15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ikaramu y’umuriro. Amagambo yayo yari mu nyuguti zigaragara cyane ku buryo umuntu<br />

wese ashobora kuyisomera bitamugoye. Nuko ubwenge bw’abantu burakanguka, umwijima<br />

w’imigenzo y’abantu n’ubuhakanyi, uhanagurika mu bitekerezo by’abantu bose, maze<br />

amagambo cumi y’Imana, ari mu ncamake, yumvikana kandi afite ububasha bukomeye<br />

yerekwa abatuye ku isi.<br />

Ntibishoboka kubona amagambo yasobanura ubwoba n’ubwihebe bw’abasuzuguye<br />

amabwiriza yera y’Imana. Uhoraho yabahaye amategeko ye; bagombaga kugereranya imico<br />

yabo n’ayo mategeko maze bakimenyaho ubusembwa bwabo hari hakiri igihe cyo kwihana<br />

no kwivugurura; nyamara kubwo gushaka gutona mu b’isi, bayashyize ku ruhande, maze<br />

bigisha abantu kuyagomera. Biyemeje guhatira abantu b’Imana guhumanya Isabato yayo.<br />

None dore amategeko basuzuguye niyo abaciriye ho iteka. Muri uko kwitandukanya gukabije,<br />

basobanukiwe neza ko nta rwitwazo bafite. Bihitiyemo uwo bagomba gukorera no kuramya.<br />

Malaki aravuga ati: “Bityo muzongera mumenye itandukaniro riri hagati y’intungane<br />

n’abagome, n’iriri hagati y’abankorera n’abatankorera.’‘ 10<br />

Abanzi b’amategeko y’Imana, uhereye ku babwiriza bakomeye ukageza ku boroheje bo<br />

muri bo, bafite imyumvire mishya ku kuri n’inshingano. Bazaba baratinze kubona ko Isabato<br />

ari ryo tegeko rya kane ari ikimenyetso cy’Imana Ihoraho. Baje kumenya ukuri kw’isabato<br />

yabo y’impimbano barakererewe kandi basobanukirwa n’urufatiro bubatseho ko rudakomeye.<br />

Basanze ibyo bakoraga ari ukurwanya Imana. Abayobozi b’idini bigishije abantu babayobora<br />

mu irimbukiro, nyamara bavuga ko babayobora ku marembo ya Paradizo. Ku munsi ukomeye<br />

w’ingororano nibwo bazasobanukirwa n’uko abantu bakora imirimo yo mu buturo bwera<br />

bafite inshingano ikomeye, kandi ko hari ingaruka ziteye ubwoba z’abadasohoza inshingano<br />

zabo. Mu bihe bidashira, nibwo tuzashobora gucishiriza gusa tukamenya ko kuzimiza umuntu<br />

umwe, ari ububi buteye ubwoba. Habonye ishyano uzabwirwa aya magambo ngo:” Mva<br />

imbere wa mugaragu mubi we.’‘ Ijwi ry’Imana ryumvikanira mu ijuru ritangaza umunsi<br />

n’isaha byo kugaruka kwa Yesu no guha abantu bayo isezerano rihoraho. Ayo magambo<br />

yumvikana ku isi ameze nko kubomborekana kw’inkuba n’imirabyo. Maze Ubwoko<br />

b’wImana burahagarara butegera amatwi ayo magambo kandi butumbiriye mu ijuru. Mu<br />

maso habo harabagirana umucyo w’ubwiza bwe, harabagirana nko mu maso ha Mose ubwo<br />

yamanukaga ku musozi Sinayi. Abanyabyaha ntibashoboraga guhangara kubareba. Kandi<br />

ubwo imigisha yahabwaga abubashye Imana bakomeza Isabato yayo yera, nibwo humvikanye<br />

amajwiy’indirimbo zo kunesha.<br />

Bidatinze iburasirazuba haboneka agacu gato kirabura, kajya kungana na kimwe cya kabiri<br />

cy’ikiganza cy’umuntu. Ako gacu kari kazengurutse Umukiza kandi kasaga n’agakikijwe<br />

n’umwijima impande zose. Ubwoko bw’Imana bumenya ko icyo ari ikimenyetso cy’Umwana<br />

w’umuntu. Bakomeza gutumbira ako gacu mu ituze ryinshi, uko gakomeza kuza buhoro<br />

buhoro kegera isi, ni nako karushagaho kugira umucyo urabagirana n’ubwiza, kugeza igihe<br />

gahinduka igicu kinini, cy’umweru nk’amahindu, kandi aho gitangirira hasaga n’ibirimi<br />

by’umuriro, naho hejuru yacyo hari umukororombya w’isezerano. Yesu niwe wari imbere<br />

461

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!