15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

mbona nta muntu uhari, inyoni zo mu kirere zose zahunze. Nongeye kwitegereza mbona<br />

ibibaya birumbuka byarahindutse ubutayu, kandi imidugudu yose yarahindutse amatongo. ”<br />

716<br />

Icyo gihe isi izaba yahindutse ubuturo bwa Satani n’abamarayika be, aho bazatura<br />

bakahamara imyaka igihumbi. Azaba azitiriwe muri uwo mwijima kuko azaba aboshywe<br />

adashobora kugera mu yandi masi ngo abe yashuka n’abandi batigeze gukora icyaha. Ibyo<br />

bigaragaza neza ko azaba afungishijwe iminyururu: nta muntu n’umwe uzaba asigaye ngo<br />

amwerekanireho ububasha bwe. Azaba yarambuwe rwose umurimo w’ubuhendanyi n’uwo<br />

kurimbura yamaze imyaka myinshi ashimishwa no guteza mu bantu.<br />

Umuhanuzi Yesaya asubije amaso inyuma mu gihe Satani yacibwaga mu ijuru, aratangara<br />

ati: “Mbese wahanantutse ute mu ijuru, Lusiferi wowe nyenyeri irabagirana mu rukerera?<br />

Wajugunywe ute ku isi, wowe wigeze gutsinda amahanga? … Waribwiraga uti ‘Nzazamuka<br />

ngere mu ijuru, intebe yanjye nzayishyira hejuru y’inyenyeri z’Imana. … Nzareshya n’Imana<br />

Isumbabyose.’ Nyamara dore wahananturiwe ikuzimu, washyizwe mu rwobo hasi cyane.<br />

Abakubona barakwitegereza cyane, baguhanze amaso ubudahumbya bibaza bati ‘Mbese uyu<br />

ni wa muntu wahindishaga ab’isi umushyitsi, wa wundi wateraga ubwoba ibihugu, wa muntu<br />

wahinduye isi ubutayu, wa wundi warimbuye imijyi, wanze kurekura imfungwa kugira ngo<br />

zisubire iwabo?’ ” 717<br />

Mu myaka ibihumbi bitandatu, umurimo wa Satani w’ubwigomeke “wahindishije ab’isi<br />

umushyitsi.” Yari “yarahinduye isi ubutayu, arimbura imijyi y’aho.” Ndetse ni we “wanze<br />

kurekura imfungwa kugira ngo zisubire iwabo.” Mu myaka ibihumbi bitandatu, iyi gereza<br />

afungiwemo, niyo yari yarafungiyemo ubwoko bw’Imana kandi we yari yaragambiriye<br />

kubafungiramo ubuzira herezo; ariko Kristo yaciye izo ngoyi maze afungura izo mfungwa.<br />

Ndetse na bugingo n’ubu ababi ntibakiri munsi y’ubutware bwa Satani, ubwe ni we wari<br />

usigaranye n’abamarayika be babi kugira ngo barebe ingaruka z’umuvumo icyaha cyazanye<br />

mu isi. “Koko rero, abami bose b’amahanga bahambanwa icyubahiro, buri wese ashyingurwa<br />

mu mva ye. Nyamara wowe wajugunywe hanze y’imva yawe, wajugunywe nk’ishami riteye<br />

ishozi. … Ntuzahambwa nk’abandi bami, koko rero washenye igihugu cyawe, wishe kandi<br />

abantu bawe. ” 718<br />

Mu gihe cy’imyaka igihumbi, Satani azaba abuyera ku isi y’umwirare yitegereza ingaruka<br />

zo kugomera amategeko y’Imana kwe. Muri icyo gihe, umubabaro we uzaba ukomeye.<br />

Guhera igihe yagomeraga Imana, umuhati we wo gukora ubutaruhuka watumaga atihugiraho<br />

ngo atekereze amaherezo y’ibizamubaho; ariko noneho yari yambuwe imbaraga ze zose,<br />

asigirwa gusa umurimo wo kwitegereza umugabane w’ibyo yari yaramaze gukora ubwo ariwe<br />

wabaye nyambere mu kugomera ubutegetsi bw’ijuru, no kureba umubabaro umutegereje<br />

kubw’ibyo bibi byose yakoze, n’igihano cy’ibyaha bigwiriye ku isi yose ari we bikomotseho,<br />

ibyo bigatuma agira ubwoba bwinshi maze agahinda umushyitsi.<br />

474

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!