15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

k’indyarya kuzuye ubwibone kagomba kwicwa nk’inzoka z’ubusabwe.”-Wylie, b.16, ch.I.<br />

Mbese uyu muyobozi w’ikirenga w’idini wirataga yarazirikanaga ko azabazwa iby’ayo<br />

magambo? Mbese yaba yari azi ko ayo magambo yanditswe mu bitabo byo mu ijuru kugira<br />

ngo azamubere umushinja ku munsi w’urubanza? Yesu yaravuze ati, “ Ndababwira ukuri<br />

yuko ubwo mwabikoreye umwe muri bene Data, aba boroheje bari hanyuma y’abandi, ari jye<br />

mwabikoreye.” 30<br />

Iryo tegeko rya Papa ryararikiraga abayoboke b’itorero bose guhagurukira kurwanya<br />

abanyuranya nabo. Agahimbazamusyi kahabwaga abirunduriraga muri iki gikorwa cyo<br />

kuvusha amaraso kari uko, ‘byaheshaga umuntu imbabazi ku gihano cyose cy’icyaha cyose<br />

gikorewe itorero cyaba ikiri rusange cyangwa icyihariye; abantu bose bajyaga muri uru<br />

rugamba rwo kuvusha byabakuragaho indahiro zose bari bararahiye, bikabahesha<br />

uburenganzira bwemewe n’amategeko ku mitungo bashoboraga kuba baragezeho mu buryo<br />

butemewe; kandi umuntu wese wabashaga kwica uwo ari we wese utaremeraga inyigisho<br />

z’ubupapa yasezeranirwaga imbabazi z’ibyaha bye byose. Iryo tegeko ryakuragaho<br />

amasezerano y’uburyo bwose umuntu yabaga yaragiranye n’Abavoduwa, rigategeka<br />

ababakoreraga mu ngo bose kubavaho, rikabuza abantu bose kugira ubufasha ubwo ari bwo<br />

bwose babaha kandi rigahesha uburenganzira abantu bose bwo kwigarurira imitungo<br />

y’Abavoduwa.’ -Wylie, b.16. ch.I. Iryo tegeko rihishura mu buryo bugaragara umwuka wari<br />

wihishe inyuma y’ibyabaga. Ni ukuvuga kw’ikiyoka, ntabwo ari ijwi rya Kristo ryumvikana<br />

muri iyo nyandiko.<br />

Ntabwo abayobozi bashyizweho n’ubupapa bashakaga ko imico yabo igendera ku<br />

mahame ntavuguruzwa y’amategeko y’Imana. Ahubwo bashyizeho urugero ruhuje<br />

n’ubushake bwabo bwite kandi biyemeza guhatira abantu bose kubikurikiza kubera ko ari ko<br />

Roma yabishakaga. Hakozwe ubugome buteye ubwoba bikabije. Abapadiri n’abapapa<br />

bangiritse kandi batukishaga Imana bakoraga umurimo Satani yabashinze. Nta mbabazi<br />

zabarangwagamo. <strong>Umwuka</strong> wabambishije Kristo kandi ukica intumwa, wa wundi<br />

wakoresheje Nero wagiraga inyota yo kuvusha amaraso akarwanya indahemuka ku Mana zo<br />

mu gihe cye, wari ku murimo kugira ngo utsembeho abo Imana yakundaga.<br />

Akarengane kamaze imyaka ibinyejana byinshi kibasiye aba bantu bubahaga Imana,<br />

bakihanaganiye badatezuka kandi badakebakeba bubaha Umukiza wabo. Nubwo bari<br />

bugarijwe n’ibyo bitero byabahigaga ndetse no kwicwa bunyamaswa, bakomeje kohereza<br />

abavugabutumwa babo kugira ngo bajye kwamamaza ukuri kw’agaciro kenshi. Barahigwaga<br />

kugeza ubwo biciwe ariko amaraso yabo yavomereraga imbuto babaga babibye kandi<br />

ntiyaburaga kwera imbuto. Nguko uko Abavoduwa bahamije Imana mu binyejana byinshi<br />

mbere yo kuvuka kwa Luteri (Luther). Batatanirijwe mu turere twinshi, babibye imbuto<br />

z’ivugurura (ubugorozi) ryatangiye mu gihe cya Wycliffe, zikarushaho kwamamara no<br />

gushinga imizi mu gihe cya Luteri, kandi kugeza ku iherezo ry’ibihe, zigomba gukomeza<br />

kwamamazwa n’abemera kubabazwa kose “babahora Ijambo ry’Imana no guhamya kwa<br />

Yesu” 31<br />

50

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!