15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Amaherezo icyifuzo gikomeye cyo kubaturwa mu cyaha no kubana amahoro n’Imana<br />

cyamuteye kujya kuba mu kigo cy’abihaye Imana maze ubuzima bwe abwegurira kuba muri<br />

ibyo bigo. Muri icyo kigo yasabwe kujya akora imirimo mibi iruhije cyane ndetse no kujya<br />

asabiriza ava mu rugo rumwe ajya ku rundi. Yari ageze mu kigero umuntu yumva ashaka<br />

cyane kubahwa no kwitabwaho, bityo iyo mirimo imucisha bugufi yumvaga imukoza isoni<br />

ariko arabyihanganira, yiringira ko ari byo bimukwiriye kubera ibyaha bye.<br />

Umwanya wose washoboraga gusaguka amaze gukora inshingano ze za buri munsi<br />

yawukoreshaga yiga, akigomwa ibitotsi, ndetse akagabanya no ku gihe cye cyo kurya.<br />

Yishimiraga cyane gusoma Ijambo ry’Imana kuruta ibindi byose. Yari yarabonye Bibiliya<br />

imanikishijwe umunyururu ku rusika rw’inzu babagamo, bityo akajya ajya aho iri kenshi<br />

kugira ngo ayisome. Uko umutima we warushagaho kumwemeza ibyaha bye, yashakaga uko<br />

yagirirwa imbabazi kandi akabona amahoro kubw’imirimo ye. Niko kwiyegurira imibereho<br />

iruhije cyane agaharanira gutsinda ibibi byo muri kamere ye, imibereho yo mu kigo<br />

cy’abihaye Imana itari yaramuruhuye. Yakoreshaga kwiyiriza ubusa, kudasinzira no<br />

kwibabaza. Ntiyabuze gukora icyo ari cyo cyose cyamugeza kuri kwa kubonera k’umutima<br />

kwari kumubashisha guhagarara imbere y’Imana yemewe. Nyuma y’aho yaje kuvuga ati:<br />

“Nari uwihaye Imana wamaramaje kandi nakurikizaga amategeko y’ibyo nemera bikomeye<br />

cyane birenze uko nabasha gusobanura. Haramutse habayeho uwihaye Imana ubasha<br />

guheshwa ijuru n’ibikorwa bye, nagombye kuba ari njye urikwiriye ...Iyo iyo mibereho iza<br />

gukomeza igihe kirekire, mba narakomeje kwibabaza ndetse nkageza n’ubwo mpfa.” 76<br />

Ingaruka z’iyo mibereho yo kwibabaza yabaye gutakaza imbaraga z’umubiri maze arwara<br />

indwara yo kujya agwa amarabira bityo bimugiraho ingaruka atigeze akira burundu mu<br />

buzima bwe. Nyamara muri uwo muhati we wose umutima we wari uremerewe ntiwabashije<br />

kugira ihumure. Amaherezo yaje kugera aho abura ibyiringiro.<br />

Ubwo byagaragaraga ko Luteri yatakaje ibyiringiro byose nibwo Imana yamwoherereje<br />

incuti yo kumufasha. Staupitz (Sitopitsi) wari waramaramaje niwe wafunguriye intekerezo za<br />

Luteri Ijambo ry’Imana, maze amusaba kureka kwirebaho ubwe, akareka gukomeza kugira<br />

inkeke y’igihano kidashira kizaterwa no kwica amategeko y’Imana, ahubwo agahanga amaso<br />

Yesu, Umukiza we ubabarira ibyaha. Yaramubwiye ati: “Aho kwibabaza wiziza ibyaha<br />

byawe, ishyire mu maboko y’Umucunguzi. Mwiringire, wiringire ubutungane bw’imibereho<br />

ye ndetse n’urupfu rwe rukuraho ibyaha. Tegera amatwi Umwana w’Imana. Yahindutse<br />

umuntu kubwo kuguhesha ubwishingizi bw’ijuru.” “Mukunde kuko ari we wabanje<br />

kugukunda.” 77<br />

Uko niko intumwa yuje imbabazi yavuze. Amagambo ya Staupitz yakabakabye umutima<br />

n’ibitekerezo bya Luteri. Nyuma y’igihe arwana n’amakosa yari yaragundiriye, igihe kirekire,<br />

Luteri yabashije kwakira ukuri kandi amahoro ataha mu mutima we wari wihebye.<br />

Luteri yerejwe kuba umupadiri maze ahamagarirwa kuva muri icyo kigo cy’abihaye Imana<br />

akajya kwigisha muri Kaminuza ya Wittenberg. Muri iyo kaminuza yahigiye Ibyanditswe<br />

84

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!