15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igihe cyinshi ntibongeraga kubona iyo ntumwa yamamaza ukuri. Yabaga yagiye mu bindi<br />

bihugu, cyangwa se akaba ari mu kazu k’imbohe ahantu hatazwi, cyangwa ahari amagufa ye<br />

akaba yumira aho yari yaravugiye ukuri. Nyamara amagambo yabaga yarabasigiye<br />

ntiyashoboraga gukurwaho burundu. Yakomezaga gukora umurimo wayo mu mitima<br />

y’abantu kandi umusaruro mwiza wavagamo uzamenyekana mu buryo bwuzuye ku munsi<br />

w’urubanza gusa.<br />

Abavugabutumwa b’Abawalidense (Abavoduwa) bigaruriraga ubwami bwa Satani bityo<br />

imbaraga z’umwijima zihagurukana ubukana bwinshi. Satani yitegerezaga umuhati wose<br />

wakoreshwaga mu guteza imbere ukuri maze akangura ubwoba bw’abakozi be. Abayobozi<br />

bakorera Papa babonye akaga kazaba ku murimo wabo gaturutse mu bikorwa by’abo<br />

bavugabutumwa bakorana ubwitonzi no kwicisha bugufi. Iyo umucyo w’ukuri uza<br />

kwemererwa kurasa nta nkomyi ushyizwe imbere, uba wareyuye ibicu by’ubuyobe byari<br />

bigose abantu. Washoboraga kwerekeza intekerezo z’abantu ku Mana yonyine kandi<br />

ugasenya isumbwe rya Roma.<br />

Kubaho kw’aba bantu bari bagishikamye ku kwizera kw’Itorero rya mbere, byari<br />

igihamya kidahinduka kigaragaza ubuyobe bwa Roma kandi ku by’ibyo kwabyukije urwango<br />

rukomeye n’akarengane gakabije. Kwanga gutatira ibyanditswe kwabo nako kwabaye icyaha<br />

Roma itabasha kwihanganira. Roma yagambiriye kubakura mu isi. Hahise hatangira ubugizi<br />

bwa nabi bwo guhiga ubwoko bw’Imana mu ngo zabo zari mu misozi. Babakurikiranaga aho<br />

banyuze hose kandi akenshi hasubirwagamo ibyabaye kuri Abeli umuziranenge waguye<br />

imbere ya Kayini w’umwicanyi.<br />

Inshuro nyinshi imirima yabo yarumbukaga cyane yagirwaga imyirare, amazu yabo<br />

n’insengero bigasenywa ku buryo ahantu hose habaga imirima irumbuka n’ingo z’abantu<br />

b’inziramakemwa kandi b’abanyamurava hasigaye ari nk’ubutayu. Nk’uko inyamaswa<br />

irushaho kuba inkazi bitewe no kunywa amaraso, ni ko umujinya w’inkazi w’abayoboke ba<br />

Papa warushijeho kuba mwinshi bitewe n’imibabaro y’abo bicaga. Umubare munini w’abo<br />

bahamya b’ukwizera nyakuri wakurikiranywe mu misozi kandi bagahigwa mu bibaya aho<br />

bihishaga mu mashyamba y’inzitane no mu mpinga z’ibitare.<br />

Nta kirego cy’imico mibi bashoboraga gushyira kuri iri tsinda ryari ryarahawe akato.<br />

Ndetse n’abanzi babo bemezaga rwose ko ari abanyamahoro, batuje kandi ko ari<br />

inyangamugayo. Icyaha cyabo gikomeye cyari uko batemeraga gusenga Imana mu buryo<br />

buhuje n’ubushake bwa Papa. Kubw’iki cyaha, bagezweho no gukozwa isoni kose, ibitutsi no<br />

kwicwa urw’agashinyaguro abantu cyangwa abadayimoni bashobora guhimba.<br />

Ubwo igihe kimwe Roma yiyemezaga kurimbura iryo tsinda ryangwaga, Papa yasohoye<br />

itegeko ribaciraho iteka ko ari abahakanyi kandi bakwiriye kwicishwa inkota. Ntibarezwe ko<br />

ari abanebwe cyangwa abariganya cyangwa abateza umuvurungano; ahubwo byavugwaga ko<br />

ari abantu barangwaho ubwitonzi n’ubutungane byareshyaga “intama z’umukumbi nyakuri.”<br />

Ni cyo cyatumye Papa atanga itegeko yuko niba batemera kwisubiraho “ako gatsiko<br />

49

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!