15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Abungeri gito bagiye babwiriza abantu ibyo kubanezeza gusa; batumye ababumva bahinyura<br />

amategeko y’Imana kandi barenganya n’abashaka kuyakomeza. Mu kwiheba kw’abo bigisha,<br />

baturira imbere ya rubanda ko babayobeje. Nuko abantu bazabiranywa n’uburakari<br />

bugurumana. Batera hejuru n’ijwi rirenga bati: “Turarimbutse kandi nimwe tuzize.” Maze<br />

bahindukirira ba bigisha b’ibinyoma, abo bajyaga barata cyane, noneho babahundazaho<br />

imivumo iteye ubwoba. Amaboko yakoreshwaga mu kubashiama, ni nayo bazayazamura<br />

kubarimbura. Inkota zakoreshejwe kurimbura abizera Imana, nizo zizakoreshwa kurimbura<br />

abanzi babo. Ahantu hose hazaba ari imirwano no kuvusha y’amaraso.<br />

“Urusaku ruzagera ku mpera y’isi kuko Uwiteka afitanye urubanza n’amahanga,<br />

azaburanya umuntu wese na bo abanyabyaha azabagabiza inkota.” 707 Mu myaka ibihumbi<br />

bitandatu, hakomeje kuba intambara ikomeye; umwana w’Imana n’intumwa ze zo mu ijuru<br />

bari ku rugamba bahanganyemo n’imbaraga z’umwijima, kugira ngo baburire, bamurikire<br />

kandi bakize abana b’abantu. Ubu abantu bose bamaze kwihitiramo; ababi bifatanyije na<br />

Satani mu mugambi wo kurwanya Imana. Igihe kirageze kugira ngo Imana igaragaze<br />

ububasha bw’amategeko yayo yaribatiwe hasi. Ntabwo iyo ntambara iri hagati y’Imana na<br />

Satani gusa, ahubwo iri no hagati y’abantu. “Uwiteka afitanye urubanza n’amahanga. “Na bo<br />

abanyabyaha azabagabiza inkota.”<br />

Ikimenyetso cyo gucungurwa cyamaze gushyirwa ku “baniha bagatakishwa n’ibizira<br />

bikorwa.’‘ Nuko marayika murimbuzi arakomeza nkuko bivugwa mu iyerekwa ry’umuhanuzi<br />

Ezekiyeli, wabonye abantu bitwaje intwaro zicana, bahawe iri tegeko ngo: “mutsembe<br />

umusaza n’umusore, inkumi n’abana bato n’abagore, ariko mumenye ntimugire icyo mutwara<br />

umuntu wese ufite ikimenyetso. Ndetse muhere mu buturo bwanjye bwera.” Umuhanuzi<br />

akomeza agira ati: “Nuko bahera kuri abo basaza bari imbere y’inzu,” 708 Umurimo wo<br />

kurimbura utangiriye ku bantu biyitaga ko ari abarinzi b’iby’umwuka mu bantu. Abarinzi gito<br />

baguye rugikubita. Nta n’umwe uzagirirwa impuhwe cyangwa ngo arokoke. Abagabo<br />

n’abagore, abasore n’inkumi n’abana bato barimbukira rimwe.<br />

“Kuko Uwiteka asohotse mu buturo bwe, azanywe no guhanira abo mu isi gukiranirwa<br />

kwabo. Isi izagaragaza amaraso yayo, kandi ntabwo izongera gutwikira abapfuye bo muri<br />

yo.” 709 “Iki ni cyo cyago Uwiteka azateza amahanga yose yarwanyije Yerusalemu;<br />

bazashira bahagaze, amaso yabo azashirira mu bihenehene, kandi indimi zabo zizaborera mu<br />

kanwa. Uwo munsi imidugararo ikomeye iturutse ku Uwiteka izaba muri bo maze<br />

bazasubiranamo, umuntu wese azafata mugenzi we barwane.” 710 Muri iyo ntambara<br />

y’umwiryane, no mu gusukwa kw’umujinya w’Imana utavanze n’imbabazi na mba uzasukwa<br />

ku batuye ku isi: abatambyi, abanyamategeko na rubanda, abakire n’abakene, abakomeye<br />

n’aboroheje. “Uwo munsi abishwe n’Uwiteka bazaba hose uhereye ku mpera y’isi ukageza<br />

ku yindi mpera, ntibazaririrwa cyangwa ngo bakoranywe habe no guhambwa, bazaba<br />

nk’amase ari ku gasozi.” 711<br />

472

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!