15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 6 - Intwari Ebyiri<br />

Ubutumwa bwiza bwari bumaze gushinga imizi i Boheme kuva mu itangira ry’ikinyejana<br />

cya cyenda. Bibiliya yari isobanuwe kandi ibiterane rusange by’amasengesho byakorwaga<br />

mu rurimi rwumvwa noneho n’abantu bose. Nyamara uko ububasha bwa Papa bwarushagaho<br />

kwiyongera, niko Ijambo ry’Imana ryibagiranaga. Gregori wa VII, wari wariyemeje gucisha<br />

bugufi ubwibone bw’abami, yari anagendereye kugira abantu inkoreragahato ze. Ni cyo<br />

cyatumye hasohoka urwandiko rubuzanya ko kuramya mu ruhame byakorwa mu rurimi rwa<br />

ab’i Boheme. Papa yavuze ko “Imana ishimishwa n’uko kuyiramya byakorwa mu rurimi<br />

rutazwi kandi ko ibibi byose n’ubuyobe byakomotse ku kudakurikiza iryo tegeko.” 43 Nguko<br />

uko Roma yategetse ko umucyo w’Ijambo ry’Imana wazima kandi abantu bakarindagirira mu<br />

mwijima. Nyamara Imana yari yarateganyije ubundi buryo buzatuma itorero ryayo<br />

ridahungabana. Benshi mu Bawalidensi n’Abalibijensi bari barameneshejwe mu ngo zabo mu<br />

Bufaransa n’Ubutaliyani baje i Boheme. Nubwo batatinyukaga kwigisha ku mugaragaro,<br />

bakoranaga umwete rwihishwa. Nguko uko kwizera nyakuri kwagiye kurindwa uko ibihe<br />

byagiye biha ibindi.<br />

Mbere y’igihe cya Huse, i Boheme hadutse abantu bahagurukiye kwamagana ku<br />

mugaragaro amakosa y’itorero n’ibyaha byakorwaga n’abantu b’icyo gihe. Ibyo bakoraga<br />

byakanguye abantu ba hafi na kure. Abatware bakuru ba Roma bagize ubwoba maze baherako<br />

bahagurukira abigishwa b’ubutumwa bwiza barabatoteza. Byabaye ngombwa ko bajya<br />

bagirira ibiterane by’amasengesho mu mashyamba no mu misozi maze abasirikare<br />

bakabahiga kandi benshi baricwaga. Hashize igihe, hatanzwe itegeko ko abantu bose<br />

bitandukanyije n’imisengere y’itorero ry’i Roma bakwiriye gutwikwa. Ariko mu kwemera<br />

kubura ubuzima bwabo, abo Bakristo bari bategereje intsinzi y’umurimo biyemeje. Ubwo<br />

umwe mu bigishaga ko “agakiza kabonerwa mu kwizera Umukiza wabambwe” yapfaga,<br />

yaravuze ati: “Ubu umujinya w’abanzi b’ukuri waduhagurukiye nyamara ntuzahoraho iteka;<br />

hazaduka umuntu uvuye muri rubanda rugufi, adafite inkota cyangwa ubutware, kandi<br />

ntibazashobora kumuhangara.” 44 Igihe cyo kuza kwa Luteri cyari kitaragera, nyamara hari<br />

uwari yatangiye guhaguruka kandi ubuhamya bwe burwanya Roma bwari kunyeganyeza<br />

amahanga.<br />

Yohana Huse yavukiye mu muryango woroheje, kandi se yapfuye Huse akiri muto cyane<br />

amusiga ari impfubyi. Nyina yari umubyeyi w’imico myiza wabonaga ko uburere bwiza no<br />

kubaha Imana ari byo butunzi bukomeye kuruta ubundi, bityo yashatse gusigira uyu murage<br />

uwo mwana we. Huse yize mu ishuri ryo mu cyaro, aza kuzashobora kwinjira muri Kaminuza<br />

y’i Prague yamwakiriye akajya yiga afashwa n’ishuri. Mu rugendo rwe ajya i Prague<br />

yaherekejwe na nyina wari umupfakazi kandi akennye. Nta mpano zo mu butunzi bw’isi nyina<br />

yari afite ngo azihe uwo muhungu we, ariko ubwo bari bageze hafi y’umujyi munini,<br />

yapfukamye iruhande rw’umwana we w’impfubyi maze amusabira imigisha kuri Se wo mu<br />

ijuru. Uwo mubyeyi ntiyasobanukirwaga neza n’uburyo isengesho rye ryajyaga kuzasubizwa.<br />

65

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!