15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

ubutabera bw’Imana bizaba bimeze. Marayika w’Imana aravuga ati: “Uri intabera kuko<br />

wagennye guca imanza utyo, wowe Muziranenge, uriho kandi wahozeho. Kubera ko<br />

bamennye amaraso y’intore zawe, n’ay’abahanuzi bawe, nicyo gitumye nawe ubaha amaraso<br />

ngo abe ariyo banywa, ubakaniye urubakwiye.” 16 Uko baciraga abantu b’Imana urubanza<br />

rwo gupfa, babaga bagiweho n’amaraso y’igicumuro cyabo nk’aho aribo bayavushije. Ni muri<br />

ubwo buryo Kristo yahamirije Abayuda bo mu gihe cye, ko bamennye amaraso y’intore ze<br />

uhereye kuri Abeli umukiranutsi w’Imana; kuko bose bari bahuje imigambi kandi bashaka<br />

gukora umurimo nk’uwabo bicanyi wo kurenganya abahanuzi.<br />

Mu cyago cyakurikiyeho, izuba ryahawe ubushobozi bwo kotsa abantu bikabije. Abantu<br />

bababazwa n’icyokere cyinshi. Abahanuzi basobanura uko isi izaba imeze muri icyo gihe<br />

giteye ubwoba: “Dore imirima yarononekaye, ingano zaragwingiye, divayi nshya<br />

ntikiboneka, amavuta y’iminzenze na yo yarabuze. Mwa bahinzi mwe, nimwihebe, abahinga<br />

imizabibu, nimuboroge. Nimuboroge kubera ko ingano zanyu za nkungu zarumbye, iza<br />

bushoki kimwe n’imyaka yose yo mu murima na byo ni uko. Imizabibu yarumye, ibiti<br />

by’imitini byararabiranye, ibiti by’imikomamanga n’imikindo n’iby’amapera na byo ni uko,<br />

ibiti byose byo mu murima byarumye. Bityo nta byishimo bikirangwa mu butayu.’‘ ‘’Imbuto<br />

zumiye mu mayogi, ingano zaragwingiye, ibigega birimo ubusa. . . Nimwumve Amatungo<br />

maremare yabuze inzuri, . . . Imigezi yarakamye, umuriro nawo watwitse inzuri zo mu cyanya.<br />

Uwo munsi abaririmbaga mu ngoro basengeramo bazacura umuborogo. Ahantu hose<br />

imirambo izaba myinshi, bazayijugunya bumiwe. “ 17<br />

Ibi byago ntabwo ari rusange, bitabaye ibyo, abatuye ku isi barimbukira rimwe. Nyamara<br />

hazaba hari ibiteye ubwoba bikabije bitigeze kumenywa n’umwana w’umuntu. Ibyago byose<br />

bizagera ku bantu imbabazi ziri hafi kurangira, bizaba bivanzemo n’imbabazi. Amaraso ya<br />

Kristo yaviriye umunyabyaha amukingira igihano cy’ibyaha bye; ariko mu rubanza ruheruka,<br />

umujinya uzasukwa ku munyabyaha uzaba utangaje utakirimo imbabazi.<br />

Kuri uwo munsi, abantu benshi cyane bazifuza ubwihisho mu mbabazi z’Imana,<br />

basuzuguye igihe kirekire. “Dore iminsi uzaza, niko Uwiteka Imana ivuga, nzateza inzara mu<br />

gihugu, ntizaba ari inzara y’ibyokurya cyangwa inyota yo gushaka amazi, ahubwo izaba ari<br />

iyo kumva amagambo y’Uwiteka. Kandi bazajarajara bava ku nyanja imwe bajya ku yindi,<br />

bazava iburasirazuba bajye iburengerazuba, bazakubita hirya no hino bashaka ijambo<br />

ry’Uwiteka be kuribona.” 18<br />

Ubwoko bw’Imana ntibuzabura kugerwaho n’umubabaro; ariko ubwo bazaba<br />

barenganywa kandi bababazwa, igihe bazaba bamburwa ibyabo kandi bicwa n’inzara, ntabwo<br />

Imana izabahana ngo bashireho. Iyo Mana yarinze Eliya ntabwo izirengagiza abana<br />

bayiyeguriye. Imenya umubare w’imisatsi iri ku mitwe yabo, izabarinda kandi no mu bihe<br />

by’inzara bazahazwa. Igihe ababi bazaba bicwa n’inzara n’ibyorezo, abamarayika bazaba<br />

bitaye ku bakiranutsi babahe icyo bakeneye cyose. Ugendera mu butungane yahawe iri<br />

sezerano ngo: “Ibitare ntamemnwa bizamubera ubuhungiro, azahorana ibyo kurya n’ibyo<br />

453

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!