15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ry’imibabaro. Kubwo kwizera Yesu, ab’isi barabarwanyije; banzwe urunuka, bashinjwe<br />

ibinyoma. Bamukurikiye mu nzira z’umubabaro ukomeye yanyuzemo; bahaze amagara yabo<br />

mu bihe by’umubabaro ukomeye kandi bagirirwa nabi. Muri iyo mibabaro ikaze bahuye nayo,<br />

bahigiye ububi bw’icyaha, imbaraga zacyo, ubuhendanyi bwacyo, n’ishyano kigusha ku<br />

bagikunda; ibyo bikabatera kukigendera kure. Ubusobanuro bw’igitambo gihoraho<br />

cyatanzwe kuba umuti wo kuvura icyaha, bwacishije bugufi imitima yabo, maze isabwa<br />

n’ishimwe no guhimbaza Imana ku buryo abataracumuye batashobora gushyikira. Bakunda<br />

cyane kuko bababariwe byinshi. Kuko basangiye imibabaro na Kristo, bafite uburenganzira<br />

bwo gusangira na we ikuzo rye.<br />

Abaragwa b’Imana bavuye mu masenga, mu buvumo, muri kasho, muri gereza, ku biti<br />

babamanikagaho, mu misozi, mu butayu, mu bihanamanga n’imuhengeri mu nyanja. Mu isi<br />

bari abatindi, ibicibwa, n’abo kugirirwa nabi. “Miliyoni nyinshi bahambwe nk’abagome kuko<br />

bahagaze bashikamye bakanga kumvira ibishuko bya Satani. Mu nkiko zo ku isi, baciriweho<br />

iteka ko ari abagome ruharwa. “Ariko noneho Imana ubwayo niyo Mucamanza.” Ibyemezo<br />

bafatiwe n’ab’isi birahindutse.” Bazabita ubwoko buziranenge, abacunguwe n’Uhoraho.”<br />

Yabageneye kubambika ikamba mu cyimbo cy’ivu n’amavuta yo kunezerwa mu cyimbo<br />

cy’ubwirabure, n’umwambaro w’ibyishimo mu cyimbo cy’umutima wihebye.’‘ 25<br />

Ntibazongera guteguza ukundi, ntibazongera kubabara ukundi, ntibazongera gutatana ukundi<br />

kandi ntibazongera gukoreshwa uburetwa ukundi. Uhereye ubwo bazahorana n’Umwami<br />

wabo iteka ryose. Bazaba bari imbere y’intebe y’Ubwami bambaye amakanzu y’icyubahiro,<br />

ayo nta munyacyubahiro wo ku isi wigeze kuyambara. Bazatamirizwa amakamba y’ubwiza<br />

atarigera yambarwa n’abami b’icyubahiro bakomeye ku isi. Iminsi y’uburibwe no kuboroga<br />

izaba irangiye. Umwami w’icyubahiro azaba yamaze guhanagura amarira yose ku maso yabo;<br />

ibibabaza byose bizaba byakuweho. Bazaba bazunguza amashami y’imikindo, baririmba<br />

indirimbo yo guhimbaza, yumvikana, iryoheye amatwi, kandi amajwi ahuye; buri jwi<br />

ryikiranya n’irindi, kugeza ubwo ijuru ryose rizarangurrura riti: “Agakiza ni ak’Imana yacu,<br />

yicara kuri ya ntebe y’Ubwami, kandi ni ak’Umwana w’Intama. ” Nuko abari mu ijuru bose<br />

barikiriza bati: “Amina: Ugusingizwa n’ikuzo, ubwenge n’ugushimirwa, icyubahiro<br />

n’ububasha, n’imbaraga n ‘iby’Imana yacu iteka ryose! Amina! ‘’ 26<br />

Muri ubu buzima, dushobora gutangira gusobanukirwa n’insanganyamatsiko itangaje yo<br />

gucungurwa. Mu bwenge bwacu buke, dushobora kwita cyane ku isoni n’icyubahiro,<br />

ubugingo n’urupfu, ubutabera n’imbabazi, byose bihurira ku musaraba; nyamara umwete<br />

wose twakorana, ibitekerezo byacu ntibishobora kugera ku busobanuro bwuzuye. Uburebure<br />

n’umurambararo, ubugari, ubuhagarike by’urukundo rwaducunguye, tubimenyaho agace.<br />

Inama y’agakiza ntizasobanukira abacunguwe mu buryo bwuzuye, ndetse no mu gihe bazaba<br />

bareba nkuko barebwa, bakamenya nkuko bamenywe, ariko mu kubaho kw’iteka, ukuri<br />

gushya kuzabahishurirwa, bagutangarire kandi kunezeze imitima. N’aho imibabaro no<br />

kuribwa, n’ibigeragezo by’isi hamwe n’impamvu zose zabiteraga bizaba byakuweho, ubwoko<br />

bw’Imana buzahora bunyuzwe kandi busobanukiwe n’agaciro k’agakiza kabo.<br />

468

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!