15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kwishingikiriza ku mirimo y’umuntu ngo imuheshe agakiza, ndetse anasobanukirwa n’uburyo<br />

ari ngombwa guhora umuntu yizeye ibyo Kristo yakoze. Amaso ye yari yahumutse<br />

ubutazongera guhuma ngo ananirwe kubona ubuyobe buri mu nyigisho z’ubupapa. Ubwo<br />

yarekaga guhanga amaso ye i Roma, yari yanahindukiye mu mutima, kandi kuva icyo gihe<br />

kwitandukanya na Roma byarushijeho gukura kugeza ubwo yitandukanyije burundu n’Itorero<br />

ry’ i Roma.<br />

Nyuma yo kuva i Roma, Luteri yaherewe impamyabushobozi y’ikirenga mu byerekeye<br />

Imana muri kaminuza ya Wittenberg. Ubu noneho mu buryo butandukanye na mbere, yari<br />

afite umudendezo wo kwirundurira mu kwiga Ibyanditswe yakundaga. Yari yararahiriye ko<br />

mu minsi y’ubuzima bwe bwose azajya yiga Ijambo ry’Imana yitonze kandi akaryigisha uko<br />

riri, atari ukwigisha imigani n’inyigisho by’abapapa. Ntabwo yari akiri uwihaye Imana<br />

cyangwa umwarimu usanzwe ahubwo yari umwigisha wa Bibiliya ubifitiye uburenganzira.<br />

Yari yarahamagariwe kuba umushumba wo kuragira umukumbi w’Imana wari ufitiye ukuri<br />

inzara n’inyota. Yavuze ashimikiriye ko Abakristo badakwiriye kwemera izindi nyigisho<br />

uretse izishingiye ku Byanditswe Byera. Ayo magambo yahamyaga rwose ku rufatiro<br />

rw’inyigisho z’ubutware bwa papa. Ayo magambo kandi yarimo ipfundo ry’Ubugorozi.<br />

Luteri yabonaga akaga kazanwa no gufata inyigisho z’abantu ukazirutisha Ijambo<br />

ry’Imana. Yajoraga ibitekerezo bidafite ishingiro by’abigisha kandi akarwanya<br />

ubucurabwenge n’iby’iyobokamana byose byari bimaze igihe kirekire biyobora abantu.<br />

Yarwanyije izo nyigisho avuga ko uretse no kuba zidafite agaciro ziranangiza. Yagerageje<br />

gukura intekerezo z’abamutegaga amatwi ku mitekerereze iyobya y’abacurabwenge<br />

n’abigisha iyobokamana maze azerekeza ku kuri guhoraho kwavuzwe n’abahanuzi<br />

n’intumwa.<br />

Ubutumwa yavugaga bwari bufite agaciro gakomeye ku mbaga y’ababaga bamuteze<br />

amatwi bafite amatsiko menshi. Nti bari barigeze kumva inyigisho nk’izo mbere. Inkuru<br />

ishimishije y’urukundo rw’Umukiza n’ubwishingizi bwo kubabarirwa no kugira amahoro<br />

kubw’amaraso ye akuraho ibyaha, byanejeje imitima yabo kandi bibatera ibyiringiro<br />

bihoraho. Umucyo wari umaze kumurika i Wittenberg kandi imirasire yawo yagombaga<br />

gukwira mu turere tw’isi twa kure, ndetse kurabagirana kwawo kukiyongera kuzageza ku<br />

iherezo ry’ibihe.<br />

Nyamara umucyo n’umwijima ntibishobora kumvikana. Hagati y’ukuri n’ikinyoma hari<br />

intambara idashobora guhagarikwa. Gukomera kuri kimwe no kugishyigikira ni ugushotora<br />

ikindi no kugisenya. Umukiza wacu ubwe yaravuze ati: “Mwe gutekereza ko nazanywe no<br />

kuzana amahoro mu isi: sinaje kuzana amahoro, ahubwo naje kuzana inkota.” 81 Nyuma<br />

y’imyaka mike ubugorozi butangiye Luteri yaje kuvuga ati: “Ntabwo Imana inyobora gusa<br />

ahubwo iranansunika ngo njye mbere. Iranjyana. Ntabwo nitegeka. Nifuza kwibera mu<br />

mahoro ntuje ariko hari imbaraga injyana ikanshyira mu mivurungano hagati no mu<br />

ihinduramatwara.” 82 Noneho Luteri yari hafi guhatirwa kujya mu ntambara.<br />

86

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!