15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

n’iry’amazi menshi asuma, n’irisa n’iryo guhinda kw’inkuba gukomeye kwinshi rivuga riti:<br />

“Haleluya ! Kuko Umwami Imana yacu Ishobora byose iri ku ngoma.” 739<br />

Ubwo isi yari itwikiriwe n’ibirimi by’umuriro, abera bari barindiwe mu Murwa Wera.<br />

Kuko bari bafite umugabane mu muzuko wa mbere, urupfu rwa kabiri ntirwari rubafiteho<br />

ububasha. Mu gihe ku banyabyaha Imana ari umuriro ukongora, ku bakiranutsi bo, ni izuba<br />

n’ingabo ibakingira. 740<br />

Nuko mbona ijuru rishya n’isi nshya, kuko ijuru rya mbere n’isi ya mbere byari byashize.<br />

741 Umuriro warimbuye abanyabyaha ni wo wejeje isi. Akamenyetso kose k’umuvumo<br />

w’icyaha kazaba gahanaguwe. Nta muriro wa gihenomu uzahora waka iteka ryose ngo uhore<br />

wibutsa ingaruka z’icyaha ziteye ubwoba.<br />

Urwibutso ruzahoraho ni rumwe gusa: Umucunguzi wacu azahorana inkovu zo kubambwa<br />

Kwe. Ku mutwe we, mu rubavu, mu biganza, no ku birenge, niho gusa hazasigara ikimenyetso<br />

cy’igikorwa giteye ubwoba icyaha cyatuzaniye. Umuhanuzi yaravuze ati: “Dore Kristo mu<br />

cyubahiro cye, kurabagirana kwe kwari kumeze nk’umucyo, aho niho ububasha bwe bwari<br />

bubitswe.” 742 Mu gikomere cyo mu rubavu hatembyemo isoko y’amazi avanze n’amaraso<br />

niho urufatiro rwahuje umuntu n’Imana, niho icyubahiro cye gitangirira, niho “habitswe<br />

ububasha bwe.” Ububasha bukiza buboneka binyuze mu nama y’agakiza, afite ububasha bwo<br />

gucira iteka abasuzugura ubuntu bw’Imana. Ikimenyetso cye cyo gucishwa bugufi, nicyo<br />

cyahindutse icyubahiro cye; mu bihe by’iteka ryose, ibikomere by’i Kaluvari bizakomeza<br />

kwerekana ishimwe, kandi bitangaze imbaraga ze.<br />

“Nawe Munara w’umukumbi, umusozi w’umukobwa w’i Siyoni, ubutware bwa mbere<br />

buzakugarukira.” 743Igihe kirageze, ubwo abera bategereje bafite amatsiko menshi, uhereye<br />

igihe inkota zakaga umuriro zabuzaga ababyeyi bacu ba mbere kugaruka muri Edeni, igihe<br />

cyo “gucungura burundu abo Imana yagize abayo.” 744 Umuntu yahawe isi mu itangira ngo<br />

ayitegeke, maze umuntu ayitanga mu maboko ya Satani, yakomeje kuba mu butware bw’uwo<br />

munyabugome, yongeye kumugarurirwa n’inama ikomeye y’agakiza. Icyapfukiranwe<br />

n’icyaha cyose kirakomorerwa. Inama y’Imana ya mbere yari iyo kurema isi ituwemo<br />

n’abacunguwe. “Kuko Uwiteka waremye ijuru ariwe Mana, ariwe waremye isi akayibumba,<br />

akayikomeza, ntiyayiremye idafite ishusho ahubwo yayiremeye guturwamo.” 745<br />

Abakiranutsi bazaragwa igihugu, bakibemo iteka ryose. ” 746<br />

Impungenge z’uko ahazaza tuzaragwa umurage uzahoraho, zateye abantu benshi<br />

gushidikanya ukuri kwatumaga dutegereza kuzabona iwacu heza. Kristo yasezeraniye<br />

abigishwa be yuko agiye kubategurira amazu meza mu rugo rwa Se. Abizera inyigisho zo mu<br />

ijambo ry’Imana bose, ntibazabura gusobanukirwa n’ibyerekeye iwacu mu ijuru. “Kandi<br />

iby’ijisho ritigeze kubona cyangwa ngo byumvishwe amatwi, bikaba bitigeze kwinjira mu<br />

mutima w’umuntu, ni byo Imana yateguriye abayikunda.” 747 Imvugo ya mwene muntu<br />

ntishobora gusobanura agaciro k’ingororano izahabwa abakiranutsi. Uzayimenya wenyine ni<br />

484

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!