15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

“Abo wampaye narabarinze” Mbega ibitangaza by’urukundo twacungujwe! Muri icyo gihe<br />

Imana Data izaba yitegereza abacunguwe bavuye mu bise by’urupfu rw’umwana wayo,<br />

izababonana ishusho yayo, amacakubiri yazanywe n’icyaha yakuweho, ububi bwose<br />

bw’icyaha bwatsembweho, abantu bongeye gushyikirana n’ijuru!<br />

NukoYesu yakirana abacunguwe urukundo rutangaje ati nimuze mwinjire mu munezero<br />

wa Shobuja. Umukiza azanezezwa no kubona abantu mu bwami bw’icyubahiro, bakijijwe<br />

binyuze mu mibabaro ye no kwicisha bugufi kwe kugeza ku rupfu. Abacunguwe<br />

bazanezeranwa na we ubwo bazabona abo bakirije Kristo binyuze mu masengesho yabo,<br />

imirimo yabo ndetse n’urukundo rwabo rwitanga. Ubwo bazaba bagose intebe Yera<br />

y’Ubwami ikomeye, imitima yabo izasabwa n’ibyishimo bitavugwa, nibabona abo bakirije<br />

Kristo, kandi nabo bagahindukira bakamukiriza abandi, bose bateraniye hamwe mu<br />

buruhukiro bw’ijuru, aho bazarambika amakamba yabo ku birenge bya Yesu, maze<br />

bagasimburana kumusingiza ubuzira herezo.<br />

Ubwo abacunguwe bazaba bahawe ikaze mu Murwa w’Imana, amajwi y’ishimwe no<br />

kuramya azumvikanira mu kirere. Ba Adamu babiri bazaba bari hafi guhura. Umwana<br />

w’Imana azaba ahagaze ateze ibiganza bye kugira ngo yakire Sekuruza w’inyokomuntu —<br />

ikiremwa yiremeye, hanyuma agacumura k’Umuremyi we, kandi Umukiza akaba afite inkovu<br />

ku mubiri we kubera ibyaha by’uwo byamubambishije ku musaraba. Adamu wa mbere<br />

arabutswe inkovu z’imisumari mu biganza bya Adamu wa kabiri ntiyatinyuka kugwa mu<br />

gituza cy’Umwami we ngo bahoberane, ahubwo yicisha bugufi agwa ku birenge bye,<br />

ararangurura ati : “Umwana w’intama watambwe niwe ukwiriye ikuzo. ” Mu rukundo<br />

rwinshi, Umukiza aramuhagurutsa amusaba kubura amaso ngo yongere arebe Edeni yahoze<br />

ari iye, hakaba hashize igihe kirekire yarayikuwemo.<br />

Nyuma yo kwirukanwa mu murima wa Edeni, Adamu yagize imibereho yuzuyemo<br />

imibabaro n’agahinda ku isi. Ikibabi cyose cyahungukaga kikagwa hasi, igitambo cyose<br />

cyavushwaga amaraso, guhinduka kose kwabaga ku kiremwa cyose, inenge yose yabonekaga<br />

ku butungane bw’umuntu, ibyo byose byajyaga bimwibutsa icyaha yakoze. Yihebeshweje<br />

cyane no kubona gukiranirwa kumukomokaho gukomeza kwiyongera, maze nk’igisubizo<br />

cy’imiburo yari yahawe, agahora yumva ibyaremwe byose bimushinja kuba ari we<br />

nyirabayazana. Yicishije bugufi kandi yihanganye, uwo mutwaro w’igihano cyo gukiranirwa<br />

yawumaranye imyaka hafi igihumbi. Hanyuma yihannye icyaha cye abikuye ku mutima,<br />

asigara yiringiye gusa Umukiza wasezeranijwe, maze apfana ibyiringiro byo kuzuka.<br />

Umwana w’Imana yacunguye umuntu amuvana mu buhenebere bwe no gucumura kwe; none<br />

ubu kubwo impongano Yesu yatanze, Adamu yasubijwe mu mwanya yahozemo mbere.<br />

Asabwe n’ibyishimo, arabukwa ibiti byamunezezaga — ari nabyo ubwe yajyaga<br />

asoromaho amatunda igihe yari akiri umuziranenge kandi anezerewe. Abona imizabibu<br />

yajyaga ahingira n’amaboko ye, abona uburabyo bwiza yakundaga kubagarira. Ibitekerezo<br />

bye bigerageza kwiyibutsa ukuri kwabyo; asobanukirwa ko iyo ari Edeni yongeye guhabwa,<br />

466

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!