15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ku ruhande rw’abana b’Imana, ukoherwa kwa Satani kuzabatera umunezero n’ibyishimo.<br />

Umuhanuzi aragira ati, “Uwo munsi Uwiteka namara kukuruhura umubabaro n’umuruho<br />

n’agahato bagukoreshaga, umwami w’i Babuloni (ushushanya hano Satani) uzamukina ku<br />

mubyimba uti: “Erega umunyagahato ashizeho! Umurwa w’izahabu na wo ushizeho, Uwiteka<br />

avunnye inkoni y’abanyabyaha, niyo nkoni y’abategeka, bakubitishaga amahanga umujinya<br />

badahwema, bagategekesha amahanga uburakari, bakarenganya ntihagire ubabuza. ” 719<br />

Mu gihe cy’imyaka igihumbi, hagati y’umuzuko wa mbere n’uwa kabiri, nibwo<br />

abanyabyaha bazacirwa imanza. Intumwa Pawulo avuga ko uru rubanza ari igikorwa<br />

kizakurikira kugaruka kwa Yesu. “Nicyo gituma mudakwiriye guca urubanza rw’ikintu<br />

cyose, igihe cyarwo kitarasohora, kugeza ubwo Umwami wacu azaza agatangaza ibyari<br />

byahishwe mu mwijima, kandi akagaragaza n’imigambi yo mu mutima.” 720 Umuhanuzi<br />

Daniyeli ahamya ko igihe Umukuru Nyiribihe byose yazaga, “igihe cyarageze intore<br />

z’Ishoborabyose zirarenganurwa.” 721 Muri icyo gihe, abakiranutsi bazaba ari abami<br />

n’abatambyi b’Imana. Mu Byahishuwe, Yohana aravuga ati: “Mbona intebe z’Ubwami<br />

mbona bazicaraho bahabwa ubucamanza.” “Bazaba abatambyi b’Imana na Kristo kandi<br />

bazimana na We imyaka igihumbi.” 722Nk’uko intumwa Pawulo abivuga, ni muri icyo gihe<br />

“abera bazacira isi urubanza. ” 723 Hamwe na Kristo, abakiranutsi bazacira abakiranirwa<br />

imanza, hakurikijwe amahame ya Bibiliya, urubanza rucibwe hakurikijwe iby’umuntu wese<br />

yakoze akiriho. Kandi na none bazagenera igihano kibabaje umuntu wese hakurikijwe ibyo<br />

yakoze; maze byandikwe imbere y’amazina yabo aboneka mu gitabo cy’urupfu.<br />

Satani n’abamarayika be na bo bazacirwa urubanza na Kristo hamwe n’abera: Intumwa<br />

Pawulo abivuga yeruye ati, “Ntimuzi ndetse yuko tuzacira abamarayika urubanza? ” Yuda na<br />

we avuga ko “Abamarayika batarinze ubutware bwabo, ahubwo bakareka ubuturo bwabo,<br />

ibarindira mu minyururu idashira no mu mwijima w’icuraburindi kugira ngo bacirwe ho iteka<br />

ku munsi ukomeye.” 724<br />

Ku iherezo ry’imyaka igihumbi, hazabaho umuzuko wa kabiri. Abanyabyaha bazazuka,<br />

bahagarare imbere y’Imana kugira ngo harangizwe urubanza rwaciriwe mu ijuru. Nyuma yo<br />

gusobanura iby’umuzuko w’abakiranutsi, umuhishuzi yaravuze ati: “Abapfuye basigaye<br />

ntibazuka iyo myaka igihumbi itarashira.” 725 Umuhanuzi Yesaya na we yanditse ibizaba ku<br />

banyabyaha agira ati: “Bazateranyirizwa hamwe nk’uko imbohe ziteranyirizwa mu rwobo,<br />

bazakingiranirwa mu nzu y’imbohe, kandi iminsi myinshi nishira bazagendererwa. ” 726<br />

475

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!