15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ubwo burere bwari ishuri ry’umuruho no kubabara ariko bwatumaga babaho neza, ibyo<br />

bikaba ari byo umuntu waguye mu cyaha akeneye. Ni ryo shuri Imana yamushyiriyeho kugira<br />

ngo rimwigishe kandi rimukuze. Nubwo urwo rubyiruko rwamenyerezwaga umuruho no<br />

gukora cyane, ntibirengagizaga no kubigisha iby’ubwenge. Babigishaga ko ubushobozi<br />

bwose bafite ari ubw’Imana kandi ko bwose bagomba kubwongera no kubuteza imbere ngo<br />

bukoreshwe umurimo wayo.<br />

Amatorero y’Abawalidense, mu butungane no kwiyoroshya kwayo, yasaga n’itorero ryo<br />

mu gihe cy’intumwa. Ayo matorero yamaganaga ubutware bw’ikirenga bwa papa ndetse<br />

n’abepisikopi, akizera ko Bibiliya ari yo muyobozi umwe rukumbi w’ikirenga kandi utabasha<br />

kwibeshya. Mu buryo buhabanye n’uko abapadiri b’abanyagitugu b’i Roma babigenzaga,<br />

abayobozi b’ayo matorero bakurikizaga icyitegererezo cy’Umwigisha wabo utarazanywe no<br />

gukorerwa, ahubwo wazanywe no gukorera abandi. Matayo 20:28 . Abo bayobozi<br />

bagabuririraga umukumbi w’Imana mu bwatsi butoshye bakanawuhira amasoko afutse byo<br />

mu Ijambo ryayo riziranenge. Abo bantu bateranaga mu buryo butarimo kwiyerekana<br />

n’ubwirasi bya kimuntu. Ntibateraniraga mu nsengero zirimbishijwe cyane cyangwa muri za<br />

katederali nini cyane, ahubwo bateraniraga ahikinze izuba ho munsi y’imisozi, mu bibaya bya<br />

Alpine, cyangwa baba bari mu gihe cy’akaga bagateranira mu bihome byo mu rutare,<br />

bateranyijwe no kumva amagambo y’ukuri yavugwaga n’abagaragu ba Kristo.<br />

Ntabwo icyo abo bayobozi bakoraga ari ukwigisha ubutumwa bwiza gusa, ahubwo<br />

banasuraga abarwayi, bigishaga abana, bakeburaga abari mu buyobe, kandi bihatiraga<br />

gukemura impaka abantu bagiranaga no kubumvikanisha no kubazanamo urukundo rwa<br />

kivandimwe. Mu bihe by’amahoro, abo bayobozi b’umukumbi w’Imana batungwaga<br />

n’amaturo rubanda rwatangaga ku bushake; nyamara, nk’uko Pawulo yari umuboshyi<br />

w’amahema, buri wese muri bo yigaga ubukorikori cyangwa umwuga runaka wamutunga<br />

biramutse bibaye ngombwa.<br />

Urubyiruko rwigishwaga n’abayobozi babo. Nubwo bitaga ku masomo agendanye<br />

n’ubumenyi rusange, Bibiliya ni yo yari icyigwa nyamukuru. Bafataga mu mutwe ubutumwa<br />

bwiza bwanditswe na Matayo na Yohana ndetse na nyinshi mu nzandiko zo muri Bibiliya.<br />

Babakoreshaga mu kwandukura Ibyanditswe byera. Zimwe mu nyandiko zabo zandikishijwe<br />

intoki zabaga zigizwe na Bibiliya yose, izindi zigizwe n’imigabane yayo runaka banditse mu<br />

ncamake ku buryo ubusobanuro bumwe na bumwe bwayo bworoheje bwongerwagaho<br />

n’ababaga bashoboye gusobanura Ibyanditswe Byera mu buryo bwimbitse. Uko ni ko<br />

hashyizwe ahagaragara ubutunzi bw’ukuri kwari kwaramaze igihe kinini kwarapfukiranywe<br />

n’abashakaga kwishyira hejuru y’Imana.<br />

Ibyanditswe byarandukuwe, umurongo ku murongo, igice ku gice, kubw’uwo murimo abo<br />

bantu bakoze badacogora. Rimwe na rimwe bawukoreraga mu buvumo burebure kandi<br />

bucuze umwijima cyane bakamurikirwa n’imuri z’ibiti. Uko ni ko umurimo wakomeje<br />

gukorwa maze ubushake bw’Imana bwahishuwe bugaragara bumeze nk’izahabu itunganye.<br />

43

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!