15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Mu gicuku hagati nibwo Imana izerekana imbaraga zayo zo kurokora ubwoko bwayo.<br />

Izuba rizarasa rimurikishe umucyo w’imbaraga zaryo. Ibimenyetso n’ibitangaza bizakomeza<br />

gusimburana vuba vuba. Inkozi z’ibibi nizibona ibibaye zizarushaho gukuka imitima no<br />

gutangara, nyamara intungane zo zizanezezwa n’ibyo bimenyetso byo gutabarwa kwabo.<br />

Ibyaremwe byose bizaba bimeze nk’ibyahagaritse gahunda bisanganywe. Imigezi yatembaga<br />

izahagarara. Ibicu bya rukokoma kandi bicuze umwijima bizanyuranamo. Hagati mu kirere<br />

cy’ijuru gicuze umwijima, hazaboneka umwanya urabagiranamo ikuzo ritarondoreka,<br />

ahazumvikana ijwi ry’Imana rimeze nk’iry’amazi menshi asuma rigira riti: “Karabaye. ”<br />

Iryo jwi ritigisa ijuru n’isi. Habaho umutingito ukomeye, ” kuva abantu baba ku isi,<br />

ntihigeze habaho umutingito w’isi ukaze nk’uwo.’‘ 3 Ijuru rigaragara nk’iryikinga<br />

rinikingura. Ikuzo rivuye ku ntebe y’Imana risa nirishashagirana. Imisozi irahubangana<br />

nk’urubingo ruhushywe n’umuyaga, maze ibitare biremereye kandi binini birameneka<br />

bikwira ahantu hose. Habaho gusuma nk’uguteguriza umuraba uteye ubwoba. Inyanja<br />

izikukana umuraba ukaze. Humvikana guhinda gukomeye kumeze nk’ijwi ry’abadayimoni<br />

bahawe inshingano yo kurimbura isi. Isi yose iradandabirana, yibira ikanuburuka nk’umuraba<br />

wo mu nyanja. Ubutaka bwayo bwiyasa imitutu. Imfatiro z’isi ziranyeganyega. Impinga<br />

z’imisozi zirarigita. Ibirwa bituwe n’abantu birazika. Ibyambu byo ku nyanja byari<br />

byarahindutse nka Sodomu kubera ubugome bimirwa n’amazi yivumbagatanyije. Babuloni<br />

ikomeye yibukwa imbere y’Imana “kugira ngo yuhirwe inzoga ibirira mu gikombe, ariyo<br />

burakari bwayo bukaze.” Nuko amahindu manini ava mu ijuru agwira abantu, rimwe rifite<br />

uburemere bwaba nk’ibiro mirongo ine. Imirwa yuzuye ubwibone yo ku isi irasenyuka.<br />

Imidugudu ikomeye cyane n’ingoro z’abami, aho abakomeye bo mu isi barundanyirije<br />

ubutunzi bwabo kugira ngo bishyire hejuru, ibanza kurimbukira imbere y’amaso yabo<br />

babyirebera. Inkuta za gereza zirarindimuka, abantu b’Imana bari barafungiwemo kubera<br />

kwizera kwabo barasohoka.<br />

Ibituro bizakinguka, kandi ‘’benshi mu bapfuye bagahambwa bazazuka, bamwe<br />

bazahabwa ubugingo buhoraho, abandi bazakozwa isoni bacirwe ho iteka burundu.’‘ 4<br />

Abapfuye bizera ubutumwa bwa marayika wa gatatu bose, bazasohoka mu bituro bafite<br />

ubwiza, kugira ngo bumve isezerano ry’amahoro Imana yagiranye n’abakomeza amategeko<br />

yayo bose. “Ndetse n’abatoboye umubiri we” 5, ba bandi bakwennye kandi bagashinyagurira<br />

Kristo asamba, ndetse n’abarwanyije ukuri kwe, bakarenganya ubwoko bwe, bazazukira<br />

kumubona aje mu ikuzo rye kandi banirebere uko abanambye kuri Kristo kandi<br />

bakamwumvira bazahabwa icyubahiro.<br />

Ibicu biremereye bizaba bigitwikiriye isanzure ry’ijuru; nyamara izuba rizabinyuramo,<br />

rigaragare rimeze nk’ijisho rya Yehova rizanywe no guhora inzigo. Imirabyo ikaze iturutse<br />

mu ijuru itwikiriza isi ibirimi by’umuriro. Muri uko guhinda kw’inkuba guteye ubwoba,<br />

humvikana amajwi adasanzwe kandi ateye ubwoba atangaza irimbuka ry’abanyabyaha.<br />

Abantu bose ntibabashije gusobanukirwa amagambo yavuzwe; ariko yumviswe n’abigisha<br />

b’ibinyoma mu buryo bwihariye. Abantu bigeze gusuzugura, bibona kandi bakirata ubugome<br />

459

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!