15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

nyakujya, kwizinukwa, ariko ukemerwa n’Imana, kuruta ubukire, icyubahiro, kuba<br />

inziramuze no kugira incuti nyinshi, udafitanye umushyikirano n’Imana. Dukwiriye gufata<br />

igihe gihagije cyo gusenga. Nitwemerera ubwenge bwacu guhugira mu binezeza by’isi<br />

tukirengagiza gusenga, hari igihe Imana yabona ko ari ngombwa kutwambura ibyo<br />

bigirwamana by’izahabu, amazu, cyangwa imirima irumbuka.<br />

Abasore ntibazishora mu byaha, nibaramuka banze kujya aho batazabonera imigisha<br />

y’Imana. Iyaba intumwa zijyanye imiburo iheruka ku isi yose, zajyaga zisenga zisaba<br />

imigisha y’Imana zishishikaye, zidafite ingingimira, zidakorana ubunebwe, ahubwo zifite<br />

umwete no kwizera gukomeye nka Yakobo, aho zagera hose zavuga ziti:“Nabonye Imana<br />

amaso ku maso kandi sinapfa.” 8 Zabarirwa mu bikomangoma by’ijuru, kuko zagize<br />

ubushobozi bwo kugundira Imana no gutsinda abantu.<br />

Igihe ‘’cy’amakuba atigeze kubaho’‘ kiradusatiriye; dukeneye kuba dufite indi mibereho<br />

itari nk’iyo dufite ubu, yayindi benshi bahinyura badashobora kugeraho. Bibaho kenshi ko<br />

amakuba akomeye yisuka kuruta uko yatekerezwaga; nyamara ibyago bitwugarije siko biri.<br />

Ibyo tubona n’ibyo tubwirwa muri iki gihe biri munsi cyane y’ukuri. Muri icyo gihe<br />

cy’ibigeragezo, umuntu wese azaba yihagarariye imbere y’Imana ubwe. Naho ‘’Nowa na<br />

Daniel na Yobu baba bakirimo, ndirahiye ko batagira icyo barokora, ari umuhungu cyangwa<br />

umukobwa, gukiranuka kwabo kwakiza ubwabo bugingo gusa, Ni ko Uwiteka avuga.’‘ 9<br />

Muri iki gihe ubwo Umutambyi wacu Mukuru akiduhongerera, dukwiriye kwiboneza<br />

muri Kristo. Umukiza wacu ntiyashoboye gutsinda imbaraga z’ibishuko mu ntekerezo gusa.<br />

Satani ashaka akanya mu mitima y’abantu yaba yigobetsemo; ibyifuzo byo gukora ibyaha<br />

byaragundiriwe kandi aho ni naho Satani yibanda mu bishuko bye. Ariko Kristo yarivugiye<br />

ati: “Umutware w’isi araje, ariko nta bushobozi amfiteho.” 10 Satani nta bushobozi afite ku<br />

Mwana w’Imana bwamubashisha gutsinda. Yakomeje amategeko ya Se, kandi nta cyaha<br />

yigeze akora Satani yaheraho ngo kizamuheshe amahirwe yo gutsinda. Icyo gisabwa<br />

abazahagarara bashikamye mu gihe cy’umubabaro ukomeye.<br />

Muri ubu bugingo niho dukwiriye kwitandukanya n’icyaha binyuze mu kwizera amaraso<br />

ya Kristo ahongerera ibyaha. Umukiza wacu ukomeye aturarikira kwifatanya nawe,<br />

tugahuriza intege nke zacu mu mbaraga ze, ubuswa bwacu tukabuhuza n’ubwenge bwe,<br />

ubuhanya bwacu tukabuhuza n’imibereho ye izira inenge, amafuti yacu tukayahuza no<br />

gukiranuka kwe. Imbabazi z’Imana ni ishuri dukwiye kwigiramo ubugwaneza no kwicisha<br />

bugufi bya Kristo. Mu byo Imana yashyize imbere yacu, ntiduhitishamo kunyura mu nzira<br />

itworoheye kandi itunejeje, ahubwo ngo tugambirire guhitamo umugambi nyakuri<br />

w’ubugingo. Ni ahacu kwemera gukorana n’intumwa z’ijuru, zoherejwe gufatanya natwe ngo<br />

ziturememo imico ihwanye n’iyo abo mu ijuru. Nta we ukwiriye guhinyura cyangwa<br />

kwirengagiza uwo murimo kuko bizanira abantu kurimbuka guteye ubwoba.<br />

Mu iyerekwa, Intumwa Yohana yumvise ijwi rivugira mu ijuru rirangurura riti,“Nuko rero<br />

wa juru we n’abagutuyemo, nimwishime! Naho wa si we nawe wa nyanja we, mugushije<br />

449

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!