15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

yakoresheje ukuboko kwayo. Bazareba ubwiza bw’iby’Imana yaremye nta kibatwikiriye;<br />

izuba n’inyenyeri bizaba biri kuri gahunda yabyo, byose bigendera kuri gahunda byahawe,<br />

bikagenda bizenguruka intebe y’Imana. Kuri ibyo byose uhereye ku byoroheje ukageza ku<br />

bikomeye byanditsweho izina ry’Umuremyi wabyo, kandi muri byo, hagaragara ubutunzi<br />

n’imbaraga Umuremyi yabigabiye.<br />

Kandi mu bihe bidashira, uko imyaka ihita indi igataha, niko abacunguwe bazarushaho<br />

kubona amahishurwa y’ubwiza bw’Imana na Kristo. Uko ubumenyi buzakomeza kugwira,<br />

niko n’urukundo, kubaha Imana, n’umunezero bizakomeza kugwira. Uko abacunguwe<br />

bazarushaho kwiga kumenya Imana, niko bazakomeza gutangazwa n’imico yayo. Nk’uko<br />

Kristo azajya arushaho guhishurira intore ze ibanga ryo gucungurwa kwabo, n’insinzi yabo<br />

mu ntambara ikomeye yarwanye na Satani, niko imitima yabo izarushaho gusimbagizwa<br />

n’urukundo. Umunezero ukomeye ubatere gufata inanga zabo z’izahabu, maze abacunguwe<br />

ibihumbi cumi ka bihumbi cumi n’ibihumbi ka bihumbi bahanikire rimwe amajwi yabo<br />

baririmba indirimbo yo gusingiza.<br />

“Maze numva ibyaremwe byose biri mu ijuru no ku isi n’ikuzimu no mu nyanja, mbese<br />

ibyaho byose uko bingana bigira biti: “Iyicaye kuri ya ntebe ya Cyami hamwe n’Umwana<br />

w’intama, nibahorane ibisingizo n’icyubahiro, ikuzo n’ububasha iteka ryose.”<br />

Intambara ikomeye irarangiye. Icyaha n’abanyabyaha ntibazongera kubaho ukundi. Ijuru<br />

ryose n’isi yose birejejwe. Umunezero usaba imitima y’ibyaremwe byose. Imigezi<br />

y’ubugingo, umucyo n’umunezero bitemba bituruka ku Murenyi bisendera hose. Guhera ku<br />

kanyabuzima gatoya kadashobora kuboneshwa ijisho ukageza ku isi irusha izindi ubunini,<br />

ibyaremwe byose, ibihumeka n’ibidahumeka, mu bwiza bwabyo busesuye no mu munezero<br />

wabyo uhoraho, bitangaza ko Imana ari urukundo.<br />

487

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!