15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

icyigisho cy’ingenzi ku bumva ko Imana yabahamagariye kubwira abandi ukuri gukomeye<br />

kw’iki gihe. Uko kuri kuzabyutsa urwango rwa Satani n’urw’abantu bakunda ibitekerezo<br />

bihimbano byahimbwe na Satani. Mu ntambara barwana n’imbaraga y’umubi, hakenewe<br />

ikindi kintu kirenze imbaraga n’ubwenge bya kimuntu.<br />

Igihe abanzi be bitabazaga imihango n’imigenzo, cyangwa ibyemezo n’ububasha bya<br />

Papa, Luteri yabasubirishaga Bibiliya, Bibiliya yonyine. Muri yo harimo ingingo batabashaga<br />

kwisobanuraho bityo ababaswe n’imigenzo n’imihango basakuza basaba ko yicwa nk’uko<br />

Abayuda basabiye Kristo gupfa. Abayoboke ba Papa basakuzaga bavuga bati: “Ni<br />

umuhakanyi! Byaba ari ukugambanira itorero bikomeye kureka umuhakanyi uteye ubwoba<br />

akabaho n’ubwo yaba isaha imwe! Nimuhite mushinga urumambo rwo kumumanikaho!” 93<br />

Ariko ntabwo yishwe bitewe n’ubwo burakari bwabo bukaze. Imana yari imuteganyirije<br />

umurimo agomba gukora, bityo yohererezwa abamarayika bo mu ijuru ngo bamurinde.<br />

Nyamara, abantu benshi bari barakiriye umucyo w’agatangaza bawugejejweho na Luteri<br />

bagezweho n’umujinya wa Satani kandi bagerwaho no gutotezwa n’urupfu rw’agashinyaguro<br />

badatinya kubwo gukunda ukuri.<br />

Inyigisho za Luteri zakuruye intekerezo z’abantu benshi bashishoza mu Budage hose.<br />

Imirasire y’umucyo yaturukaga mu bibwirizwa bye no mu nyandiko ze yakanguye kandi<br />

imurikira abantu ibihumbi byinshi. Ukwizera kuzima kwasimburaga imigenzo n’imihango<br />

igaragara inyuma itorero ryari rimazemo igihe kirekire. Uko bwacyaga bukira niko abantu<br />

barushagaho kutizera inyigisho zidahamye z’itorero ry’i Roma. Inzitizi z’urwikekwe<br />

zavagaho. Ijambo ry’Imana Luteri yashingiragaho agenzura inyigisho yose n’ikivugwa cyose<br />

ryari nk’inkota ityaye amugi yombi, rikagenda rikahuranya imitima y’abantu. Byagaragaraga<br />

ko ahantu hose hatutumba icyifuzo cy’iterambere mu bya Mwuka. Abantu hose bari bafite<br />

inzara n’inyota byo gutungana batari barigeze bagira mu bihe byashize. Abantu benshi bari<br />

bamaze imyaka myinshi bahanze amaso yabo imihango n’abahuza b’abantu, noneho<br />

barahindukiye batumbira Kristo wabambwe bafite kwihana no kwizera.<br />

Uko gukanguka kwakwiriye hose kwakanguye ubwoba bw’abayobozi b’itorero riyoborwa<br />

na Papa. Luteri yahamagariwe kwitaba i Roma kugira ngo asubize ikirego yarezwe<br />

cy’ubuyobe. Uko guhamagarwa kwateye incuti ze ubwoba. Bari bazi neza akaga<br />

kamutegereje muri uwo mujyi wirunduriye mu bibi kandi wari warasinze amaraso y’abahowe<br />

kwizera Yesu. Barwanyije ko yajya i Roma maze basaba ko yacirirwa urubanza mu Budage.<br />

Uko gusaba kwaje kwemerwa maze intumwa ya Papa yoherezwa kujya gukurikirana urwo<br />

rubanza. Mu mabwiriza Papa yahaye iyi ntumwa harimo ko byamaze kwemezwa ko Luteri<br />

ari umuhakanyi. Kubw’ibyo iyo ntumwa yategetswe guhita amukurikirana kandi<br />

akamucecekesha. Iyo yajyaga gukomeza kwihagararaho kandi iyo ntumwa ya Papa ntibashe<br />

kumufata, yari yahawe ububasha bwo kumugira igicibwa mu Budage hose; akamuca,<br />

akamuvuma kandi n’abifatanyije na we bose bagacibwa.” 94 Ikigeretse kuri ibyo, kugira ngo<br />

ubuyobe burandurwe burundu, Papa yategetse intumwa ye guca abantu bose bakwirengagiza<br />

91

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!