15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gihugu. Nyamara nubwo bamaraga igihe biberaho gikungu kandi bishimisha, batumaga<br />

abantu b’injiji bashobora guca imigani itangaje, no kuvuga ibitekerezo by’ibihimbano<br />

n’inzenya kugira ngo basetse abantu, bityo barusheho gukomeza kuba abayoboke babo. Abo<br />

bapadiri babaga mu bigo bakomeje kwigarurira imbaga y’abantu bizeraga ubupfumu maze<br />

babatera kwizera ko inshingano yose mu myizerere ikubiyemo kwemera ubutware bwa Papa,<br />

gusenga abatagatifu no guha impano abapadiri kandi ko ibyo bihagije kugira ngo bibaheshe<br />

rwose umwanya mu ijuru.<br />

Abantu b’abanyabwenge kandi b’inyangamugayo bari baragerageje kuzana impinduka mu<br />

mikorere y’ibyo bigo by’abapadiri nyamara biba iby’ubusa. Ariko Wycliffe, mu mirebere ye<br />

yuzuye gusobanukirwa neza, yarwanyije ikibi ahereye mu mizi, avuga yeruye ko iyo gahunda<br />

y’ibyo bigo ubwayo itari ukuri kandi ko ikwiriye kuvaho.<br />

Ibyo byateje impaka n’ibibazo. Uko abapadiri bagendaga mu gihugu bagurisha impapuro<br />

zatanzwe na Papa zihesha imbabazi z’ibyaha, abantu benshi bageze ubwo bashidikanya<br />

uburyo bukoreshwa bwo kugura imbabazi amafaranga, maze bibaza niba batabasha gusaba<br />

imbabazi Imana aho kuzishaka ku mutware w’ikirenga w’i Roma. Ntabwo ari abantu bake<br />

batangazwaga n’ubwambuzi bw’abo bapadiri babaga mu bigo bari bafite umururumba<br />

utarigeraga ushira. Abantu baravugaga bati, “Abihayimana bikingirana mu bigo hamwe<br />

n’abapadiri bashyizweho na Roma bari kutumunga nka kanseri. Imana ikwiye kuturokora<br />

nibitaba ibyo abantu bazarimbuka.” 33<br />

Mu rwego rwo guhisha umururumba wabo, abo bapadiri basabirizaga bahamyaga ko<br />

bakurikiza urugero rw’Umukiza, bakavuga ko Yesu n’intumwa ze babeshwagaho n’impano<br />

bahawe n’abantu. Urwo rwitwazo rwateje akaga mu murimo wabo kuko byatumye abantu<br />

benshi bajya gusoma Bibiliya kugira ngo bimenyere ukuri. Iyo yabaye ingaruka ikomeye<br />

Roma itifuzaga na gato. Intekerezo z’abantu zerekejwe ku Isoko y’ukuri Roma yari<br />

yaragambiriye guhisha.<br />

Wycliffe yatangiye kwandika no gukwirakwiza inyandiko zivuguruza abapadiri, nyamara<br />

ntiyifuzaga cyane ku kujya impaka nabo, ahubwo yari ashishikajwe no kwerekeza intekerezo<br />

z’abantu ku byo Bibiliya yigisha no ku Uwayandikishije. Yavuze ko uretse n’abapadiri<br />

basanzwe na Papa ubwe adafite ubushobozi bwo kubabarira ibyaha cyangwa ubwo guca<br />

umuntu mu itorero kereka uwo muntu ubwe abanje kwizanira gucibwaho iteka n’Imana. Nta<br />

bundi buryo bwiza yajyaga gukoresha asenya gahunda iremereye ityo y’ubuyobozi<br />

bw’iby’umwuka yashyizweho na Papa kandi yari yaragize imbohe miliyoni nyinshi z’abantu.<br />

Wycliffe yongeye guhamagarirwa kurengera uburenganzira bw’ubwami<br />

bw’Ubwongereza imbere yo kubuvogera kwa Roma. Amaze kugirwa uhagarariye<br />

(ambasaderi) umwami, Wycliffe yamaze imyaka ibiri mu Buholandi agirana ibiganiro<br />

n’intumwa za Papa. Muri ibyo biganiro yabashije kuvugana n’abayobozi b’idini bavuye mu<br />

Bufaransa, Ubutaliyani, na Esipanye, kandi agira umwanya wo kubona ibyari byihishe<br />

inyuma y’ibyakorwaga no kumenya ibintu byinshi atari kuzasobanukirwa ari mu<br />

55

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!