15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Inyigisho zishyigikiye ibyemezo biheshsa imbabazi (indurugensiya) zarwanyijwe mu<br />

itorero ry’i Roma n’abantu bize kandi b’inyangamugayo; kandi harimo benshi batizeraga<br />

ibyavugwaga byari bihabanye n’imitekerereze itunganye ndetse n’Ibyahishuwe. Nta n’umwe<br />

mu bayobozi bakuru mu itorero watinyutse kwamagana ubwo bucuruzi bwanduye, ariko<br />

intekerezo z’abantu zari zitangiye kunanirwa no kwivovota ndetse abenshi bibazaga cyane<br />

niba Imana itagira abantu bamwe ikoreramo kugira ngo itorero ryayo ritunganywe.<br />

Nubwo Luteri yari akiri umuyoboke wa papa wo mu rwego rukomeye, yababajwe cyane<br />

n’ibyavugwaga bitukisha Imana by’abo bagurishaga imbabazi z’ibyaha. Abantu benshi bo mu<br />

kiriziya yayoboraga bari baramaze kugura ibyo byemezo by’imbabazi, maze bidatinze<br />

batangira kujya baza kwicuza ibyaha byabo bitari bimwe ku mushumba wabo bibwira ko bari<br />

bubabarirwe bidatewe n’uko bihanaga kandi bakaba bifuza kwivugurura ahubwo bitewe<br />

n’icyemezo kibahesha imbabazi (indurugensiya). Luteri yanze kubaha imbabazi ndetse<br />

anababurira ababwira ko bazarimbukira mu byaha byabo nibatihana ngo bahindure imibereho<br />

yabo. Bagize guhangayika gukomeye maze bahindukirira Tetzel bivovota bavuga ko<br />

umupadiri wabo bicuzaho ibyaha yanze ibyemezo bihesha imbabazi yabahaye; bityo bamwe<br />

bashira amanga basaba ko basubizwa amafaranga yabo. Tetzel yazabiranyijwe n’uburakari.<br />

Yavuze imivumo iteye ubwoba, ategeka ko imiriro icanwa ku karubanda, kandi avuga ko<br />

“yahawe uburenganzira na Papa bwo gutwika abazahakana bose bakarwanya inzandiko zera<br />

zihesha imbabazi z’ibyaha.” 89<br />

Noneho Luteri yinjira mu murimo ashize amanga nk’umuntu urwanirira ukuri. Ijwi rye<br />

ryumvikaniye ku ruhimbi mu muburo ukomeye. Yagaragarije abantu imiterere mibi y’icyaha,<br />

kandi abigisha ko umuntu atashobora koroshya igishinja giterwa n’icyaha cyangwa ngo acike<br />

igihano cy’ibyaha binyuze mu bikorwa bye. Nta kindi kintu icyo ari cyo cyose cyabasha<br />

gukiza umunyabyaha uretse kwihana imbere y’Imana no kwizera Yesu Kristo. Ntabwo<br />

ubuntu bwa Kristo bubasha kugurwa. Ni impano itangirwa ubuntu. Luteri yagiriye abantu<br />

inama ngo be kugura ibyemezo bihesha imbabazi z’ibyaha (indurugensiya), ahubwo<br />

yababwiye guhanga amaso Umukiza wabambwe bafite kwizera. Yabatekerereje<br />

ibyamubayeho bibabaje ubwo yashakaga kugera ku gakiza akoresheje kwicisha bugufi no<br />

kwibabaza ariko bikaba iby’ubusa. Yahamirije ababaga bamuteze amatwi ko icyamuhesheje<br />

amahoro n’ibyishimo ari ukureka kwitegaho amakiriro ahubwo akizera Kristo.<br />

Uko Tetzel yakomezaga ubucuruzi bwe n’imigambi ye mibi, Luteri nawe yiyemeje<br />

kurwanya ashikamye ibyo bikorwa bibi. Bidatinze hari icyabayeho. Kiriziya nini y’i<br />

Wittemberg yabagamo imibiri y’abatagatifu n’abazize kwizera kwabo ndetse n’ibindi<br />

bikoresho bijyana nabyo byabikwaga kandi bikubahwa nk’urwibutso. Ibyo byerekwaga<br />

abantu ku minsi mikuru mitagatifu imwe, maze abantu bose bazaga gusura iyo kiriziya muri<br />

icyo gihe bakicuza bagahabwa imbabazi z’ibyaha mu buryo bwuzuye. Kubera iyo minsi kandi<br />

abantu bazaga aho ari benshi cyane bavuye imihanda yose. Umunsi umwe ukomeye cyane<br />

muri iyo ari wo wari umunsi mukuru w’abatagatifu bose wari wegereje. Ku munsi<br />

wawubanjirije Luteri yajyanye n’imbaga y’abantu bari batangiye kuza kuri iyo kiriziya maze<br />

88

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!