15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 5 - Abaharanira Ukuri<br />

Mbere y’Ivugurura, hariho amakopi make cyane ya Bibiliya, ariko ntabwo Imana yari<br />

yaremeye ko Ijambo ryayo ritsembwaho burundu. Ntabwo ukuri kwaryo kwagombaga<br />

guhishwa by’iteka ryose. Imana yashoboraga no guca iminyururu yari iboshye amagambo<br />

y’ubugingo biyoroheye nk’uko yabashaga gukingura imiryango ya gereza kandi igafungura<br />

inzugi z’ibyuma kugira ngo ishyire abagaragu bayo mu mudendendezo. Mu bihugu<br />

bitandukanye by’i Burayi, abantu bakoreshejwe na Mwuka w’Imana bashakashaka ukuri<br />

nk’ushaka ubutunzi buhishwe. Barinzwe kandi bayobowe n’Imana ku Byanditswe Byera<br />

kandi impapuro zabyo baziganaga umuhati mwinshi. Bari biteguye kwakira umucyo batitaye<br />

ku byababaho ibyo ari byo byose. Nubwo batasobanukiwe neza n’ibintu byose, babashishijwe<br />

kubona ukuri kwari kumaze imyaka myinshi kwarahishwe. Nk’intumwa zoherejwe n’Ijuru,<br />

bagiye hirya no hino baca iminyururu y’ubuyobe n’ubupfumu bakararikira abantu bari<br />

baragizwe imbata igihe kirekire guhaguruka bakava mu buretwa bakajya mu mudendezo.<br />

Usibye mu Bawalidense gusa, Ijambo ry’Imana ryari ryaramaze imyaka myinshi riri mu<br />

ndimi zari zizwi n’abize gusa gusa; ariko noneho igihe cyari kigeze kugira ngo Ibyanditswe<br />

byera bisobanurwe mu zindi ndimi kandi bihabwe abantu bo mu bihugu bitandukanye biri mu<br />

ndimi zabo za kavukire. Isi yari ivuye mu gihe cy’umwijima w’icuraburindi yari irimo.<br />

Amasaha y’umwijima yari agiye kurangira, kandi mu bihugu byinshi byasaga n’aho<br />

habonetse ibimenyetso by’urukerera.<br />

Mu kinyejana cya cumi na kane, mu Bwongereza harashe “inyenyeri yo mu rukerera<br />

y’Ubugorozi.” Ntabwo Johana Wiklife yari integuza y’ubugorozi mu Bwongereza gusa,<br />

ahubwo n’ahandi hose harangwaga ubukristo. Kutemera inyigisho z’i Roma kwe gukomeye<br />

ntikwari guteze kwibagirana. Uko kurwanya izo nyigisho kwatangije urugamba rwagombaga<br />

gutuma habaho ukwishyira ukizana kw’abantu ku giti cyabo, amatorero ndetse n’ibihugu.<br />

Wycliffe yari yarahawe uburere bwamuhesheje umudendezo; ku bwe gutinya Uwiteka ni<br />

byo shingiro ry’ubwenge. Mu mashuri yigagamo yarangwagaho imico iboneye n’impano<br />

zitangaje ndetse n’ubumenyi buhanitse. Mu mibereho ye yari ifitiye inyota ubumenyi,<br />

yashakaga kumenya ibyigwa by’uburyo bwose. Yigishijwe iby’ubucurabwenge, amategeko<br />

y’itorero n’iby’amategeko mbonezamubano y’igihugu cye by’umwihariko. Agaciro k’ibyo<br />

yize akiri muto kaje kugaragara mu byo yakoze nyuma. Kumenya neza iby’ubucurabwenge<br />

bwo mu gihe cye byamubashishije gushyira ahagaragara ubuyobe buburimo; kandi kuba<br />

yarize iby’amategeko y’igihugu n’ay’itorero byatumye yari yiteguye kujya mu rugamba rwo<br />

guharanira umudendezo w’abantu muri rusange no mu by’idini. Nubwo yari ashoboye<br />

gukoresha intwaro akuye mu Ijambo ry’Imana, yari afite ikinyabupfura yakuye mu mashuri<br />

kandi yari asobanukiwe no gukoresha amayeri nk’umuntu wize. Imbaraga z’ubuhanga bwe,<br />

ubwinshi n’uburemere by’ubwenge bwe byatumaga abanzi n’incuti ze bamwubaha. Abari<br />

baramuyobotse bumvaga banyuzwe n’uko ubarangaje imbere ari umwe mu bantu b’imena mu<br />

52

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!