15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

umutima no kwibaza ko buri cyaha cyose cyicujijwe, kandi ko kubera ayo makosa yabo<br />

ubwabo, batazasohorezwa amasezerano y’Umukiza agira ati: “Nzakurinda mu gihe<br />

cy’ibigeragezo bigiye gutera ku isi yose, kugerageza abari mu isi.” 6 Baramutse bagize<br />

ibyiringiro by’uko bababariwe, ntibatinya gushinyagurirwa cyangwa kwicwa; ariko<br />

bagaragaje ko badashyitse, maze bakabura ubugingo bwabo kubera imico yabo idatungane,<br />

ibyo byagayisha izina ry’Imana.<br />

Ku mpande zose, bumva icurwa ry’imigambi y’ubugambanyi kandi bakabona n’ibikorwa<br />

by’urugomo; maze muri bo bakumva bifuza bafite imitima itaryarya, ko ubu buhakanyi<br />

bukomeye bwakurwaho n’ibibi ababi bakora bikagira iherezo. Kandi ubwo batakambira<br />

Imana kubatsindira imbaraga z’umugome, nibwo bazaba bigaya ko batagize ubushobozi bwo<br />

guhangana n’ububasha bw’umubi, maze bongere kwihamagarira ibibi by’umugome.<br />

Bazumva ko Satani atari kubahangara iyo bakoresha ubushobozi bwabo bwose mu murimo<br />

wa Kristo, bakikomeza uko bukeye n’uko bwije.<br />

Bashengukira imitima yabo imbere y’Imana, bagaragaza ibyaha byinshi bihannye mu gihe<br />

cyashize, maze bagasaba gusohorezwa isezerano ry’Umukiza ngo: “Nyamara abarinzi banjye<br />

nibampungiraho, tuzagirana amasezerano y’amahoro.” 7 Kwizera kwabo ntigucogora ngo<br />

n’uko amasengesho yabo adasubijwe ako kanya. Nubwo bagira umubabaro, ubwoba no<br />

guhangayika bikomeye, ntibareka gutakamba. Bakomeza kwishingikiriza ku mbaraga<br />

z’Imana nk’uko Yakobo yagundiriye Marayika, maze imvugo y’imitima yabo ibe:<br />

” Sinkurekura, utampaye umugisha. ”<br />

Iyo Yakobo atabanza kwicuza icyaha yakoze cyo gukoresha uburiganya, akiba umugisha<br />

wagenewe umwana w’imfura, Imana ntiba yarumvise amasengesho ye ngo irokore ubugingo<br />

bwe. No mu gihe cy’amakuba, ubwoko bw’Imana nibuba bugifite ibyaha buticujije mbere,<br />

igihe imitima yabo izaba ishengurwa n’ubwoba n’agahinda, bazacika intege, kwizera kwabo<br />

gucogore, kandi ntibazaba biringiye gutakambira Imana ngo ibarokore. Ariko igihe bazaba<br />

bumva ubwabo ko badashyitse, nta cyaha bazasigarana kiticujijwe, ibyaha byabo bizaba<br />

byarajyanywe mu rubanza, kandi byarahanaguwe nabo ubwabo ntibazaba bakibyibuka<br />

ukundi.<br />

Satani atuma abantu benshi bizera ko Imana itazita ku kugukiranirwa k’utuntu duto two<br />

mu mibereho yabo; ariko Uwiteka yerekana ko atazihanganira cyangwa ngo abure guhana<br />

ikibi uko cyaba kingana kose nk’uko yabigenje kuri Yakobo. Abihatira gutanga inzitwazo<br />

cyangwa gutwikira ibyaha byabo, maze bakemera ko bikomeza kugaragara mu bitabo byo mu<br />

ijuru biticujijwe ngo bibabarirwe, bazatsindwa na Satani. Uko barushaho kurata imyizerere<br />

yabo, uko imyanya barimo yaba yubashywe kose, niko ibyo bakora birushaho gushavuza<br />

Imana, kandi ari nako barushaho gutiza umwanzi wabo umurindi wo gutsinda. Abakomeza<br />

gukererwa kwitegura umunsi w’Umwami, ntibazaba bagishobora kwitegura mu gihe<br />

cy’amakuba cyangwa mu gihe icyo ari cyo cyose. Ibya bene abo bantu biteye agahinda !<br />

447

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!