15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

nk’Umugaba w’Umunyambaraga. Ubu bwo ntiyari wa “Muntu w’umunyamibabaro,“wo<br />

kunyweshwa cya gikombe gisharira kandi cy’urukozasoni n’amahano yose, aje ari Umuneshi<br />

mu ijuru no mu isi, kugira ngo acire imanza abazima n’abapfuye. “Indahemuka<br />

n’Umunyakuri”, ashingiye ku butabera, aca imanza kandi akajya ku rugamba. ‘’Kandi ingabo<br />

zo mu ijuru zari zimukurikiye.’‘ 11 Ashagawe n’iteraniro ry’Abamarayika bera batabarika,<br />

mu njyana yo mu ijuru, bahanika indirimbo y’ibyishimo. Ikirere cyose cyuzura urwo<br />

rwererane - Abamarayika ibihumbi cumi ka bihumbi cumi n’ibihumbi ka bihumbi. Nta<br />

karamu y’umwana w’umuntu yabasha gucishiriza ibyo bintu, nta bwenge bw’umuntu upfa<br />

bushobora gutekereza uko umucyo w’ubwiza bwabyo. “Ikuzo rye risesuye ijuru, kandi isi<br />

yuzuye ishimwe ry’abayisingiza. Irabagirana nk’urumuri.” 12 Ubwo igicu gihoraho kizaba<br />

kigeze hafi, ijisho ryose rizabona Umutware w’ubugingo. Noneho ntazaba yambaye ikamba<br />

ry’amahwa muri rwa ruhanga rwe ruziranenge; ahubwo azaba atamirijwe ikamba ry’ubwiza<br />

mu ruhanga ruziranenge. Mu maso he hazaba harabagirana umucyo nk’uw’izuba ryo ku<br />

manywa y’ihangu. ” Kandi ku mwambaro we no ku kibero cye handitse iri zina ngo: “<br />

Umwami ugenga abami n’Umutegetsi ugenga abategetsi. ” 13<br />

Imbere ye, “mu maso ha bose hari hasuherewe;” abahinyuye imbabazi z’Imana bafatwa<br />

n’ubwoba bwo kubura ibyiringiro by’iteka ryose. ‘’Imitima irakuka, kandi amavi yabo<br />

arakomangana..... kandi mu maso habo harasuherwa.’‘Abakiranutsi nabo bahinda umushyitsi<br />

batera hejuru bati: “Ninde ubasha guhagarara adatsinzwe?” Abamarayika bahagarika<br />

indirimbo zabo, habaho umwanya wo guceceka. Hanyuma bumva ijwi rya Yesu avuga ati:<br />

“Ubuntu bwanjye buraguhagije.” Maze mu maso h’abakiranutsi haramurikirwa, kandi<br />

ibyishimo bisaba umutima w’umuntu wese. Nuko abamarayika bongera guhanika indirimbo<br />

mu gihe bari hafi kugera ku isi.<br />

Umwami w’abami amanukira ku bicu, agoswe n’umuriro ugurumana. Ijuru rizingwa<br />

hamwe nk’umuzingo, isi yose ihindira umushyitsi imbere ye, kandi imisozi yose n’ibirwa<br />

bikurwa ahabyo. “Imana yacu iraje kandi ntije bucece, ibanjirijwe n’umuriro ukongora,<br />

ikikijwe n’inkubi y’umuyaga. Ihamagara abo mu ijuru n’abo ku isi, ibahamagarira<br />

gukurikirana urubanza icira ubwoko bwayo.” 14<br />

‘‘Abami batwara iyi si n’ibikomerezwa byayo, abagaba b’ingabo n’abakungu<br />

n’abanyambaraga, abakoreshwa agahato kimwe n’abigenga, bose biroha mu buvumo no mu<br />

bitare byo ku misozi ngo bihishe. Babwira imisozi n’ibitare bati: ” Nimutugweho muduhishe<br />

amaso y’Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami, muduhishe n’uburakari bw’umwana w’intama. ”<br />

Uyu niwo munsi ukaze w’uburakari bwabo: ninde uzawurokoka?’‘ Ibishungero byabo biba<br />

birarangiye. Iminwa ivuga ibinyoma irazibwa. ‘’Urusaku rw’imbunda n’imivurungano<br />

y’intambara birahosha, inkweto zose z’abasirikari zateraga ubwoba, igishura cyose<br />

cyazirinzwe mu maraso, ibyo byose bizatwikwa bikongoke.’‘ Nta kindi cyumvikanaga uretsi<br />

ijwi ritakamba n’iryo kurira no kuboroga. Urwamo rukomeye ruvuye mu kanwa k’abahoze<br />

bakobana rugira ruti: ‘’Umunsi ukomeye w’umujinya w’Uwiteka uraje; ninde ubasha<br />

462

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!