15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Igice Cya 4 – Itara Ryaka<br />

Mu gihe cy’umwijima wari ubuditse ku isi ubwo ubupapa bwamaraga igihe kirekire<br />

butegeka isi, ntabwo umucyo w’ukuri wigeze uzima burundu. Mu bihe byose habagaho<br />

abantu bahamya Imana, bakomezaga kwizera ko Kristo ari wenyine uhuza Imana n’abantu,<br />

bakomezaga kugira Bibiliya umugenga w’imibereho yabo, kandi bakubahiriza Isabato<br />

nyakuri. Ntabwo abari kuzakurikiraho bari kuzigera bamenya ibyiza byinshi abatuye isi<br />

bakesha abo bantu. Abantu babitaga abahakanyi, barwanyaga imigambi yabo, baneguraga<br />

imyitwarire yabo, bazimanganyaga ibyo banditse, bakabisobanura uko bitari, cyangwa<br />

bakabikuramo iby’ingenzi. Nyamara bakomeje gushikama, maze uko ibihe bihaye ibindi<br />

bagumana kwizera kwabo kuzima, bakagufata nk’umurage utunganye uzigamiwe abo mu<br />

bisekuru bizakurikiraho.<br />

Amateka y’abantu b’Imana yo mu gihe cy’umwijima cyamaze imyaka amagana menshi,<br />

ubwo Abanyaroma bari bafite ubutegetsi, yanditswe mu ijuru, nyamara mu nyandiko z’abantu<br />

wayasangaga ahantu hake cyane. Udusigisigi tw’amateka avuga iby’imibereho yabo, ni duke<br />

cyane, keretse urebeye mu birego by’ababatotezaga. Ubutegetsi bw’Abanyaroma bwari bufite<br />

umurongo bwagenderagamo wo gutsembaho igisigisigi cyose cy’umuntu witandukanyaga<br />

n’inyigisho zabwo cyangwa amategeko yabwo. Ubwo butegetsi bwashakishaga uko<br />

butsembaho ikintu cyose cyanyuranyaga n’amahame n’imyemerere yabwo, baba abantu<br />

cyangwa inyandiko. Gushidikanya cyangwa kwibaza ku bubasha bw’amahame yashyizweho<br />

n’abapapa byabaga bihagije gucisha umutwe ubihangaye yaba umukire cyangwa umukene,<br />

ukomeye cyangwa uworoheje. Roma kandi yihatiraga gusibanganya inyandiko zose zihishura<br />

ubugome yagiriraga abatavuga rumwe na yo. Inama zikoreshejwe na papa zategekaga ko<br />

ibitabo n’inyandiko byanditswemo iby’ubwo bugome zitwikwa. Icapiro ritarabaho hariho<br />

ibitabo bike kandi bikozwe mu buryo buruhije kubibika. Kubw’ibyo, ibintu byari kubera<br />

inkomyi Abanyaroma ngo batagera kuri uwo mugambi wabo byari bikeya.<br />

Nta torero na rimwe ryari riherereye aho ubutegetsi bw’Abanyaroma bwageraga ryasigaye<br />

ritambuwe umudendezo wo kwishyira ukizana mu mitekerereze. Ubupapa bukigera ku<br />

butegetsi bwahise bukandamiza abantu bose bangaga kwemera ubuyobozi bwabwo, maze ayo<br />

matorero agenda yemera urusorongo kuyoboka ubutegetsi bwabwo.<br />

Mu Bwongereza, Ubukristo bwo mu bihe bya mbere bwari bwarashinze imizi kera.<br />

Kubera iyo mpamvu, ubutumwa bwiza Abongereza bakiriye mu binyejana bya mbere ntabwo<br />

bwari bwangijwe n’inyigisho z’ubuyobe bw’Abanyaroma. Akarengane kakozwe n’abami<br />

b’abapagani kakagera no muri ibyo bice bya kure bikikije inyanja ni cyo kintu kimwe rukumbi<br />

amatorero ya mbere yo mu Bwongereza yahawe na Roma. Benshi mu bakristo bavaga mu<br />

Bwongereza bahunze akarengane bahungiye muri Scotland; aho ni ho ukuri kwageze muri<br />

Ireland guturutse, kandi muri ibyo bihugu byose abantu bakwakiranye ibyishimo.<br />

38

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!