15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

gihugu; kandi abanzi be ntibabashaga kubona aho bahera barwanya ubugorozi bashingiye ku<br />

bujiji cyangwa intege nke z’ukurangaje imbere.<br />

Igihe Wycliffe yari akiri mu mashuri nibwo yatangiye kwiga Ibyanditswe. Muri ibyo bihe<br />

bya mbere ubwo Bibiliya yari yanditswe mu ndimi za kera gusa, abari barize ni bo babashaga<br />

kubona inzira ibageza ku isoko y’ukuri. Iyo nzira yari ifunzwe ku matsinda y’abari batarize.<br />

Bityo inzira yari yaramaze gutegurirwa Wycliffe mu murimo yari kuzakora nk’Umugorozi.<br />

Abantu bajijutse bari barize Ijambo ry’Imana kandi bari barabonye ukuri gukomeye k’ubuntu<br />

bw’Imana buhishurwa muri byo. Mu myigishirize yabo bari barakwirakwije uku kuri kandi<br />

bari barayoboye abandi ngo bagaruke ku nyigisho nzima.<br />

Ubwo intekerezo za Wycliffe zerekeraga ku Byanditswe, yitangiye kubicukumburana<br />

umwete nk’uwo yari afite wari waramubashishije kumenya neza ibyo yigaga mu mashuri.<br />

Kugeza icyo gihe yari yarumvise hari icyo abura gikomeye adashobora kubona mu byo yize<br />

cyangwa ngo agikure mu nyigisho z’idini. Mu Ijambo ry’Imana yabonyemo icyo yari<br />

yarabuze mbere hose. Yasanze inama y’agakiza ihishurwa mu Byanditswe kandi na Kristo<br />

yerekanwa nk’umuvugizi umwe rukumbi w’umuntu. Yitangiye gukora umurimo wa Kristo<br />

kandi yiyemeza kwamamaza ukuri yari yaravumbuye.<br />

Kimwe n’abagorozi bakurikiyeho, ku itangira ry’umurimo we, ntabwo Wycliffe yabonaga<br />

aho uzamugeza. Ntabwo yapfuye kwiyemeza kutavuga rumwe na Roma. Ariko uko yari<br />

yariyeguriye ukuri nta kindi byajyaga gukora uretse kumutera guhangana n’ikinyoma. Uko<br />

yarushagaho kubona neza amakosa y’ubupapa ni ko yongeraga umurego mu kwigisha<br />

inyigisho ya Bibiliya. Yabonye ko Roma yari yarasimbuje Ijambo ry’Imana imigenzo<br />

y’abantu. Yavuze ashize amanga maze ashinja abapadiri kuba barabuzanyije Ibyanditswe<br />

Byera, kandi asaba ko Bibiliya yakongera guhabwa abantu ndetse ikongera guhabwa agaciro<br />

kayo mu itorero. Yari umwigisha ubishoboye kandi w’umunyamurava ndetse yari<br />

n’umubwiriza w’intyoza. Ikindi kandi, imibereho ye ya buri munsi yagaragazaga ukuri<br />

yabwirizaga. Ubumenyi bw’Ibyanditswe yari afite, imbaraga ze zo gutekereza, ubutungane<br />

bw’imibereho ye, umurava we udacogora n’ubunyangamugayo bwe byamuhesheje<br />

icyubahiro n’icyizere muri rubanda. Uko babonaga uburyo icyaha cyari cyarahawe intebe mu<br />

itorero ry’i Roma, abenshi muri rubanda bari barageze aho bumva bazinutswe imyizerere<br />

isanzwe, bityo bakirana ibyishimo bitavugwa ibitekerezo bizanywe na Wycliffe; nyamara<br />

abapadiri bari buzuye uburakari bukaze ubwo babonaga ko uyu Mugorozi ari kugira ijambo<br />

kubarusha.<br />

Wycliffe yari umuhanga ubasha kuvumbura ikosa, kandi yarwanyije ibibi byakorwaga<br />

n’ubutegetsi bwa Roma ashize ubwoba. Mu gihe yari ashinzwe iby’iyobokomana i bwami,<br />

yarwanyije itegeko rya Papa ryasabaga umwami w’Ubwongereza guha Papa umusoro kandi<br />

yerekana ko ubutware ubupapa bwihaye ku batware b’isi bwari bunyuranyije n’umutimanama<br />

ndetse n’ibyo Imana ihishurira abantu. Ibyo Papa yasabaga byari byarateje abantu kuzinukwa<br />

ku buryo inyigisho za Wycliffe zahinduye ibitekerezo by’abategetsi bakuru mu gihugu.<br />

53

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!