15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ifite ubwiza burenze ubwo yari ifite igihe yayirukanwagamo. Umukiza amujyana ku giti<br />

cy’ubugingo, maze asoroma ku mbuto zacyo zihebuje kandi amutegeka kuziryaho. Adamu<br />

arebye ahazengurutse Umukiza abona imiryango ye myinshi y’abacunguwe, bahagaze muri<br />

Paradiso y’Imana. Nuko arambika ikamba rye rirabagirana ku birenge bya Yesu, amugwa mu<br />

gituza ahoberana n’Umucunguzi. Afata inanga y’izahabu, maze umurya w’inanga<br />

w’indirimbo zo kunesha urangira ijuru ryose:“Umwana w’intama watambwe kandi uriho,<br />

niwe ukwiriye icyubahiro!” Abo mu muryango wa Adamu bose biyambura amakamba yabo<br />

bayarambika ku birenge by’Umukiza, barapfukama maze baramuramya<br />

Iryo huriro ryahamijwe na ba bamarayika bacuraga umuborogo ubwo Adamu yacumuraga<br />

kandi bakongera kunezerwa igihe Yesu yazamukaga mu ijuru amaze kuzuka, agasiga<br />

akinguriye umuntu wese uzizera izina rye umuryango w’igituro ngo atazaheramo. Noneho<br />

ubu biboneye uko umurimo wo gucungura urangizwa, maze bahanikira icyarimwe indirimbo<br />

z’ishimwe.<br />

Ku nyanja irabagirana iri imbere y’intebe y’ubwami, iyo nyanja y’ibirahuri bivanze<br />

n’umuriro — irabagiranaho icyubahiro cy’Imana, niho hari hateraniye abanesheje ya<br />

nyamaswa n’igishushanyo cyayo, n’ikimenyetso cyayo, ndetse n’umubare w’izina ryayo.<br />

Hamwe n’Umwana w’intama, uhagaze ku musozi Siyoni, bafite inanga z’Imana, abantu<br />

ibihumbi ijana na mirongo ine na bine, bacunguwe bakuwe mu bantu; humvikana ijwi rimeze<br />

nk’iry’amazi menshi asuma, n’irimeze nk’iryo guhinda kw’inkuba, “ijwi nk’iry’abacuranzi<br />

bacuraranga inanga zabo.” Baririmbira indirimbo nshya imbere y’intebe y’Ubwami, nta<br />

muntu wabashije kwiga iyo ndirimbo keretse ba bantu ibihumbi ijana na mirongwo ine na<br />

bine. ” Iyo ni indirimbo ya Mose n’iy’Umwana w’Intama, indirimbo yo gucungurwa. Nta<br />

muntu n’umwe wigeze kumeya iyo ndirimbo uretse bya bihumbi ijana na mirongo ine na bine;<br />

kuko ari indirimbo y’ibyo banyuzemo- kandi iyo mibereho ni iyabo ubwabo. “Abo nibo<br />

bakurikira Umwana w’Intama aho ajya hose.” Bacunguriwe mu bantu kugira ngo babe<br />

umuganura ku Mana no ku Mwana w’Intama.’‘ 23 Abo nibo bavuye muri wa mu babaro<br />

mwinshi, banyuze mu bihe by’akaga katigeze kubaho uhereye igihe amahanga yabereyeho;<br />

banyuze mu mubabaro n’agahinda nk’ibyo mu gihe cya Yakobo; bahagaze bonyine batagira<br />

kirengera mu gihe yasukaga uburakari bwayo ku isi. Ariko bararinzwe kuko bari barameshe<br />

amakanzu yabo bayejesha amaraso y’Umwana w’Intama. “Mu kanwa kabo ntihabonetsemo<br />

ibinyoma kuko bari abaziranenge mu maso y’Imana. Nicyo gituma bahora imbere y’Imana,<br />

bayikorera ku manywa na nijoro mu Rusengero rwayo: Iyicaye ku ntebe y’Ubwami izabana<br />

nabo.” Biboneye uko inzara n’ibyorezo byayogoje isi, babonye uko izuba ryokeje abantu<br />

n’icyokere gikomeye, kandi nabo ubwabo bishwe n’inzara n’inyota. Ariko ntibazongera<br />

kugira inzara n’inyota ukundi, ntibazongera kubabazwa n’izuba cyangwa icyokere cyaryo.<br />

Kuko Umwana w’Intama uri hagati y’intebe y’Ubwami azabaragira akabuhira ku isoko<br />

y’amazi y’ubugingo: kandi Imana izahanagura amarira yose ku maso yabo.’‘ 24<br />

Mu bihe byose, abo Umukiza yatoranyije bagiye bigira kandi bagatorezwa mu ishuri<br />

ry’ibigeragezo. Mu isi banyuraga mu nzira zifunganye; bagatunganyirizwa mu itanura<br />

467

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!