15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ijoro Yakobo yagiriyemo ishavu ubwo yagundaguranaga kandi asenga Imana ngo imukize<br />

amaboko ya Esawu, rigereranya uko abantu b’Imana bazaba bameze mu gihe cy’amakuba<br />

aheruka. Kubera ubuhendanyi yagize kugira ngo yibonere imigisha ya Se yari yaragenewe<br />

Esawu, Yakobo yarahunze ngo akize amagara ye, atewe impungenge n’uko yakwicwa na<br />

mwene se. Nyuma y’imyaka myinshi yamaze mu buhungiro, ku itegeko ry’Imana yaratahutse,<br />

aherekejwe n’abagore be, abana be, amashyo n’imikumbi, abashumba, abagaragu n’abaja,<br />

agaruka mu gihugu cyabo cya kavukire. Ageze ku rugabano rw’igihugu cyabo, Yakobo<br />

yatewe ubwoba n’uko Esawu yiteguye kuza kumusanganira ari kumwe n’ingabo zitwaje<br />

intwaro, Yakobo akeka ko Esawu aje kwihorera. Yakobo yari kumwe n’abantu badafite<br />

intwaro, batagira gitabara, biteguye gusa kugirirwa no kwicwa. Kandi ku umutwaro<br />

w’ubwoba n’amaganya byamutsikaga, hiyongereyeho kwishinja kubera icyaha cye bwite,<br />

kuko aricyo cyari kigiye guteza ako kaga. Ibyiringiro bye byari mu kugirirwa neza n’Imana<br />

gusa; , intwaro yonyine yari afite yari amasengesho. Ku rwe ruhande, nta cyo Yakobo atari<br />

yakoze cyo guhongerera icyaha yakoreye mwene se kugira ngo abone uko asakirana n’akaga<br />

yari agezemo. Iyaba n’abizera Kristo, bakoraga uko bashoboye kose, bakaba mu mucyo<br />

nyakuri imbere ya rubanda, ubwo begereje igihe cy’amakuba, kugira ngo bakome mu nkokora<br />

ibibaca intege, kandi bakome imbere akaga ko guhungabanya umudendezo w’umutimanama.<br />

Yakobo amaze kohereza ab’umuryango we kugira ngo bataza gutahura umubabaro we,<br />

asigara wenyine atakambira Imana. Yicuza icyaha yakoze kandi ashimira Imana imbabazi<br />

imugiriye kandi yicishije bugufi, asaba gusohorezwa isezerano Imana yasezeraniye ba<br />

Sekuruza n’ayo Imana yamusezeraniye ubwe mu iyerekwa n’ijoro ubwo yari ageze i Beteli<br />

ndetse n’igihe yari mu gihugu yahungiyemo.Yari ageze mu ngorane mu mibereho ye; yari<br />

ageze ahakomeye. Mu mwijima ari wenyine, akomeza gusenga kandi yicishije bugufi imbere<br />

y’Imana. Ako kanya yumva ikiganza kimufashe ku rutugu. Yibwira ko ari umwanzi uhiga<br />

ubugingo bwe, maze mu mbaraga z’ubwihebe yari asigaranye akirana n’uwo muntu. Mu<br />

rukerera, wa mushyitsi yerekana imbaraga ze zirenze iza muntu; akora ku nyonga y’itako wa<br />

munyambaraga ararabirana, yikubita hasi, atagira kirengera, abogoza amarira yinginga uwo<br />

bari bahanganye amufashe ku gikanu. Yakobo amenya ko ari Marayika w’isezerano bari<br />

bahanganye. Nubwo yacumbagiraga kandi afite uburibwe bukabije, Yakobo ntiyatezutse ku<br />

mu gambi we. Yari amaze igihe ari mu majune, yishinja kandi aremerewe n’icyaha cye;<br />

noneho yashakaga kumenya neza adashidikanya ko yababariwe. Uwo umushyitsi wari<br />

wavuye mu ijuru yari hafi kumusiga; ariko Yakobo aramugundira, amusaba kumuhesha<br />

umugisha. Marayika aramubwira ati: ” Ndekura ngende kuko bugiye gutandukana;” nyamara<br />

uwo mukurambere avuga akomeje ati: “Sinkurekura keretse umpaye umugisha”. Mbega<br />

ibyiringiro! Mbega gushikama no kwihangana bigaragara hano! Iyo biza kuba ubwirasi,<br />

n’amagambo yo kwishyira hejuru, Yakobo yari guhita arimbuka ako kanya; ariko yari<br />

yishingikirije ku isezerano ry’uko uwatura intege nke ze kandi akumva adashyitse, yiringira<br />

imbabazi z’Imana ikomeza isezerano.<br />

445

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!