15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

“Nta muntu w’indahemuka wagombye gukurikira yaba Papa ubwe cyangwa uwo ari we<br />

wese mu batagatifu, igihe cyose yiyemeje kugendera mu nzira z’Umukiza Yesu —Kristo.<br />

Kuko Petero n’abahungu ba Zebedayo, bamukojeje isoni mu gihe bishakiraga ibyubahiro<br />

by’isi, aho kugera ikirenge mu cya Kristo. Kubw’ibyo rero ntibakwiriye gukurikizwa muri<br />

ayo makosa bakoze.. . .<br />

Yakomeje agira ati, “Papa yari akwiriye kwegurira abategetsi b’isi ubutware n’ubushobozi<br />

kandi akabisaba n’ibyegera bye kuko ibyo ari byo Kristo yakoze ndetse n’abigishwa be<br />

by’umwihariko. Bityo rero, niba narateshutse no ku ngingo imwe muri izo mvuze, ndemera<br />

guca bugufi ngakosorwa ndetse binyuze no mu rupfu bibaye ngombwa. Kandi niba nkora<br />

nkurikije ubushake bwanjye n’ibyo nifuza, nakwemera rwose kwitaba umwepisokopi w’i<br />

Roma. Ariko Umukiza yangendereye mu buryo buhabanye n’ubwo kandi yanyigishije kubaha<br />

Imana kuruta abantu.”<br />

Mu gusoza urwandiko rwe yaravuze ati, “Dusabe Imana yacu ngo ikorere muri Papa wacu<br />

Urbain wa VI, nk’uko yabitangiye, ngo we ubwe n’abamwungirije babashe kugera ikirenge<br />

mu cy’Umukiza Yesu-Kristo mu mibereho no mu myifatire; kandi ngo babashe kwigisha<br />

abantu uko bikwiriye bityo babahe urugero rwiza bakwiriye kugenderamo.” 39<br />

Nguko uko Wycliffe yeretse Papa n’abakaridinali be ubugwaneza no kwicishije bugufi,<br />

abagaragariza ndetse n’abakristo bose itandukaniro hagati yabo n’Umukiza Yesu bavuga ko<br />

bahagarariye.<br />

Wycliffe yari yiteguye rwose ko ubuzima bwe buri buhinganywe no kuba indahemuka<br />

kwe. Umwami, Papa n’abepisikopi bose bari bifatanyirije hamwe kumuhitana, kandi<br />

byagaragaraga ko hasigaye amezi make gusa akicwa ariko ubutwari bwe ntibwacogoye.<br />

Yaravuze ati: “Kuki muvuga ibyo gushakira kure uwo mwambika ikamba ahowe Imana?”<br />

“Nimubwirize ubutumwa bwa Kristo abakuru mu by’idini bishyira hejuru bityo<br />

abarenganirizwa ibyo ntimuzababura. Mbese nkwiriye kubaho ncecetse?. . . Ntibikabeho!<br />

Ikigomba kumbaho cyose ndagitegereje.” 40<br />

Nyamara ubuntu bw’Imana bwakomeje kurinda umugaragu wayo. Umugabo wamaze<br />

igihe cyose cy’imibereho ye arwanira ukuri ashize amanga, mu kaga yahuraga na ko mu<br />

buzima bwe bwose, ntiyabashaga kugwa mu mutego w’urwango rw’abanzi be. Nta gihe na<br />

kimwe Wycliffe yashatse kwirwanirira ahubwo Uhoraho yagiye amubera umurinzi; kandi<br />

ubwo abanzi be bumvaga bamushyikiriye rwose, ukuboko k’Uwiteka kwarabamukijije.<br />

Umunsi umwe, ubwo yari mu rusengero rw’aho yayoboraga i Lutterworth, agiye gutanga<br />

igaburo ryera, ni bwo yaguye ikinya aragagara, ahita ashiramo umwuka.<br />

Imana ni yo yari yarahaye Wycliffe umurimo we. Ni yo yari yarashyize Ijambo ry’ukuri<br />

mu kanwa ke kandi ni yo yamurindaga kugira ngo iryo jambo ribashe kugera ku bantu.<br />

Ubuzima bwe bwari burinzwe kandi n’imirimo ye imara igihe kirekire ijya mbere kugeza<br />

ubwo urufatiro rw’umurimo ukomeye w’ubugorozi rwamariye gushyirwaho.<br />

61

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!