese wigeze yerekana ko inyandiko za Luteri ziri mu<br />

makosa.” Ku bw’iyo mpamvu yasabye ko Maritini Luteri yahabwa urwandiko rw’inzira<br />

rutuma arindwa kugira ngo ashobore kujya kwisobanura imbere y’urukiko rugizwe<br />

n’abacamanza b’abahanga, b’inyangamugayo kandi badaca urwa kibera.” 111<br />

Icyo gihe amashyaka yose yari ahanze amaso ku nama nkuru y’intara z’Ubudage yendaga<br />

guteranira vuba mu mujyi wa Worms nyuma y’igihe gito umwami Charles yimitswe. Hari<br />

hariho ibibazo bya politiki bikomeye ndetse n’izindi ngingo byagombaga kwigwa n’iyi nama<br />

yari ihuriyemo abatware bose b’igihugu kuko yari incuro ya mbere ibikomangoma byo mu<br />

Budage byari bigiye guhurira mu nama ifata ibyemezo n’umwami wabo wari ukiri muto. Mu<br />

mpande zose z’icyo gihugu hari haturutse abanyacyubahiro bo mu itorero no mu butegetsi<br />

bwa leta. Abatware ba rubanda, abavuka mu ngo z’abakomeye, abanyeshyari n’abayobozi<br />

bakuru mu by’idini bose bahasesekaye mu isumbwe no gukomera kwabo. Abatware b’ingabo<br />

z’ibwami n’ingabo zibaherekeje, intumwa zivuye mu bihugu by’amahanga kandi bya kure;<br />

bose bateraniye i Worms. Nyamara muri iyo nama ngari, ingingo yari ishishikaje abantu cyane<br />

yari umurimo w’Umugorozi w’i Saxony.<br />

Mbere y’aho Charles yari yarabwiye igikomangoma cy’i Saxony kuzazana na Luteri mu<br />

nama nkuru, amusezeranya kuzamurinda no kuzamuha umudendezo wo kuvugana n’abantu<br />

babishoboye ku byerekeye ibibazo byakururaga impaka. Luteri yifuzaga cyane kwitaba<br />

umwami w’abami. Icyo gihe ubuzima bwe bwari bumaze gucika intege cyane ariko yandikiye<br />

igikomangoma ati: “Niba ntashobora kujya i Worms mfite amagara mazima, bazanjyanayo<br />

ndwaye nk’uko ubu meze. Kuko niba umwami w’abami ampamagara, sinshobora<br />

gushidikanya ko ari uguhamagara kw’Imana ubwayo. Niba bashaka kungirira nabi, ndetse ibi<br />

birashoboka (kubera ko atari bo bibwirije kumpamagara), iki kibazo ngishyize mu maboko<br />

y’Imana. Wa wundi warindiye abasore batatu mu itanura ry’umuriro aracyariho kandi ari ku<br />

ngoma. Imana nibona atari ngombwa kundinda, ubuzima bwanjye ntacyo buvuze. Reka gusa<br />

twe gutuma ubutumwa bwiza busuzugurwa n’inkozi z’ibibi, kandi nimutyo dusese amaraso<br />

yacu kubw’ubutumwa bwiza, kuko dutinye inkozi z’ibibi zatsinda. Ntabwo ari ibyanjye<br />

gufata umwanzuro niba kubaho kwanjye cyangwa gupfa bizagira uruhare rukomeye ku gakiza<br />

k’abantu bose... Mubasha kwitega ko icyo ari cyo cyose cyambaho... uretse guhunga cyangwa<br />

kwisubiraho. Sinshobora rwose guhunga no kwisubiraho.” _ 112<br />

102

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!