15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

uzayihabwa. Nta bwenge bw’umwana w’umuntu bwabasha gusobanura ubwiza bwa Paradiso<br />

y’Imana.<br />

Muri Bibiliya umurage w’abakiranutsi witwa “igihugu cyangwa gakondo.” Niho<br />

Umwungeri mwiza ayobora umukumbi we ku isoko y’amazi y’ubugingo. Niho hari igiti<br />

cy’ubugingo cyera imbuto zacyo uko ukwezi gutashye, maze ibibabi byacyo bigakiza<br />

amahanga. Niho hari n’imigezi idakama y’amazi y’urubogobogo abonerana nk’isarabwayi,<br />

iyo migezi ikikijwe n’ibiti bihora bitoshye bizana amahumbezi mu nzira zateguriwe<br />

abacunguwe b’Uhoraho. Hari n’ibibaya bigari bigiye bibamo udusozi dutatseho ubwiza<br />

n’imisozi itumburutse y’Imana. Muri ibyo bibaya bituje, ku nkengero z’iyo migezi ihora<br />

itembana ituze, niho iwabo w’abacunguwe, bamaze igihe kirekire babungera mu isi none ubu<br />

bazaba bageze imuhira.<br />

Abantu banjye bazatura ahantu h’amahoro, babe mu mazu akomeye no mu buruhukiro<br />

butuje.” “Urugomo ntiruzongera kumvikana mu gihugu cyawe, ntihazaba gusenya no<br />

kurimbura, aho ingabano zawe zigera hose. Ahubwo inkike zawe uzazita Agakiza,<br />

n’amarembo yawe uzayita Ishimwe.” Bazubaka amazu bayabemo, kandi bazatera inzabibu<br />

barye imbuto zazo. Ntibazubaka amazu ngo abandi bayabemo, ntibazatera inzabibu ngo<br />

ziribwe n’abandi, kandi bazamara imyaka nk’ibiti, kandi abatoni banjye bazashyira kera<br />

bishimire imirimo y’intoki zabo. ” 748<br />

`Aho ngaho “Ubutayu n’agasi bizabanezererwa, igihugu cyumagaye kizishima kirabye<br />

indabyo, indabyo zizarabya nk’amalisi.” “Mu cyimbo cy’umufatangwe hazamera<br />

umuberoshi, mu cyimbo cy’umukeri hazamera umuhadasi”. “Isega rizabana n’umwana<br />

w’intama, ingwe izaryama hamwe n’umwana w’ihene, kandi umwana muto azabiragira”.<br />

“Ibyo ntibizaryana kandi ntibizonona hose ku musozi wanjye Wera”. Niko Uwiteka avuga.<br />

749<br />

Nta mubabaro uzaba mu ijuru no mu isi nshya. Nta marira azabayo nta mirongo y’abajya<br />

guhamba izaharangwa, nta matangazo azumvikanayo kandi nta n’imyambaro y’abapfushije<br />

azumbarirwayo. “Nta rupfu ruzabaho ukundi, kandi umuborogo cyangwa gutaka cyangwa<br />

kuribwa ntibizabaho ukundi kuko ibya mbere bizaba bishize. ” “Nta muturage waho uzataka<br />

indwara, kandi abahatuye bazababarirwa gukiranirwa kwabo.” 750<br />

Hazaba Ururembo rwa Yerusalemu Nshya, Umurwa Mukuru w’isi y’ubwiza izaba<br />

yagizwe nshya, “ikamba ry’ubwiza riri mu ntoki z’Uhoraho, n’igisingo cy’Ubwami kiri mu<br />

ntoki z’Imana yawe. “ruzaba rurabagirana umucyo nk’uwo amabuye y’igiciro cyinshi,<br />

rushashagira nk’ibuye rya Yasipi, ribonerana nk’isarabwayi. “Amahanga yarokotse,<br />

azagendera mu mucyo warwo, abami bo mu isi bazaneyo ubwiza bwabo. ” “Nzanezererwa i<br />

Yerusalemu nishimire abantu banjye. ” ” Dore ihema ry’Imana riri hamwe n’abantu kandi<br />

izaturana na bo, na bo bazaba abantu bayo, kandi Imana ubwayo izabana na bo ibe Imana<br />

yabo.” 751<br />

485

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!