15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ibyaha byanjye.” Bishingikirizaga byimazeyo ku byo Yesu yakoze, bagasubira muri aya<br />

magambo bati: “ Ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza.” 27 ‘ Kandi nta wundi agakiza<br />

kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y’ijuru ryahawe abantu, dukwiriye<br />

gukirizwamo.” 28<br />

Bamwe mu bafite imitima itentebutse ntibyaboroheye gusobanukirwa n’ubwishingizi<br />

bw’urukundo rw’Umukiza. Ariko guhumurizwa byazanaga kwari kwinshi. Umucyo mwinshi<br />

warabarasiye kugeza babaye nk’abageze mu ijuru. Ibiganza byabo byari bishikamye mu<br />

kiganza cya Kristo; kandi ibirenge byabo byari bishinzwe ku Rutare rw’iteka. Gutinya urupfu<br />

kose ntikwari kukibarangwamo. Bajyaga guhitamo gushyirwa mu nzu y’imbohe cyangwa<br />

gukubitwa ibiboko kubw’uko kugirirwa batyo byahesha icyubahiro izina ry’Umucunguzi<br />

wabo.<br />

Uko ni ko Ijambo ry’Imana ryagezwaga ahantu hihishe kandi rimwe na rimwe<br />

rigasomerwa umuntu umwe, ubundi rigasomerwa itsinda ry’abantu babaga bifuza cyane<br />

kwakira umucyo n’ukuri. Kenshi bakeshaga ijoro baryiga. Gutangara kw’ababaga bateze<br />

amatwi kwabaga ari kwinshi ku buryo kenshi uwavugaga ubutumwa bw’ubuntu yahatirwaga<br />

kudahagarika gusoma kugeza ubwo abantu babashije gusobanukirwa ubutumwa bw’agakiza.<br />

Kenshi habashaga kumvikanaga amagambo nk’aya ngo: “Mbese Imana izemera ituro<br />

ryanjye? Mbese Imana izamwenyurira? Mbese izambabarira?” Hasomwaga igisubizo ngo: “<br />

Mwese abarushye n’abaremerewe, nimuze munsange, ndabaruhura.” 29<br />

Ukwizera kwakiraga isezerano maze hakumvikana igisubizo kinejeje ngo: “Hehe no<br />

kongera gukora ingendo ndende; gukora ingendo njya ku tununga dutagatifu birashize.<br />

Nshobora gusanga Yesu uko ndi, ndi umunyabyaha kandi ntatunganye, kandi ntazasubiza<br />

inyuma isengesho ryo kwihana. ‘Ibyaha byawe urabibabariwe.’ “Ibyaha byanjye nabyo<br />

bishobora kubabarirwa!”<br />

Ibyishimo byabashaga kuzura umutima kandi izina rya Yesu rikererezwa binyuze mu<br />

gusingiza no gushima. Abo bantu babaga banezerewe basubiraga mu ngo zabo bagiye<br />

gukwirakwiza umucyo, bagakora uko bashoboye kose kugira ngo babwire abandi<br />

iby’imibereho yabo mishya; bakababwira ko bamaze kubona Inzira nyakuri kandi nzima. Mu<br />

magambo Ibyanditswe Byera byabwiraga imitima y’abari basonzeye ukuri hari harimo<br />

imbaraga idasanzwe kandi ikomeye. Ryari jwi ry’Imana kandi ryateye abaryumvise kwemera.<br />

Intumwa yamamazaga ukuri yakomeje urugendo rwayo; ariko kwicisha bugufi kwayo,<br />

kuvugisha ukuri, kumaramaza kwayo, ubwitange n’umurava byahoraga bizirikanwa. Ahenshi<br />

abategaga iyo ntumwa amatwi ntabwo bayibajije aho iturutse n’aho igana. Abantu bari<br />

barishimye cyane, ubwa mbere bafite gutangara nyuma gukurikirwa no gushima n’ibyishimo,<br />

ku buryo batigeze batekereza kwibaza iby’iyo ntumwa. Iyo bamurarikiraga kujyana nabo mu<br />

ngo zabo, yasubizaga ko agomba gusura intama zazimiye zo mu mukumbi. Ibyo byatumaga<br />

bibaza niba atari Umumarayika waturutse mu ijuru.<br />

48

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!