15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

yajyaga guhatirwa guhakana inyigisho ze bitaba ibyo agasohorwa mu rukiko ajyanwa<br />

gutwikwa.<br />

Nyamara ntabwo Wycliffe yagamburuye, ntabwo yashoboraga kwiyoberanya. Yakomeye<br />

ku nyigisho ze ashize amanga maze avuguruza ibirego by’abamurenganyaga. Yageze aho<br />

areka kwizirikana, yibagirwa icyo ari cyo n’aho yari ari maze ashyira abamuteze amatwi<br />

imbere y’urukiko rw’Imana bityo uburiganya n’uburyarya bwabo abishyira ku munzani<br />

w’ukuri guhoraho. Imbaraga ya Mwuka Muziranenge yumvikanye muri icyo cyumba.<br />

<strong>Umwuka</strong> uturutse ku Mana wagendereye abari bateze amatwi. Basaga n’abadafite imbaraga<br />

ibabashisha kuva aho hantu. Amagambo y’umugorozi yari ameze nk’umwambi urashwe<br />

n’Imana yahuranyije imitima yabo. Ikirego cy’ubuyobe bari bamushyizeho yacyerekeje kuri<br />

bo afite imbaraga itsinda imitima. Yababajije impamvu bahangara gukwirakwiza ibinyoma<br />

byabo bagambiriye inyungu maze bakagurisha ubuntu bw’Imana?<br />

Yasoje agira ati, “Mutekereza ko murwana na nde? Ese ni umusaza nka njye uri ku munwa<br />

w’imva? Reka da! Ahubwo murarwana n’Ukuri, Ukuri kubarusha imbaraga kandi<br />

kuzabatsinda.” 38 Amaze kuvuga ibyo, yasohotse mu rukiko maze ntihagira umuntu n’umwe<br />

mu banzi be utinyuka kumuhagarika.<br />

Wycliffe yari ku ndunduro y’umurimo we. Ibendera ry’ukuri yari yaratwaye igihe kirekire<br />

ryari rigiye gukurwa mu ntoke ze ariko yagombaga kongera guhamya ubutumwa bwiza. Ukuri<br />

kwagombaga kuvugirwa mu ndiri y’ubwami bw’ikinyoma. Wycliffe yahamagariwe gucirwa<br />

urubanza imbere y’urukiko rwa Papa i Roma rwari rwaravushije amaraso kenshi<br />

y’abazirakarengane. Ntabwo Wycliffe yari ayobewe akaga kamutegereje; nyamara iyo<br />

atabuzwa n’indwara yo kugagara ingingo aba yaritabye iryo hamagarwa. Icyakora nubwo ijwi<br />

rye ritabashaga kumvikana i Roma, yashoboraga kuhavugira mu buryo bw’urwandiko kandi<br />

iki ni cyo yiyemeje gukora. Aho yari ari mu buyobozi bw’ishuri rikuru, Wycliffe yandikiye<br />

Papa urwandiko mu mvugo irangwamo kubaha ndetse n’umwuka wa Gikristo. Urwo<br />

rwandiko ubwibone no kwishyira hejuru by’ubutegetsi bwa papa.<br />

Yaravuze ati: “Ni ukuri ndishimye cyane kuba mbonye uburyo bwo kumenyesha umuntu<br />

wese ibyo kwizera kwanjye ndetse by’umwihariko kubimenyesha Umwepisikopi mukuru w’i<br />

Roma. Kuko nzi ko ibyo nizera bitunganye kandi ari ukuri, nawe arahamya uko kwizera<br />

anezerewe cyangwa nikuba ari ubuyobe abikosore.<br />

Ubwa mbere, niringira ko Ubutumwa bwiza bwa Kristo bukubiye hamwe amategeko<br />

y’Imana. . . nemera ko niba Papa ari we uhagarariye Kristo ku isi akwiriye kubahiriza<br />

amategeko y’Imana kurusha abandi bantu bose. Kuko kuba mukuru mu bigishwa ba Kristo<br />

bidashingiye ku byubahiro by’isi, ahubwo bishingiye ku gukurikiza Kristo neza mu mibereho<br />

ye n’imigendere ye. . . Igihe Kristo yari mu rugendo rwe muri iyi isi, yari umukene uri<br />

hanyuma y’abandi, akigizayo kandi akanga kugirwa umutware kose ndetse n’icyubahiro<br />

cy’isi…<br />

60

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!