15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

bwashegeshe ubuzima bwe, maze abanzi be batangira gutinya ko yabacika, bityo bagerageza<br />

kumworohereza umubabaro nubwo yamaze mu nzu y’imbohe umwaka.<br />

Ntabwo urupfu rwa Huse rwarangiye nk’uko abayoboke ba papa bari babyiteze. Kurenga<br />

ku rwandiko rwo kumushingana yari afite byabyukije kwivumbagatanya kw’abantu, bityo<br />

nk’uburyo bwo gukemura ikibazo neza, aho gutwika Jerome, urukiko rwiyemeje kumuhatira<br />

kwisubiraho biramutse bishobotse. Bamuzanye imbere y’iteraniro maze bamuhitishamo<br />

kwisubiraho cyangwa gupfa atwitswe. Iyo aza gupfa mu itangira ry’ifungwa rye biba<br />

byaramubereye umugisha ubigereranyije n’imibabaro ikomeye yanyuzemo. Ariko noneho<br />

ubu ubwo yari atentebutse kubera uburwayi, imibabaro yaterwaga n’aho yari afungiwe,<br />

kubabara bitewe no guhangayika no kwibaza ibizakurikiraho, kuba yari yatandukanyijwe<br />

n’incuti ze kandi atewe ubwoba n’urupfu rwa Huse, byatumye ubutwari bwa Jerome butezuka<br />

maze yemera kumvira abagize urukiko. Yarahiriye ko yemeye kuyoboka ukwemera<br />

kw’itorero Gatolika, kandi yemera icyo urukiko rwakoze rucira Wycliffe na Huse urubanza,<br />

uretse ibyerekeranye “n’ukuri kuzira inenge” bari barigishije. 61<br />

Mu gukora ibyo, Jerome yakoze ibishoboka byose kugira ngo acecekeshe ijwi<br />

ry’umutimanama kandi akize amagara ye. Ariko ubwo yari mu bwigunge mu kumba yari<br />

afungiwemo, yaje gusobanukirwa neza n’ibyo yari yakoze. Yatekereje ku by’ubutwari<br />

n’ubudahemuka bwa Huse, maze asanga bihabanye n’uko we ubwe yihakanye ukuri.<br />

Yatekereje ku Mwami we wo mu ijuru yari yararahiriye kuzakorera kandi wihanganiye urupfu<br />

rwo ku musaraba ku bwe. Mbere y’uko yisubiraho, ubwo yari mu mibabaro ye, yari<br />

yaraboneye guhumurizwa mu byiringiro by’ubuntu bw’Imana; ariko ubu kwicuza no<br />

gushidikanya byabuzaga amahoro umutima we. Nuko aza kumenya ko azongera kubazwa na<br />

none ibyo kwisubiraho kwe mbere yo kwiyunga n’abayobozi ba Roma. Intambwe yari<br />

atangiye gutera yari kuzamugeza ku buhakanyi bwa burundu. Yafashe umwanzuro ko:<br />

Atazihakana Umwami we ngo akunde akire imibabaro y’igihe gito.<br />

Ntibyatinze aza kongera guhamagarwa imbere y’urukiko. Imvugo ye yo kwisubiraho<br />

ntabwo yari yanyuze abacamanza. Inyota yabo yo kumena amaraso yari yakanguwe n’urupfu<br />

rwa Huse, bityo bashakaga kubona n’abandi bica. Jerome ntiyajyaga kurokora ubuzima bwe<br />

keretse gusa ahakanye ukuri agatsemba. Nyamara ubu bwo yari yamaze kwiyemeza<br />

gushikama ku kwizera kwe maze agatwikwa, bityo akagera ikirenge mu cya mugenzi we<br />

wazize kwizera kwe.<br />

Yahakanye ibyo kwisubiraho yari yavuze mbere, bityo nk’umuntu witeguye gupfa, niko<br />

gusaba abacamanza akanya ko kwiregura. Kubera gutinya ingaruka z’amagambo ye,<br />

abayobozi bakuru b’idini batsimbaraye ku cyifuzo cy’uko yakwemeza cyangwa agahakana<br />

ukuri kw’ibyo yaregwaga gusa. Jerome yarwanyije ubwo bugome bukomeye n’akarengane<br />

bamugiriye avuga ati: “Mwamfungiye muri gereza iteye ubwoba iminsi magana atatu na<br />

mirongo ine, mu myanda ahantu hanuka kandi munyima ibya ngombwa byose nari nkeneye,<br />

none munzanye imbere yanyu maze mutega amatwi abanzi banjye bashaka kunyica, njye<br />

75

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!