15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igihe aba Saxons bigaruriraga Ubwongereza, igihugu cyategetswe n’ubupagani. Abo<br />

bafashe icyo gihugu basuzuguye guhabwa inyigisho n’abacakara babo bituma abakristo<br />

biyemeza guhungira mu misozi no mu bisambu. Nyamara nubwo uwo mucyo wamaze igihe<br />

uhishwe wakomeje kumurika. Mu kinyejana cyakurikiyeho, uwo mucyo wamuritse muri<br />

Scotland cyane ku buryo wasakaye no mu turere twa kure. Haje umunyabwuzu witwa<br />

Columba na bagenzi be baturutse muri Ireland begeranya abizera Kristo bari baratataniye ku<br />

kirwa cyari cyonyine cyitwa Iona, maze aho hantu bahagira ihuriro ry’umurimo<br />

w’ibwirizabutumwa. Umwe muri abo babwirizabutumwa yubahirizaga Isabato yemewe na<br />

Bibiliya, bityo abahatuye bigishwa uko kuri. Kuri icyo kirwa cya Iona hashinzwe ishuri<br />

ryasohokagamo ababwirizabutumwa batigishaga ubutumwa bwiza gusa muri Scotland no mu<br />

Bwongereza, ahubwo bajyaga kubwigisha no mu Budage, mu Busuwisi ndetse no mu<br />

Butariyani.<br />

Nyamara Roma yari ihanze ijisho ku Bwongereza maze yiyemeza kubwigarurira ngo<br />

ibutegeke. Mu kinyejana cya gatandatu, abavugabutumwa b’Abanyaroma batangiye igikorwa<br />

cyo guhindura abakristo aba Saxons bari abapagani. Abanyaroma bakiriwe neza n’abo<br />

bavamahanga b’abirasi maze batera abantu ibihumbi byinshi kwemera imyizerere y’itorero<br />

gatolika ry’i Roma. Uko umurimo wabo wateraga imbere, abayobozi b’idini y’ubupapa<br />

n’abayoboke babo bagiranye amakimbirane n’abakristo bo mu gihe cya mbere. Izo mpande<br />

zombi zagaragaje guhabana gukomeye. Abakristo bari abantu boroheje, bicisha bugufi kandi<br />

imico yabo, inyigisho zabo, ndetse n’imigirire yabo byari bikurikije imyigishirize<br />

y’Ibyanditswe Byera; mu gihe imyitwarire y’abo bandi yagaragazaga imyizerere idafite<br />

ishingiro, kwiyerekana ndetse no kwishyira hejuru y’abandi.<br />

Intumwa ya Roma yasabye ko ayo matorero y’abakristo yemera ubushobozi bw’ikirenga<br />

bwa Papa. Abongereza basubije bicishije bugufi ko umugambi wabo ari ugukunda abantu<br />

bose, ariko ko papa nta bushobozi bw’ikirenga afite mu Itorero, kubw’ibyo, icyubahiro<br />

bashobora kumuha kikaba ari igikwiriye umuyoboke wese wa Kristo. Bagerageje incuro<br />

nyinshi kwemeza abo bakristo kuyoboka papa ariko abo bakristo bicishaga bugufi, bamaze<br />

gutangazwa n’ubwirasi bw’intumwa ye, basubije bashikamye ko umuyobozi bemera ari<br />

Kristo wenyine.<br />

Icyo gihe ni bwo imigambi nyayo y’ubupapa yagaragaye. Umuyobozi w’i Roma<br />

yarababwiye ati: “Nimutemera kwakira abavandimwe banyu babashakira amahoro, muzakira<br />

abanzi banyu babazaniye intambara. Nimutemera gufatanya natwe kwereka aba Saxons inzira<br />

y’imibereho, bazabazanira urupfu.” 23<br />

Ntabwo iryo jambo ryari iryo gukinishwa. Mu kurwanya abo bahamya bo kwizera<br />

gukomoka muri Bibiliya hakoreshejwe intambara, uburyarya ndetse n’ibinyoma, kugeza<br />

ubwo amatorero yo mu Bwongereza asenywe bitaba ibyo agahatirwa kuyoboka ubutegetsi<br />

bwa Papa.<br />

39

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!