15.04.2023 Views

Umwuka W'Imijyi Ibiri

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

Umwami, abayobozi b’idini, n’ibikomangoma bari bategetswe kwicisha bugufi bakemera amahano yakorwaga n’abo baturage babaga bariye karungu. Inyota yo kwihimura yakanguwe cyane no kwicwa k’umwami; maze bidatinze abategetse ko yicwa nabo baramukurikira. Hakurikiyeho kwicisha inkota abantu bose bakekwagaho kutemera Impinduramatwara. Gereza zuzuye abantu ku buryo icyo gihe zari zirimo imfungwa zirenga ibihumbi magana abiri. Imijyi yo muri ubwo bwami yari yuzuwemo ibikorwa by’amahano ateye ubwoba. Ishyaka rimwe ry’abaharanira impinduramatwara ryahanganaga n’irindi maze Ubufaransa buhinduka urubuga rugari rw’abantu benshi bahanganye babaga bahinduwe nk’abasazi n’ibyifuzo byabo bibi. “Mu mujyi wa Paris, imyivumbagatanyo yarasimburanaga, abaturage bari baracitsemo ibice byinshi bitagendereye ikindi uretse kwicana ubwabo bakamarana.” Icyiyongeye kuri ako kaga kari rusange, ni uko igihugu cyose cyibonye mu ntambara yamaze igihe kirekire kandi yasenyaga cyarwanaga n’ibihugu bikomeye byo mu Burayi. “Igihugu cyari hafi yo gusenyuka burundu; abasirikare basabaga ibirarane by’imishahara batahembwe, abaturage bo mu mujyi wa Paris bibasiwe n’inzara ikabije, mu ntara hose hari harabaye umusaka kubera kuyogozwa n’ibisambo, kandi gutera imbere no kujijuka byari hafi gusibangana bigasimburwa n’imivurungano no kwigira ibyigenge.

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

<strong>Umwuka</strong> <strong>W'Imijyi</strong> <strong>Ibiri</strong><br />

Ubu hariho imbaraga ziteguye, zitegereje ko ijuru ritanga uburenganzira, maze zigasuka<br />

ibyago ahantu hose.<br />

Abubahiriza amategeko y’Imana bazaregwa ko ari bo bazaniye isi kurimbuka, kandi<br />

bafatwe nk’aho ari bo batumye ibyaremwe byangirika bikomeye, maze hakabaho impagarara,<br />

kwicana mu bantu bikaba byoretse isi. Imbaraga y’umuburo uheruka izabyutsa uburakari<br />

bw’ababi bwake nk’umuriro; umujinya wabo uzahagurukirizwa abakiriye ubutumwa bwiza,<br />

maze Satani abonereho kubyutsa umwuka w’inzangano n’akarengane mu bantu.<br />

Igihe Imana yavaga ku ishyanga ry’Abayuda, abatambyi na rubanda ntibabimenye.<br />

Nubwo bari bari mu butware bwa Satani, babaswe n’ibyo bararikiye biteye ubwoba, nyamara<br />

bo bagikomeje kwibona nk’abatoranyijwe n’Imana. Bakomeje imirimo yabo yakorwaga mu<br />

buturo buziranenge; ibitambo bigatambirwa ku ntambiro zihumanyijwe, kandi uko bukeye<br />

n’uko bwije, imigisha mvajuru igasabirwa ubwoko buriho urubanza rw’amaraso y’Umwana<br />

w’ikinege w’Imana, ari nako bashaka kwica intumwa n’abigishwa be. Nuko rero, ubwo<br />

umwanzuro ntakuka wo mu buturo buziranenge uzatangazwa, maze isi yose igatangarizwa<br />

icyo yagenewe bidasubirwaho, abatuye isi ntibazabimenya. Amadini azakomeza kubabwamo<br />

n’abantu bamaze gukurwaho Mwuka w’Imana; kandi umuhati wa Satani, uwo umutware<br />

w’abadayimoni azabashyiramo kugira ngo basohoze imigambi ye y’ubuhendanyi, uzakomeza<br />

gukoreshwa nk’aho bakorera Imana.<br />

Ubwo Isabato izaba ibaye intandaro idasanzwe y’urugamba rwa Gikiristo, maze amadini<br />

n’ubutegetsi bw’isi bikifatanyiriza hamwe guhatira abantu kuruhuka ku munsi wa mbere<br />

w’icyumweru (Dimanche), umubare muto wabazinangira bakanga gukurikiza ibyo rubanda<br />

nyamwinshi ibategeka, bazahindurwa ibishungero mu isi. Hazategekwa ko izo nkehwe<br />

zihangara kurwanya itegeko ryashyizweho n’itorero na Leta, zidakwiriye kwihanganirwa; ko<br />

ahubwo ibyarushaho kuba byiza ari uko bababazwa kuruta ko isi yose ijya mu rujijo no<br />

kudakomeza amategeko.<br />

Mu myaka isaga ibihumbi bibiri ishize, ikirego nk’icyo cyashyizwe kuri Kristo ashinjwa<br />

‘’n’abatware ba rubanda.’‘ Kayafa aravuga ati: ” Mbese ntimutekereza ko ari byiza ku bwacu,<br />

ko umuntu umwe yapfira abantu kuruta ko ubwoko bwose bwarimbuka?” 3 Icyo kirego<br />

nanone kizaba nk’igisoza; iteka rizacirwa abaziririza Isabato y’itegeko rya kane, rihamya ko<br />

bakwiriye igihano kirusha ibindi kuba kibi, maze bagaha abaturage uburenganzira ko nyuma<br />

y’igihe runaka, bazabica. Ubugatolika bwo mu gihe cyashize, n’Ubuporotesitanti<br />

bwahakanye muri iki gihe cya none, bizihuza kugira ngo bigirire nabi abakurikiza amategeko<br />

yose y’Imana.<br />

Ubwo nibwo ubwoko bw’Imana buzashyirwa mu mibabaro n’impagarara byavuzwe<br />

n’umuhanuzi ko ari “igihe cy’umubabaro wa Yakobo.” Uku niko Uwiteka avuga<br />

ati:“Twumvise ijwi rizanywe n’umushyitsi n’ubwoba, si iry’amahoro. Amaso yose<br />

arasuherewe. Ayii, uwo munsi urakomeye nta wundi umeze nka wo ! Ni igihe cy’umubabaro<br />

wa Yakobo ariko azakirokoka. “ 4<br />

444

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!