15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Umujyi wa Prague wuzuye umuvurungano. Abantu benshi barwanya Huse ko ari we<br />

ntandaro y’ibyago byabo byose kandi basaba ko yashyikirizwa ubutegetsi bw’i Roma ngo<br />

abiryozwe. Kugira ngo acubye uwo muvurungano, umugorozi Huse yaratorotse maze ajya<br />

kumara igihe mu mudugugu avukamo. Ubwo yandikiraga incuti ze yari yarasize i Prague<br />

yaravuze ati: ” Niba narabasize, nakurikije amabwiriza n’urugero bya Yesu Kristo.<br />

Nabikoreye kugira ngo ne guha abagizi ba nabi urwaho rwo gukora ibibaciraho iteka, kandi<br />

ngo ne guteza abubaha Imana umubabaro no gutotezwa. Nabaye mbavuyemo kandi mbitewe<br />

no kumenya ko abapadiri bafite umutima mubisha ko bagomba kumara igihe kirekire<br />

bakomeza kubuzanya kubwiriza ijambo ry’Imana muri mwe. Nyamara ntabwo nabasize<br />

kubwo guhakana ukuri kw’Imana kuko ari ko niteguye kuzira mbifashijwemo n’Imana.” 46<br />

Ntabwo Huse yahagaritse ibikorwa bye ahubwo yagendereraga uturere tumukikije,<br />

akabwiriza imbaga y’abantu babaga bafite inyota yo kumwumva. Uko niko ibyemezo Papa<br />

yafashe byo gukoma mu nkokora ubutumwa bwiza byatumaga burushaho kwamamara cyane.<br />

“ Kuko nta cyo dushobora gukora ngo turwanye ukuri, keretse kukurwanira.” 47<br />

“Muri ibyo bihe by’umurimo we, intekerezo za Huse zasaga n’isibaniro ry’intambara<br />

ikomeye. Nubwo itorero ryashakaga kumukangisha rikoresheje imbaraga nyinshi, yari<br />

acyemera ubushobozi bwaryo. Kuri we itorero ry’i Roma ryari rikiri umugeni wa Kristo kandi<br />

Papa ari uhagarariye Imana n’umusimbura wa Yo. Icyo Huse yarwanyaga cyari ugukoresha<br />

ubutware nabi kwa Papa. Ntabwo yarwanyaga ubupapa ubwabwo. Ibi byateye amakimbirane<br />

akomeye hagati y’ibyo ubwenge bwe bwemeraga n’ibyo umutimanama we wamusabaga.<br />

Niba ubutware bwa Papa ari ubw’ukuri kandi butibeshya nk’uko yizeraga ko ari ko buri, ni<br />

mu buhe buryo yaje kumva ahatirwa kutabwumvira? Yabonaga ko kubwumvira ari ugukora<br />

icyaha, ariko akibaza ati, “Ni mpamvu ki kumvira itorero ritibeshya byageza umuntu kuri iyo<br />

ngorane?” Iki cyari ikibazo atashoboraga gukemura kandi kwari ugushidikanya<br />

kwamubuzaga amahoro buri saha.<br />

Umuti wegereye igisubizo Huse yashoboraga gutanga wari uko, nk’uko byari byarabaye<br />

mu gihe Umukiza yari ku isi, abatambyi b’itorero bari barabaye abantu babi kandi<br />

bakoreshaga ubushobozi bahabwa n’amategeko bashaka kugera ku ntego zitemewe nayo. Ibi<br />

byamuteye kwihitiramo ubuyobozi, kandi yigisha n’abandi kwihitiramo ubwabo. Yahisemo<br />

kugendera ku mvugo ivuga ko amahame y’Ibyanditswe, igihe yinjiye mu mutima w’umuntu<br />

mu buryo busobanutse, ari yo agomba gutegeka umutimanama. Mu yandi magambo ni uko<br />

Imana ivugira muri Bibiliya kandi ko ari yo muyobozi wenyine utayobya. Ntabwo rero ari<br />

itorero rivuga rikoresheje abapadiri.<br />

Nyuma y’igihe runaka ituze rimaze kugaruka i Purage, Huse yagarutse muri Kiliziya y’i<br />

Betelehemu kugira ngo akomezanye umwete n’ubutwari kubwiriza Ijambo ry’Imana. Abanzi<br />

be bakoraga cyane kandi bafite imbaraga, ariko umwamikazi na benshi mu bantu bakomeye<br />

bari incuti ze bityo abantu benshi bajya ku ruhande rwe. Kubera kugereranya amahame<br />

adafasha imitima abapadiri bashyizweho na Roma babwirizaga, ubugugu n’ubusambanyi<br />

68

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!