15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ashyizeho umwete, Ibyanditswe byari biri mu ndimi z’umwimerere. Yatangiye kwigisha kuri<br />

Bibiliya bityo igitabo cya Zaburi, Ubutumwa bwiza bune ndetse n’Inzandiko bisobanurirwa<br />

imbaga y’abantu babaga bishimiye kumutega amatwi. Incuti ye Staupitz wanamurutaga mu<br />

myaka, yamusabye kuzamuka akajya ku ruhimbi maze akaba ariho abwiririza Ijambo<br />

ry’Imana. Luteri yarashidikanyije abitewe no kumva adakwiriye kubwira abantu mu cyimbo<br />

cya Kristo. Hashize igihe kirekire arwana n’icyo gitekerezo nibwo yaje kwemera ibyifuzo<br />

by’incuti ze. Yari yaramaze kuba umuntu usobanukiwe Ibyanditswe cyane kandi ubuntu<br />

bw’Imana bwabaga kuri we. Kuba intyoza kwe kwakururaga ababaga bamuteze amatwi,<br />

kandi uko yigishanyaga ukuri imbaraga no mu buryo bwumvikana byemezaga intekerezo<br />

kandi umurava we wakoraga ku mitima yabo.<br />

Luteri yari umuntu ushimwa n’itorero ryayoborwaga na Papa kandi ntiyatekerezaga<br />

kuzaba ikindi kitari icyo yari cyo muri icyo gihe. Kubw’ubuntu bw’Imana yaje kugambirira<br />

gusura i Roma. Urwo rugendo rwe yarukoze n’amaguru, akagenda acumbika mu mu bigo<br />

by’abapadiri byari aho yanyuraga. Ubwo yari mu kigo cy’abapadiri mu Butaliyani, yaje<br />

gutangazwa n’ubukungu, ubwiza ndetse no kwaya umutungo yahabonye. Kubera guhabwa<br />

ku butunzi bw’umwami, abihaye Imana baho babaga mu mazu arimbishijwe cyane,<br />

bakambara imyenda ya gikire kandi ihenze cyane ndetse bakarya ibyokurya bihenze. Luteri<br />

yagereranyije ibyo yabonaga n’imibereho ye yo kwitanga, umuruho n’agahinda, bimubera<br />

urujijo.<br />

Nyuma yaje kwitegereza uwo mujyi wubatswe ku dusozi turindwi agira ikiniga, nuko<br />

apfukama hasi maze avuga n’ijwi rirenga ati: “Roma ntagatifu! Ndakuramutsa!” 78<br />

Yinjiye muri uwo mujyi, asura za kiriziya, akajya ategera amatwi ibitekerezo bitangaje<br />

byasubirwagamo n’abapadiri n’abandi bihaye Imana, kandi nawe agakora imihango yose<br />

yasabwaga gukora. Aho yajyaga hose, ibyo yabonaga byaramutangazaga kandi<br />

bikamubabaza. Yabonye ko inzego zose z’abihaye Imana zarangwagamo gukiranirwa.<br />

Yumvise inzenya z’urukozasoni zavugwaga n’abayobozi bakuru mu by’idini maze aterwa<br />

ubwoba no kutubaha ibyera kwabo ndetse bakabikora no mu misa. Yaranditse ati: “Ntawe<br />

ubasha gutekereza ibyaha ndetse n’ibikorwa biteye isoni bikorerwa i Roma. Wabyemezwa<br />

n’uko ubyiboneye kandi ubyiyumviye. Bakunze kuvuga ngo: ‘Niba koko gihenomu ibaho,<br />

Roma iyubatse hejuru: Ni inyenga iturukamo ibyaha by’uburyo bwose.’” 79<br />

Papa yari amaze igihe gito aciye iteka risezeranira imbabazi z’ibyaha abantu bose bajyaga<br />

kugenza amavi bazamuka ingazi zitiriwe Pilato 80. Bavugaga ko ubwo Umukiza wacu yari<br />

avuye gucirirwa urubanza mu cyumba cy’urukiko rw’Abanyaroma yamanutse izo ngazi kandi<br />

ko mu buryo bw’igitangaza, izo ngazi zavuye i Yerusalemu zikazanwa i Roma. Umunsi umwe<br />

ubwo Luteri yuriraga izo ngazi apfukamye abishishikariye, yatunguwe n’ijwi nk’iry’inkuba<br />

ihinda rivuga riti: “Umukiranutsi azabeshwaho no kwizera.” (Abaroma 1:17).<br />

Kubw’ikimwaro n’ubwoba, yahereyeko arahaguruka maze ava aho yihuta. Ntabwo yongeye<br />

na gato kwibagirwa iryo somo. Kuva ubwo yasobanukiwe neza no kwishuka kuri ku<br />

85

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!