15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Kristo itazigera ihanagurwa na mba. Bifuje kuyirimbura ariko izongera ishushanywe bundi<br />

bushya mu mitima yose n’ababwiriza bandusha.” 54<br />

Ku nshuro ya nyuma, Huse yazanwe imbere y’inama nkuru. Ryari ikoraniro rinini kandi<br />

ry’abakomeye: umwami w’abami, ibikomangoma, abajyanama ibwami, abakaridinali,<br />

abepisikopi, abapadiri n’imbaga y’abantu batabarika bari baje gushungera ibyari kuba uwo<br />

munsi. Mu turere twose twarangwagamo Ubukristo hari haturutse abahamya baje kureba<br />

iby’uyu muntu wari ugiye kuba igitambo gikomeye cya mbere mu rugamba rurerure rwabaye<br />

intandaro y’umudendezo wo kuyoborwa n’umutimanama.<br />

Ubwo yahamagarirwaga kuvuga umwanzuro we uheruka, Huse yaberuriye rwose ko<br />

adashobora kwivuguruza maze ahanga ijisho rye umutware mukuru wari watanze indahiro<br />

ariko ikarengwaho bikojeje isoni, maze aravuga ati, “Ku bushake bwanjye niyemeje kuza<br />

imbere y’iyi nama nshyigikiwe na rubanda no kwizera k’umwami w’abami wicaye aha.” 55<br />

Mu maso h’Umwami w’abami Sigismond hahise hijima maze abari bateraniye aho bose<br />

bamuhanga amaso.<br />

Huse amaze gucirwa urwo gupfa, umuhango wo kumwambura icyubahiro waratangiye.<br />

Abayobozi bakuru b’itorero bambitse imfungwa yabo imyambaro y’abepisikopi, maze ubwo<br />

Huse yambikwaga ikanzu y’abapadiri, yaravuze ati: “Umwami wacu Yesu Kristo yambitswe<br />

ikanzu yera, igihe Herode yamwoherezaga kwa Pilato kugira ngo babone uko bamukoza isoni<br />

bamutuka.” 56<br />

Ubwo bongeraga kumwingingira kwisubiraho, yarahindukiye areba rubanda maze<br />

aravuga ati: “None se nabasha nte gukomeza kwerekeza amaso yanjye mu ijuru? Nahangara<br />

nte kurebana n’imbaga y’abantu nabwirije ubutumwa bwiza butunganye? Oya rwose, agakiza<br />

k’abo bantu karuta kure uyu mutindi w’umubiri ugiye gupfa.” Batangira kumwambura<br />

imyambaro bamukuramo umwe umwe, maze buri mwepisikopi akamuvugiraho imivumo uko<br />

arangije umugabane w’uyu muhango. Ibyo birangiye, bamwambika ikamba ku mutwe rifite<br />

agasongero rishushanyijweho abadayimoni bateye ubwoba kandi imbere ryanditsweho n’aya<br />

magambo ngo, “Umuyobe ruharwa.” Huse yaravuze ati: “Mfite umunezero mwinshi wo<br />

kwambikwa iri kamba ry’urukozasoni ku bwawe Yesu wambitswe ikamba ry’amahwa ku<br />

bwanjye.”<br />

Igihe yari amaze kwambikwa iryo kamba, abo bayobozi bakuru b’idini baravuze bati:<br />

“Ubu ubugingo bwawe tubweguriye Satani.” Yohana Huse yubura amaso ye ayerekeza mu<br />

ijuru maze aravuga ati: ” Nshyize umwuka wanjye mu biganza byawe, Mwami Yesu, kuko<br />

ari wowe wancunguye. ” 57<br />

Noneho yashyikirijwe abayobozi ba Leta maze bamujyana aho yagombaga kwicirwa.<br />

Abantu benshi baramukurikira, abantu amagana bafite intwaro, abapadiri n’abayobozi bakuru<br />

b’idini bambaye amakanzu y’igiciro cyinshi n’abaturage b’i Constance. Ubwo yari amaze<br />

guhambirwa ku rumambo, ibintu byose byarangiye bategereje gukongeza umuriro, Huse<br />

73

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!