15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

Intangiriro<br />

Inyandiko z’amasezerano mashya mu rwego mpuzamahanga zihuza umusomyi<br />

hamwe na gahunda ziva ku Imana zihuza ijuru n’isi zigakomeza mu buryo buhoraho<br />

amategeko y’urukundo. Ikimenyetso, isanduku y’isezerano yerekana imishyikirano ya<br />

bugufi hagati ya Yesu kristo hamwe n’abantu be ndetse n’uburemere bw’amategeko<br />

y’Imana. Nkuko byanditswe ngo, “iri niryo sezerano nzagirana n’inzu ya isirayeli<br />

uwiteka niwe ubivuze, amategeko yanjye nzayabacengezamo, nyabandike mu<br />

mutima, bityo mbabere Imana na bo bambere umuryango.” (Yeremiya 31:31-33;<br />

Abaheburayo 8:8-10). Mu by’ukuri, isezerano rishya ryemeza gucungurwa, ryavutse<br />

kubera amakimbirane adacogora rishyirwaho ikimenyetso n’amaraso.<br />

Mu binyejana bitabarika, benshi banyuze mu mibabaro ikomeye ndetse n’itotezwa<br />

ritumvikana, bikorwa kugirango haburizwemo ukuri. Byumwihariko mu gihe<br />

cy’imyaka y’umwijima, uru rumuri rwarwanyijwe ndetse rutwikirwa n’imico<br />

y’abantu ndetse n’ubujiji bw’ikiremwamuntu, kuberako abaturage b’isi basuzuguye<br />

ubwenge ndetse bacumurira isezerano. kurwanya gushyigikira ikwirakwizwa ry’ibibi<br />

byakuruye ibyago bitagira ingano mu buryo bukomeye hamwe n’ibikorwa bya<br />

kinyamaswa , kuburyo bamwe barenganyijwe baratambwa barabica, banze kwemera<br />

guta umudendezo w’umutimanama. Nyamara, ubumenyi bwari bwarabuze<br />

bwaragaruwe, byumwihariko mu gihe cy’ivugurura.<br />

Ivugurura ryo mu kinyejana cya 16 ryabaye imbarutso ry’igihe cy’ukuri, umusingi<br />

w’impinduka ndetse bigira ingaruka z’imidugararo, nkuko byigaragaje mu kurwanya<br />

ivugurura. Ariko unyuze muri iyi nyandiko, umuntu avumbura ibisobanuro<br />

bidashidikanwaho by’izi mpinduka ubikuye mu myumvire y’abakoze impinduka<br />

hamwe n’izindi ntwari zabaze umusingi w’impinduka. Bivuye ku ruhande rwabo,<br />

umuntu ashobora gusobanukirwa intambara z’urudaca, impamvu yateye uko<br />

kwihagararaho kudasanzwe ndetse n’ubutabazi budasanzwe mu buzima busanzwe.<br />

Intego yacu: “Ibitabo by’ivugurura, ibitekerezo bihindutse,” ishimangira ubwoko<br />

bwihariye bw’ubuvanganzo, bwakozwe mu gihe kigoye ndetse n’akamaro kabwo.<br />

Yumvikanisha kandi impamvu ari ingenzi cyane kwivugurura, kuvuka ubwa kabiri<br />

ndetse no guhinduka. Nkuko icapiro ry’ibinyamakuru rya Gutenberg, rifatanye<br />

n’ishami rishinzwe ubusemuzi, rwakwirakwije amahame y’ukwemera kuvuguruye,<br />

mu myaka 500 ishize, ikinyamakuru gikoresha ikoranabuhanga hamwe n’igikorera<br />

kuri interineti bishobora gutangaza muri buri rurimi urumuri rw’ukuri muri iyi minsi<br />

ya nyuma.

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!