15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

urupfu rwanjye rugomba kugira uruhare ku ikuzo Rye, munsabire kugira ngo rubanguke kandi<br />

ngo anshoboze kwihanganira imibabaro yanjye yose nshikamye. Ariko ni biba ngombwa ko<br />

mbagarukamo, nimutyo dusabe Imana nzagaruke ntafite ikinegu. Ni ukuvuga ngo sinzabashe<br />

kugira inyuguti n’imwe y’ukuri k’ubutumwa bwiza nkuraho kugira ngo mbashe gusigira<br />

abavandimwe banjye urugero rutunganye bakwiriye gukurikiza. Ahari birashoboka ko<br />

mutazongera kunca iryera i Prague; ariko biramutse bibaye kubw’ubushake bw’Imana<br />

ishoborabyose ko ingarura muri mwe, mureke tujye mbere dufite umutima ushikamye mu<br />

gukunda no gusobanukirwa amategeko yayo.” 49<br />

Mu rundi rwandiko yandikiye umupadiri wari warahindutse umwigishwa w’ubutumwa<br />

bwiza, Huse yavuze iby’amakosa ye bwite afite kwicisha bugufi yishinja “kuba yarishimiye<br />

kwambara imyenda y’igiciro cyinshi no kuba yarapfushije igihe kinini ubusa mu bidafite<br />

akamaro.” Yongeyeho iyi miburo ikora ku mutima agira ati, “Ndasaba ngo ikuzo ry’Imana<br />

n’agakiza k’abantu byuzure ubwenge bwawe aho kuzura kugwiza inyungu n’ubutunzi.<br />

Witondere kurimbisha inzu yawe kuruta uko urimbisha umutima wawe, kandi ikiruta byose<br />

wite ku nyubako y’ibya Mwuka. Jya uba inyangamugayo kandi wicishe bugufi ubane<br />

n’abakene, wirinde kwaya umutungo wawe mu byo kwinezeza. Uramutse utisubiyeho ngo<br />

ureke gukabya, ndatinya ko utazabura kubihanirwa cyane nk’uko nanjye byambaho. . .<br />

Usobanukiwe n’ibyo nigisha kuko wakiriye inyigisho zanjye kuva mu bwana bwawe ni yo<br />

mpamvu kukwandikira ibirenze ibi ntacyo bimariye. Ariko ndakwinginze kubw’imbabazi<br />

z’Imana, ngo we kunyigana mu bupfapfa wabonye ngwamo.” Inyuma ku ibahasha yongeyeho<br />

ati, “Ndakwinginze ncuti yanjye, ntuzigere ufungura iyi baruwa utaramenya neza ko<br />

napfuye.” 50<br />

Mu rugendo rwe aho yanyuraga hose, Huse yagiye abona ibimenyetso byo kwamamara<br />

kw’inyigisho ze ndetse n’ubwuzu abantu bazakiranye. Imbaga y’abantu benshi bazaga<br />

kumusanganira kandi mu mijyi imwe abacamanza bamuherekezaga mu tuyira tw’iwabo.<br />

Ageze i Constance, Huse yahawe umudendezo wuzuye. Ku rwandiko rw’inzira yari<br />

yarahawe n’umwami w’abami hiyongereyeho ubwishingizi bwo kurindwa yahawe na Papa.<br />

Ariko, kubwo kurenga kuri ayo mabwiriza yari yarakomeje guhabwa yihanangirizwa,<br />

bidatinze uwo Mugorozi yaje gufatwa biturutse ku itegeko rya Papa n’ibyegera bye<br />

(abakaridinari), maze ajugunywa mu kazu k’imbohe kabi cyane. Hanyuma yaje kujyanwa<br />

muri gereza ikomeye iri hakurya y’umugezi wa Rhine maze arahafungirwa. Icyo gikorwa kibi<br />

Papa yakoze ntacyo cyamumariye cyane kuko nyuma y’igihe gito nawe yafashwe<br />

agafungirwa muri iyo gereza.” 51 Uwo mupapa yahamirijwe imbere y’inama nkuru ko<br />

ahamwa n’ibyaha ndengakamere bigeretse ku bwicanyi, guca abantu amafaranga ngo<br />

hakorwe imihango yera, ubusambanyi, n’ibindi “byaha bidakwiriye kuvugwa mu mazina”.<br />

Uko ni ko abagize inama ubwabo bavuze maze amaherezo uwo mupapa yamburwa ikamba<br />

ry’ubupapa ajugunywa muri gereza. Abamurwanyaga nabo bakuweho maze hatorwa Papa<br />

mushya.<br />

71

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!