15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Abo bakristo ku izina bazaba bageze mu gihe giheruka cy’akaga gakomeye batiteguye,<br />

bazatura ibyaha byabo bihebye, mu ijwi ry’akababaro n’amagambo y’ubwihebe, nyamara<br />

ababi bazaba babaha inkwenene. Kwicuza kwabo kuzaba kumeze nk ‘ukwa Esawu cyangwa<br />

ukwa Yuda. Abakora ibyo, baganyishwa n’ingaruka z’ibicumuro byabo, aho kurizwa<br />

n’icyaha bakoze. Ntibicuza by’ukuri, kuko badatinya gukora ikibi. Bemera ibyaha byabo<br />

kubera gutinya igihano; ariko nkuko byabaye kuri Farawo wa kera, urubanza ruramutse<br />

rukuweho bakongera gusuzugura Imana.<br />

Amateka ya Yakobo aduha nanone ibyiringiro by’uko Imana itazahana abayobejwe,<br />

abageragejwe n’abagambaniwe bakagwa mu cyaha, ariko bakayigarukira bihannye by’ukuri.<br />

N’ubwo Satani ashishikariye kurimbura iryo tsinda, Imana izatuma Abamarayika bayo<br />

kubahumuriza no kubarinda muri icyo gihe cy’akaga. Ingabo z’umwanzi zifite uburakari<br />

bwinshi kandi ziyemeje kurwana inkundura, ibishuko bye biteye ubwoba; ariko amaso<br />

y’Uwiteka ari ku bwoko bwe, kandi amatwi ye ari ku byo basaba. Umubabaro wabo urenze<br />

urugero, ibirimi by’umuriro w’ikome biri hafi kubakongora; ariko Umucuzi azabarura<br />

bameze nk’izahabu yatunganyirijwe mu muriro. Urukundo Imana ikunda abana bayo mu gihe<br />

cy’ibigeragezo bikomeye rufite imbaraga nk’urwo ibakunda mu gihe baguwe neza; nyamara<br />

bakeneye kubanza kunyuzwa mu itanura ry’umuriro; maze iby’isi bigakongoka kugira ngo<br />

ishusho ya Kristo ibone uko irabagiranira muri bo.<br />

Igihe cy’umubabaro n’agahinda kituri imbere kidusaba kugira kwizera gushobora<br />

kwihanganira intege nke, kuzarira n’inzara-kwizera kutazacogora n’ubwo haza ibigeragezo<br />

biteye ubwoba. Igihe cy’imbabazi cyahawe abantu bose kugira ngo bitegure icyo gihe<br />

cy’akaga. Yakobo yatsinze kubera ko yihanganye kandi agafata icyemezo kidakuka. Insinzi<br />

ye ni igihamya cy’imbaraga y’amasengesho ahoraho. Abazashikama mu masezerano y’Imana<br />

nka Yakobo, kandi bakihangana nka we , bazatsinda nk’uko nawe yatsinze. Abadashaka<br />

kureka inarijye, ngo bababarire imbere y’Imana, basenga ubudasiba kandi basaba umugisha<br />

babikuye ku mutima, ntawo bazahabwa. Mbega ngo gukirana n’Imana biramenywa na bake!<br />

Ni bake bigeze kwegurira Imana imitima yabo, bafite ibyifuzo bibatsika kugeza ubwo<br />

imbaraga zibashiramo. Igihe imiraba y’ubwihebe itabonerwa ururimi rwo kuyisobanura<br />

isuma yisuka ku muntu usenga Imana, mbega ukwizera kwa bake gusa ngo kuraba ariko<br />

gukomeza gushikama ku masezerano y’Imana!<br />

Muri iki gihe, abafite kwizera kudashyitse bari mu kaga gakomeye ko gutsindwa<br />

n’ibishuko bya Satani hamwe n’iteka ryo gucecekesha umutimanama. Ndetse n’ubwo<br />

bakwihanganira ikigeragezo bazashengurwa n’umubabaro ukomeye n’agahinda muri icyo<br />

gihe cy’akaga kuko batigeze bimenyereza kwiringira Imana. Amasomo yo kwizera<br />

basuzuguye, bazategekwa kuyiga ku gahato muri icyo gihe cy’umubabaro batakibishobora.<br />

Iki nicyo gihe dukwiriye kwimenyereza ubwacu kugenzura amasezerano y’Imana.<br />

Abamarayika bandika isengesho ryose risenganywe umwete kandi ritaryarya. Ibyaba byiza ni<br />

uko twitandukanya n’ibyo turarikira kuruta gutandukana n’Imana. Ni byiza kuba umutindi<br />

448

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!