15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 40 – Gutabarwa K’Ubwoko Bw’Imana<br />

Igihe amategeko ya Leta zo ku isi azaba atakibasha kurinda abakomeza amategeko<br />

y’Imana, mu bice byose by’isi hazaba umuvurungano wo gushaka kurimbura ubwoko<br />

bw’Imana. Ubwo igihe cyagenwe n’itegeko-teka kizaba cyegereje, abaturage bazagambana<br />

rwihishwa ngo babatsembe hakiri kare. Hazaba hagambiriwe ko mu ijoro rimwe gusa, hazaba<br />

ubwicanyi buzaba butababarira n’umwe.<br />

Bamwe mu bantu b’Imana bazaba bafungiwe muri kasho zicuje umwijima, abandi bazaba<br />

bihishe mu mashyamba no mu bihanamanga, bakomeje gutakambira Imana ngo ibarinde, mu<br />

gihe ku mpande zose z’isi, abantu bitwaje intwaro z’intambara, kandi bayobowe<br />

n’abamarayika ba Satani, bazaba barimo kwitegura kubamarira ku icumu. Icyo gihe ni bwo<br />

Imana ya Isirayeli izarogoya imigambi yabo, ikarengera ubwoko bwayo yatoranyije. Uhoraho<br />

aravuga ati:“Icyo gihe muzaririmba nk’abari mugitaramo cy’umunsi mukuru, muzanezerwa<br />

nk’abayobowe n’ijwi ry’umwirongi bagiye mu ngoro y’Uhoraho, muzanezerwa nk’abagana<br />

Imana urutare rwa Isiraheli. Uhoraho azumvikanisha ijwi rye riteye ubwoba, azerekana ko<br />

abangukira guhana arakaye, azabigaragariza mu mirabyo , azabigaragariza mu mvura<br />

y’umugaru n’amahindu.’‘ 1<br />

Ababi bazavuza urwamo rw’insinzi, bakwena kandi babakina ku mubyimba, icyo gihiriri<br />

cy’inkozi z’ibibi kizaba kiri hafi kubasimbukira ngo kibarimbure, maze umwijima<br />

w’icuraburindi uzaba ukomeye kuruta uwa mu gicuku uzatwikira isi yose. Noneho<br />

umukororombya urabagiranishwa n’ikuzo riturutse ku ntebe y’Imana uzakwira ikirere cyose<br />

cy’ijuru, umere nk’uzengurutse iyo nteko yose y’abizera batabaza Imana. Cya kivunge<br />

cy’abagizi ba nabi kizatungurwa gifatirwe aho ako kanya. Rwa rwamo ntiruzumvikana<br />

ukundi. Bazibagirwa umugambi w’ubwicanyi bari bafite. Kubera ubwoba, bazatumbira icyo<br />

kimenyetso cy’isezerano y’Imana, bifuza gusa icyabarinda umucyo w’Imana ubahuma<br />

amaso.<br />

Naho ku ruhande rw’abantu b’Imana, humvikane ijwi rituje kandi rinogeye amatwi rivuga<br />

riti:“Nimwubure imitwe yanyu”, maze bubuye amaso yabo barebye mu ijuru, babona<br />

ikimenyetso cy’isezerano. Bya bicu bya rukokoma bicuze umwijima byari bitwikiriye ikirere<br />

bireyuka, kandi nk’uko byagendekeye Setefano, batumbiriye mu ijuru babona ikuzo ry’Imana<br />

n’iry’Umwana w’Umuntu bicaye ku ntebe ya cyami. Bitegereje ishusho ye y’Ubumana,<br />

babona ibimenyetso byo kwicisha bugufi kwe; maze bumva asaba Se imbere y’abamarayika<br />

bera ati: “Data, ni wowe wabampaye none ndashaka kuzabana nabo aho nzaba ndi, kugira<br />

ngo bitegereze ikuzo wampaye kuko wakunze isi itararemwa.” 2 Hongera kumvikana ijwi<br />

ry’indirimbo yo kunesha rivuga riti: Baraje! baraje ! Ni intungane, inziramakemwa<br />

n’abaziranenge. “Bakomeje ijambo ryo kwihangana kwanjye, bazajya bagendera hagati<br />

y’abamarayika;’‘ maze ba bandi bari bafite mu maso hasuherewe kandi badidimanga,<br />

nyamara bakaba bakomeje kugundira kwizera kwabo, batera hejuru bavuza impundu zo<br />

kunesha.<br />

458

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!