15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

kunywa.” “Abakene n’abatindi bashakashaka amazi ntibayabone, dore bishwe n’inyota<br />

nyamara jyeweho Uhoraho nzabagoboka, jyewe Imana ya Isirayeli sinzabatererana.” 19<br />

“Nyamara kandi naho umutini utatoha n’inzabibu ntizere imbuto,bagahingira ubusa<br />

imyelayo n’imirima ntiyere imyaka, n’intama zigashira mu rugo n’amashyo akabura mu<br />

biraro, ntakabuza ko nishimira Uwiteke, nkanezerwa mu mana y’agakiza kanjye.” 20<br />

‘‘Uhoraho niwe ukurinda; Uhoraho aguhora hafi akakubera ubwugamo. Ku manywa izuba<br />

ntirizakwica, nijoro nabwo ukwezi ntacyo kuzagutwara. Uhoraho azakurinda ikibi cyose.<br />

Azarinda ubugingo bwawe. Koko niyo izakurinda umutego umwanzi agutega ikurinde<br />

n’icyorezo gitsemba abantu. Izakubundikira n’amababa yayo, kandi amababa yayo azakubera<br />

ubuhungiro. Umurava wayo niwo ngabo nto n’inini zigukingira. Ntuzatinya igitera ubwoba<br />

cya nijoro, nta n’ubwo uzatinya imyambi bakurasa ku manywa, ntuzatinya icyorezo gitera mu<br />

gicuku, nta nubwo uzatinya mugiga itsemba abantu ku manywa y’ihangu. N’ubwo abantu<br />

igihumbi bagwa iruhande rwawe, ibihumbi cumi bikagwa iburyo bwawe, ariko wowe<br />

ntibizakugeraho. Uzabyitegereza gusa, wirebere igihano cy’abagome. Kuko wagize Uhoraho<br />

ubuhungiro bwawe, Isumbabyose uyigira ubuturo bwawe. Bityo nta kibi kizakugeraho, nta<br />

n’icyago kizegera aho utuye.’‘ 21<br />

Nyamara ukurikije imirebere y’umuntu bizasa nk’aho abantu b’Imana bagomba<br />

guhamisha ikimenyetso cy’amaraso yabo bidatinze nk’uko byagenze ku bababanjirije. Bo<br />

ubwabo bazabanza kugira ubwoba bibwira ko Uhoraho yabatereranye mu maboko y’abanzi<br />

babo. Kizaba ari igihe gikuye umutima. Bazatakira Imana ku manywa na nijoro ngo ibatabare.<br />

Ababi bazibwira ko batsinze maze babishime hejuru, barangurure bati: “Ubu se kandi kwizera<br />

kwanyu kuri he ? Niba koko muri abantu b’Imana kuki itabakijije amaboko yacu ? Ariko<br />

abategereje bazibuka ko n’igihe Yesu yapfiraga i Kaluvari ku musaraba, abatambyi bakuru<br />

n’abatware b’ubwoko baranguruye amajwi yabo, baramukoba bavuga bati: Yakijije abandi,<br />

none ntashobora kwikiza. Niba ari Umwami wa Isirayeli namanuke ave ku musaraba, tubone<br />

kumwizera.” 22 Nka Yakobo, nabo bazaba bakirana n’Imana. Ishusho yabo izaba yerekana<br />

intambara yo mu mitima yabo. Gutentebuka bizagaragara mu maso habo. Nyamara ntabwo<br />

bazareka gusaba babikuye ku mutima.<br />

Abantu bashoboye guhabwa iyerekwa mvajuru, babona inteko nini z’abamarayika bafite<br />

imbaraga bazengurutse abo bose bihanganye bagakomeza Ijambo rya Kristo. Bashishikaye<br />

kandi bafite impuhwe nyinshi, abamarayika babonye imibabaro yabo kandi bumvise<br />

amasengesho yabo. Bategereje gusa itegeko ry’Umugaba wabo, kugira ngo babarure mu<br />

muriro w’ako kaga. Ariko bagomba kumara ikindi gihe bategereje. Abantu b’Imana bagomba<br />

kunywa ku gikombe kandi bakabatizwa wa mubatizo. Uko gukererwa kubabaje ni igisubizo<br />

cyiza cy’amasengesho yabo. Uko bahirimbanira gutegereza biringiye gutabarwa n’Uhoraho,<br />

bizatuma bagira kwizera, ibyiringiro no kwihangana batigeze bagira mu mibereho yabo ya<br />

gikristo. Ariko kubwo intore z’Imana icyo gihe cy’amakuba kizagirwa kigufi. ‘’Mbese Imana<br />

ntizarengera intore zayo ziyitakira ku manywa na nijoro ?... Ndababwira yuko izazirengera<br />

454

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!